• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018 Mu Mahanga

Senateri John McCain wigeze kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahanganye na Barack Obama mu 2008, yitabye Imana ku myaka 81 azize uburwayi.

Itangazo ryavuye mu biro bye ryavuze ko Senateri McCain yitabye Imana ku wa 25 Kanama 2018. Yaguye mu gace ka Cornville muri Leta ya Arizona, agaragiwe n’umuryango we.

Uyu musaza yatangiye kuvurwa ikibyimba cyo ku bwonko muri Nyakanga 2017 ariko aza guhagarika gufata imiti.

Umugore wa nyakwigendera, Cindy Lou Hensley McCain, yanditse kuri Twitter ye ati “Ndababaye. Nahiriwe no kumarana imyaka 38 n’uyu mugabo udasanzwe. Yatabarutse nkuko yabayeho, agaragiwe n’abantu yakundaga, n’ahantu yakundaga cyane.”

Senateri John McCain wabarizwaga mu Ishyaka ry’Aba-Républicains yiyamamaje bwa mbere mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu 2000, yongera mu 2008, aho yatsinzwe na Obama.

Obama yavuze ko usibye guhangana mu matora, basangiye intego ziganisha aho Abanyamerika n’abimukira barwaniye ndetse bakitangira kuhagera.

Ati “Bamwe muri twe bazi uko John yari ameze. Dukeneye kugaragaza ubunyangamugayo bwamuranze. Twese dukwiye kubigira intego ko dukeneye kongera umurava mu byiza dukora.”

Bush yagaragaje McCain “nk’intwari y’igihugu.” Ati “Yari umukozi wa rubanda bijyanye n’umuco w’igihugu cyacu. Kuri njye, yari inshuti ikomeye nzakumbura cyane.”

Donald Trump wanenzwe cyane na McCain kubera politiki ze, abinyujije kuri Twitter yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwe, anihanganisha umuryango we ariko ntiyarenzaho andi magambo.

Gusa Trump ashobora kutitabira umuhango wo kumushyingura, hakoherezwa Visi Perezida, Mike Pence.

Senateri McCain afite amateka akomeye kuko yahoze mu Gisirikare cya Amerika ndetse yarwanye intambara yo muri Vietnam. Yatwaraga indege, yaje kuraswa ari mu Mujyi wa Hanoi mu 1967, afatwa bugwate imyaka itanu nk’imfungwa y’intambara. Yakorewe iyicarubozo rimuviramo ubumuga.

Yavutse ku wa 29 Kanama 1936. Yinjiye mu Gisirikare muri Kamena 1954. Yakoreye Igisirikare cya Amerika kugeza mu 1981. Yatorewe kuba Umudepite nk’uhagarariye Leta ya Arizona mu 1982 n’uwa Sena aho yari amaze manda esheshatu kuva mu 1986.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021
Amahanga arifuza ikoranabuhanga ryahimbwe n’Abanyarwanda mu gukurikirana abanyeshuri

Amahanga arifuza ikoranabuhanga ryahimbwe n’Abanyarwanda mu gukurikirana abanyeshuri

Ubwanditsi 29 Nov 2016
Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ubwanditsi 26 Jan 2016
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu
POLITIKI

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC
ITOHOZA

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Abantu  cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?
Mu Mahanga

Abantu cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru