• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Ubwanditsi 01 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’ibibazo by’umutekano muke Museveni n’inzego ze z’umutekano bateje mu karere, batoza, bakanatera inkunga imitwe y’iterabwoba, Leta zunze ubumwe z’Amerika zatangiye kugemanga ingendo z’abayobozi muri guverinoma ya Museveni bakorera muri Amerika.

Ibyatangiye ari nk’ibihano bibuza uwahoze ari umukuru w’Igipolisi, Gen. Kale Kayihura, n’abandi bo mu nzego z’umutekano, kujya mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byageze no mu bindi bice bya guverinoma, aho kuri ubu bivugwa ko Amerika yaba irimo guca intege abantu ba Museveni no gukanga abakuru b’inzego z’umutekano mu gihe igihugu kitegura amatora mu 2021.

Amakuru agera kuri chimpreports aravuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimye Perezida w’urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda, Bart Katureebe, visa yo kujya muri Los Angeles, muri Leta ya California. Katureebe n’abandi bacamanza bagombaga gukora urugendo kuwa Gatandatu ushize, ariko kuwa gatanu mu gitondo Katureebe yari atarabona visa.

Ubwo yabazaga ikibazo gihari, bivugwa ko Katureebe yabwiwe n’abayobozi muri Ambasade ya Amerika I Kampala ko nabo batazi impamvu visa yatinze.

Nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga ariko, ngo mu cyumweru gishize cyose, Katureebe yari akomeje guhatwa ibibazo n’abakozi ba Ambasade ya Amerika bakiraga amabwiriza avuye i Washington.

Iki kinyamakuru kikaba cyamenye ko katureebe, wateganyaga gukorana urugendo n’umugore we, yabajijwe icyemeza ko bashyingiranwe bikaba ngombwa ko yohereza icyemezo cy’ishyingiranwa.

Yaje guhabwa passport ye kuwa gatanu, amasaha macye ngo afate indege. Akigera los Angeles ariko, urugendo rwa Katureebe na none ngo rwakerejwe iminota igera kuri 40 abayobozi bamubaza ibibazo bitandukanye.

Umunyamabanga Uhoraho muri minisiteri y’ubutabera, Bigirimana Pius, we yimwe visa burundu. Uyu akaba yari umwe mu bakora mu bucamanza batumiwe na Prof Jim Gash nka Perezida wa Kaminuza ya Pepperdine I Los Angeles.

Ibi byemezo bikomeje gutungura guverinoma ya Uganda

Ibi bije nyuma y’aho department ya leta muri Amerika ishinzwe ubukungu ifatiye ibihano Gen. Kale Kayihura, wahoze ayobora igipolisi, ashinjwa ruswa no guhonyora uburenganzira bwa muntu.

Mu itangazo yasohoye kuri iki Cyumweru, Perezida Museveni yamaganye ibi bihano ndetse agera aho aca umugani ugira uti: “Iyo amazi akubwiye ngo ntunyoge uyasubiza ko nta mbyiro ufite.”

Umwe mu bayobozi bakuru kuri uyu wa Mbere akaba yabwiye iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko Washington ikomeje kwibasira abantu ba Museveni mu rwego rwo kumuca intege no gutera ubwoba abakuru b’inzego z’umutekano mu gihe igihugu kitegura amatora mu 2021.

Ibihano byafatiwe Kayihura bikaba byarakurikiwe n’ubuvugizi bw’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi baba muri Amerika bashinja Guverinoma ya Museveni kubangamira ubwisanzure bw’abaturage.

2019-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ubwanditsi 17 Sep 2024
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Menya uburyo Marie Bamutese n’umugabo we Peter Verlinden bagoreka amateka n’umwirondoro wabo mu rwego rwo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Menya uburyo Marie Bamutese n’umugabo we Peter Verlinden bagoreka amateka n’umwirondoro wabo mu rwego rwo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 21 Apr 2020
Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Henry-Michael Ndengejeho
    October 1, 20192:44 pm -

    Erega iriya myaka Museveni amaze ku butegetsi ntikwiye! Kurenza imyaka cumi (manda ebyili ni ukwitesha agaciro. Ni ngombwako bamurambirwa!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mbarara: Inzego z’Ubutasi  zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye
ITOHOZA

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Ubwanditsi 12 Oct 2018
WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta
Mu Rwanda

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Ubwanditsi 04 May 2017
Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa
INKURU NYAMUKURU

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Ubwanditsi 10 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru