• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Ubwanditsi 28 Dec 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu 2016 Ingabo z’Igihugu n’Inzego z’umutekano zakoze ibishoboka zikagumana icyizere cyuzuye cy’Abanyarwanda, ashimangira ko ibikorwa biri kwigaragaza mu karere no ku rwego mpuzamahanga bisaba ko bahora biteguye gutanga ubufasha aho bikenewe.

Ni ubutumwa yageneye inzego zose zishinzwe umutekano mu gihugu, aho atangira agira ati “Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda, umuryango wanjye no mu izina ryanjye bwite, ndifuza gufata uyu mwanya ngo nifurize abagabo n’abagore bagize Ingabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano hamwe n’imiryango yabo, Noheli Nziza n’Umwaka Mushya Muhire wa 2017.”

Perezida Kagame yashimye ubwitange n’ubunyamwuga bagaragagaje, byanagize uruhare mu gukemura ibibazo abaturage bakomeza guhura nabyo mu bice bitandukanye by’uyu mugabane, bagira n’uruhare mu kugarura icyizere ahantu n’igihe byari bikenewe cyane.

Ati “Mu gihe twegereje umwaka mushya wo gukomeza gukorera Abanyarwanda, dufite umwanya wo gusubiza amaso ku ngorane n’ibyiza twabonye muri uyu mwaka no kureba ahakeneye kongerwamo imbaraga kurushaho.”

“Ibyo tubona mu karere no ku rwego mpuzamahanga, n’amasomo twakuye mu mateka yacu bitwibutsa ko Ingabo z’Igihugu n’Inzego z’Umutekano bagomba gushyira umutima ku kazi kabo, kuba maso no kwiyemeza nk’uko bisanzwe. Mushobora kwitabazwa igihe icyo aricyo cyose kandi mugomba kuba mwiteguye kugira icyo mukora haba mu gihugu cyangwa hanze yacyo, ku neza y’amahoro n’umutekano.”

Perezida Kagame kandi yashimiye inzego z’umutekano kuba zarabashije nanone kuzuza inshingano zazo mu kurinda abaturage n’u Rwanda kugeza muri izi mpera z’umwaka.

Ati “Ibikorwa n’imikorere yanyu byagize uruhare rukomeye ku gihugu cyacu: Umutekano n’ituze, ari nabyo ibikorwa byose by’iterambere n’imibereho myiza y’igihugu cyacu bishingiyeho.”

Yavuze ko mu gukomeza gusigasira indagagaciro z’Ingabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano zirimo ikinyabupfura, gukunda igihugu n’ubunyamwuga, nta gushidikanya bazakomeza kwesa imihigo, abibutsa ko “igihugu cyose kibafitiye icyizere kandi kibahanze amaso nk’abagabo n’abagore biyemeje kukirwananirira no kukirinda mwambaye impuzankano.”

Umwaka wa 2016 usize hari bimwe mu bikorwa byagiye bigambirira guhungabanya umutekano w’u Rwanda ariko bigakomwa mu nkokora.

Harimo nk’igitero cyagabwe n’abarwanyi bikekwa ko ari FDLR mu ijoro rishyira kuwa 16 Mata 2016 kuri station ya polisi iri mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi, bahita basubizwa inyuma, bikekwa ko bashakaga kwiba Umurenge SACCO wa Bugeshi.

Polisi y’u Rwanda nayo yagaragaye mu bikorwa bitandukanye birimo guhangana n’abakekwaho iterabwoba n’ibindi byaha bitandukanye, barimo abafatiwe mu bice bitandukanye by’igihugu.

Umwaka wa 2016 urangiye u Rwanda ari igihugu cya gatanu mu gutanga abasirikare n’abapolisi benshi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kugarura amahoro kuko rufitemo intumwa 6146, zigizwe n’abasirikare 5136, abapolisi 978 n’indorerezi za gisirikare 32; mu butumwa butandatu butandukanye.

Burimo ubuhuriweho n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe n’Umuryango w’Abibumbye muri Darfur (UNAMID); muri Sudani y’Epfo (UNMISS); muri Haiti (MINUSTAH); muri Liberia (UNMIL); muri Abyei (UNISFA) na Côte d’Ivoire (UNOCI).

Mu bihe bishize u Rwanda rwemeye kohereza abasirikare bagera kuri 850 muri Repubulika ya Centrafrique mu kunganira intumwa mpuzamahanga zari ziri gufasha mu kugarura ibintu mu buryo, (MISCA).

-5166.jpg

Perezida Kagame yahaye umukoro buri wese ku giti cye mu Ngabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano, ko mu mwaka mushya akwiye no gutekereza ku kindi kintu cyakorwa hagamijwe kurushaho guteza imbere igihugu.

Source :Igihe.com

2016-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021
Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka

Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka

Ubwanditsi 12 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police
Amakuru

Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police

Ubwanditsi 30 Jun 2024
Amafoto y’imidari olimpike mu mateka
IMIKINO

Amafoto y’imidari olimpike mu mateka

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022
Amakuru

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Ubwanditsi 20 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru