• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Ubwanditsi 04 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu mujyi wa Charleroi mu Bubligi rwangijwe n’inkoramaraso, rwatashywe ku mugaragaro tariki 20 Gicurasi 2017.

Aha Charleroi ni kamwe mu duce tw’Ububiligi twabereyemo umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, unitabirwa na bamwe mu bategetsi aho mu Bubiligi. Amwe mu magambo yahavugiwe, yarimo gusaba ko abagize uruhare bose muri iyo Jenoside bari mu Bubiligi baryozwa ayo mahano.

Ayo magambo abakorogoshora ndetse n’ ipfunwe ry’amaraso bamennye, ni bimwe mu bituma abajenosideri n’abafana babo bishora mu bikorwa bya giswa na kinyamaswa, nk’ibi byo konona inzibutso.

Nubwo iperereza ritaragaragaza amazina y’abo bagizi ba nabi, ababikurikiranira hafi barahamya ko urwo rwibutso rwaba rwangijwe n’abajenosideri n’ababashyigikiye baba aho mu Bubiligi, dore ko batahwemye kugaragaza ibikorwa bigamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwo urwibutso rwa Charleroi rwatahwagwa, kimwe n’izindi zimaze no kuba nyinshi mu mijyi inyuranye mu Bubiligi no hirya no hino ku isi, abajenosideri n’ababakomokaho, nk’abibumbiye mu kiswe”Jambo ASBL” , barabyinubiye cyane, dore ko batanemera ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, bakemeza ko habaye gusa”isubiranamo” ry’Abahutu n’Abatutsi.

Abandi badatandukanye na gato n’abajenosideri, ni abayoboke b’ingirwa-shyaka “FDU-Inkingi” rya Ingabire Victoire, rifitanye isano n’imikoranire ya hafi na FDLR, dore ko buri kwezi bakusanya inkunga yohererezwa Ingabire Victoire ndetse na FDLR.

Kimwe na Jambo ASBL, FDU-Inkingi nayo ifite indiri mu Bubiligi, ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ubutegetsi bw’icyo gihugu bukabirebera, niba atari ukubiha umugisha.

Niba koko hari ubushake bwo gutahura abari inyuma y’ubu bugome, iperereza ryagombye guhera ku bagize ibiguri bya Jambo asbl na FDU-INKINGI, bajijisha abadasobanukiwe neza mateka y’uRwanda, bakwiza ko habaye jenoside ebyiri, iyakorewe Abatutsi, n’iyakorewe Abahutu.

Birumvikana abo ari bo ba mbere bo gukekwa, kuko batahwemye kugaragaza ko batishimiye kuba hariho urwibutso rwa “Jenoside yakorewe Abatutsi” gusa.

Hari impungenge ko ibihugu bicumbikiye abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nibikomeza kubajenjekera, byirengagiza itegeko byishyiriyeho rihana icyo cyaha, ndetse abashinzwe umutekano ntibongere imbaraga mu kubungabunga izi nzibutso, ibyabaye Charleroi bishobora gukorwa n’ahandi.

Izi nyangabirama zirarushywa n’ubusa ariko. Uretse gukomeza kwereka isi yose ubugome n’urwango byamunze imitima yabo, kwangiza urwibutso ntacyo rwose byakungura ubikoze. Ni ubuswa budashobora guhindura amateka, cyangwa kubahanaguraho amaraso y’inzirakarengane bamennye.

Ibigaragaza iyangizwa ry’Urwibutso rwa Charleroi

Urwibutso rwa Charleroi bangije ni ikimenyetso cy’amateka gusa, kuko URWIBUTSO rw’abacu nyarwo rwubatse mu mitima yacu, kandi rwo ntawe uzaruhungabanya, kuko tuzarubungabunga ubu n’iteka ryose.

2024-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?

Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro

Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Amakuru

Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Jul 2025
Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga
Amakuru

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Ubwanditsi 25 Dec 2020
APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL
Amakuru

APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

Ubwanditsi 04 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru