• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umunyamabanga Mukuru wa Loni.Tariki 14 Mata 2023, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres yifatanyije n’Abanyarwanda mu kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi, umuhango wanagizwemo uruhare n’abanyacyubahiro banyuranye, barimo na Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumye, Csaba Kőrösi.

Uyu wabaye umunsi wo kwihanangiriza abagoreka amateka, ngo “Jenoside ntiyateguwe, ngo ahubwo yatewe n’urupfu rwa Yuvenali Habyarimana”. Mu mvugo idaca ku ruhande, Bwana Antonio Guterres yagize ati:” Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka. Yari imaze igihe kinini itegurwa, mbere y’uko ishyirwa mu bikorwa ku manywa y’ihangu”.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni kandi asanga isi yose yagombye guterwa isoni no kuba yari ifite amakuru ku bunyamanswa Leta-ngome ya Habyarimana yateguraga, nyamara ntigire icyo ikora ngo ibukome imbere. Bwana Guterres ati”: Uyu munsi turarata ubutwari bw’abarokotse Jenoside {yakorewe Abatutsi] ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, banze guheranwa n’agahinda, ahubwo bagahitamo inzira y’ubwiyunge, kwiyubaka no komora ibikomere.

Mu kimwaro kinshi ariko, turanazirikana uburyo Umuryango Mpuzamahanga wananiwe kugira icyo ukora ngo ukumire Jenoside”.

Imizindaro ibiba urwango irarushaho gukaza umurego.

Bwana Antonio Guterres kandi yagaragaje ko atewe impungenge n’uko imvugo zibiba urwango zikomeje kwiyongera haba mu bitangazamakuru, mu materaniro anyuranye no ku mbuga nkoranyambaga, ibintu bisa neza n’ibyakorwaga mu Rwanda mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yavuze ko abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi biyongera, kimwe n’abagoreka amateka y’ibyabaye, n’abakangurira abandi inzangano zishingiye ku bwoko. Asanga abo bagombe badakwiye kurusha imbaraga abanyakuri ngo bongere bahembere jenoside nk’iyakorewe Abatutsi.

Antonio Guterres yaboneyeho gutangaza ko Umuryango w’Abibumbye ugiye gutangiza “amasezerano mpuzamahanga akumira, arwanya kandi ahana imvugo zibiba urwango”, nk’ingamba zo guhashya abahora bashaka gutsemba abantu babaziza gusa uko bavutse.

URwanda nk’igihugu gitanga icyizere cy’ejo hazaza hazima, nikibere isi yose urugero.

Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, Csaba Kőrösi, nawe yamaganye abatagira iso, batinyuka kwemeza ko Jenoside yakorewe Abatutsi itateguwe. Yashimangiye ko ahubwo amahanga yagombye guterwa ipfunwe no kuba yararuciye akarumira, mu gihe hari ibimenyetso bifatika bigaragaza ko ubutegetsi bwiteguraga gutsemba burundu igice kimwe cy’abanyarwanda.

Bwana Csaba Kőrösi ati:” Icya ngombwa ni uko Abanyarwanda banze kuba imbata y’amateka mabi, ubu bakaba barubatse Igihugu gifite intumbere y’ejo hazaza hazima. Twese bakwiye kutubera urugero”.

Imyaka 29 irashize twibuka imbaga y’abasaga miliyoni bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyamara n’uyu munsi hari abinangiye, banze kwemera ko iyo Jenoside yamaze imyaka myinshi itegurwa, ikanageragezwa kenshi mbere y’uko ishyira mu bikorwa, ngo abagome barebe ko izagenda neza uko yateganyijwe. Ingero zerekana iyo myiteguro ntawazirondora, kandi si nshya mu matwi y’abashaka kumva ukuri: Gutoza interahamwe, gukwiza mu gihugu cyose intwaro, inama n’ibitangazamakuru bishishikariza Abahutu kwikiza”umwanzi”, n’izindi n’abicanyi ubwabo birengagiza nkana, bagamije gusa kujijisha ubutabera.

Gutinyuka ukemeza ko Jenoside yakorewe Abatutsi yaje “nk’imvura itakubye”, bikozwe n’abajenosideri cyangwa ibigarasha ntawe byatangaza kuko ari ukwikuraho igisebo, uretse ko ari umwanda utazigera ubavaho. Igitangaje ariko, ni uko hari n’ibihugu cyangwa abantu biyita”intiti”, bagitsimbaraye kuri iyo mvugo, atari uko bayobewe ukuri, ahubwo ari ikimwaro cyo kuba baratezutse kuri rya hame rya”NEVER AGAIN”(ntibizongera ukundi), isi yose yiyemeje nyuma ya jenoside yakorewe Abayahudi.

Hari n’ababikora kubera ya myumvire ishaje ya”mpatsibihugu”, bakibwira ko politiki y’itoteza no gupfukamisha ab’intege nkeya, izabagumisha ku ntebe y’icyubahiro. Abo amateka aragenda abasiga.

Erega, Abanyarwanda ntawe twingingira kuturema agatima cyangwa kutugirira impuhwe, oya. Icyo twanga ni ukudutonekera ibikomere.

Uzashyigikira inzira turimo yo kubaka uRwanda rutubereye twese, uwo tuzamwakiriza yombi.

Uzabangamira iyo nzira ariko, adutobera amateka cyangwa agerageza kudusubiza mu icuraburindi, uwo akenyere duhangane.

2023-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Ubwanditsi 10 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58
Mu Rwanda

Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza
Amakuru

Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Ubwanditsi 06 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru