• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Ubwanditsi 01 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’ibibazo by’umutekano muke Museveni n’inzego ze z’umutekano bateje mu karere, batoza, bakanatera inkunga imitwe y’iterabwoba, Leta zunze ubumwe z’Amerika zatangiye kugemanga ingendo z’abayobozi muri guverinoma ya Museveni bakorera muri Amerika.

Ibyatangiye ari nk’ibihano bibuza uwahoze ari umukuru w’Igipolisi, Gen. Kale Kayihura, n’abandi bo mu nzego z’umutekano, kujya mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byageze no mu bindi bice bya guverinoma, aho kuri ubu bivugwa ko Amerika yaba irimo guca intege abantu ba Museveni no gukanga abakuru b’inzego z’umutekano mu gihe igihugu kitegura amatora mu 2021.

Amakuru agera kuri chimpreports aravuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimye Perezida w’urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda, Bart Katureebe, visa yo kujya muri Los Angeles, muri Leta ya California. Katureebe n’abandi bacamanza bagombaga gukora urugendo kuwa Gatandatu ushize, ariko kuwa gatanu mu gitondo Katureebe yari atarabona visa.

Ubwo yabazaga ikibazo gihari, bivugwa ko Katureebe yabwiwe n’abayobozi muri Ambasade ya Amerika I Kampala ko nabo batazi impamvu visa yatinze.

Nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga ariko, ngo mu cyumweru gishize cyose, Katureebe yari akomeje guhatwa ibibazo n’abakozi ba Ambasade ya Amerika bakiraga amabwiriza avuye i Washington.

Iki kinyamakuru kikaba cyamenye ko katureebe, wateganyaga gukorana urugendo n’umugore we, yabajijwe icyemeza ko bashyingiranwe bikaba ngombwa ko yohereza icyemezo cy’ishyingiranwa.

Yaje guhabwa passport ye kuwa gatanu, amasaha macye ngo afate indege. Akigera los Angeles ariko, urugendo rwa Katureebe na none ngo rwakerejwe iminota igera kuri 40 abayobozi bamubaza ibibazo bitandukanye.

Umunyamabanga Uhoraho muri minisiteri y’ubutabera, Bigirimana Pius, we yimwe visa burundu. Uyu akaba yari umwe mu bakora mu bucamanza batumiwe na Prof Jim Gash nka Perezida wa Kaminuza ya Pepperdine I Los Angeles.

Ibi byemezo bikomeje gutungura guverinoma ya Uganda

Ibi bije nyuma y’aho department ya leta muri Amerika ishinzwe ubukungu ifatiye ibihano Gen. Kale Kayihura, wahoze ayobora igipolisi, ashinjwa ruswa no guhonyora uburenganzira bwa muntu.

Mu itangazo yasohoye kuri iki Cyumweru, Perezida Museveni yamaganye ibi bihano ndetse agera aho aca umugani ugira uti: “Iyo amazi akubwiye ngo ntunyoge uyasubiza ko nta mbyiro ufite.”

Umwe mu bayobozi bakuru kuri uyu wa Mbere akaba yabwiye iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko Washington ikomeje kwibasira abantu ba Museveni mu rwego rwo kumuca intege no gutera ubwoba abakuru b’inzego z’umutekano mu gihe igihugu kitegura amatora mu 2021.

Ibihano byafatiwe Kayihura bikaba byarakurikiwe n’ubuvugizi bw’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi baba muri Amerika bashinja Guverinoma ya Museveni kubangamira ubwisanzure bw’abaturage.

2019-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Ubwanditsi 13 Mar 2018
APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

Ubwanditsi 20 Jun 2024
Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Ubwanditsi 27 Jan 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Henry-Michael Ndengejeho
    October 1, 20192:44 pm -

    Erega iriya myaka Museveni amaze ku butegetsi ntikwiye! Kurenza imyaka cumi (manda ebyili ni ukwitesha agaciro. Ni ngombwako bamurambirwa!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Umugore wa Robert Mugabe akurikiranyweho ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu
Mu Mahanga

Zimbabwe: Umugore wa Robert Mugabe akurikiranyweho ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol
IMIKINO

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka
Mu Rwanda

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Ubwanditsi 05 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru