• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda batuye muri Australia, bamaganye inkuru y’ikinyamakuru cyo muri icyo gihugu, ABC News, yavugaga ko ari ba maneko bakorera Guverinoma y’u Rwanda, bagamije kuburizamo ibitekerezo by’impunzi zitavuga rumwe na yo.

Mu ibaruwa y’amapaji atatu abayobozi ba Diaspora Nyarwanda muri icyo gihugu bandikiye ABC news igashyirwaho umukono na Emmanuel Karekezi yagize ati

“Abanyarwanda baba muri Australia barasaba ABC news ndetse n’umunyamakuru wanditse iyo nkuru, kwamagana ibyavuzwe na Kalisa Mubarak bishingiye ku kuba nyirubwite Kalisa uwo ariwe aho abarizwa mu bikorwa by’ububandi agashyira ABC news mu bikorwa bya politiki bitandukanye n’amahame agenga itangazamakuru muri Australia. Ibirego bya Kalisa nta shingiro bifite, ahubwo iri tangazamakuru ryari kubanza kumenya mbere ya byose Kalisa Mubarak ni Muntu ki. Twifuje kugaragaraza ukuri ngo abasomye iyo nkuru nabo bamenye uko kuri”

Mu ibaruwa ya Diaspora Nyarwanda, igaruka ku witwa Kalisa Mubarak wavuganye na ABC News, isobanura ko ‘azwi neza cyane nk’umunyabyaha ndetse mbere yo kujya muri Australia aho yabaga muri Afurika y’Epfo, yari umwe mu bagize umutwe w’iterabwoba wa RNC, uyobowe na Kayumba Nyamwasa’.

Mbere yo kujya muri Australia yabaga mu nzu imwe na mwishywa wa Patrick Karegeya, witwa David Batenga, ndetse akaba yari umutangabuhamya mu rubanza rw’abaketsweho kurasa Kayumba Nyamwasa muri Afurika y’Epfo.

Ibaruwa igira iti “Nubwo yiyita umutangabuhamya mu iraswa rya Kayumba, hari amakuru ko Kalisa Mubarak, ahubwo yari mu mugambi w’abagambanye kumwica kubera amakimbirane yari muri RNC, nyuma yo kwizezwa amafaranga menshi. Nyuma yo kubona ko umugambi umupfubanye yirukankiye kuri Polisi ya Afurika y’Epfo yiyita umutangabuhamya.”

Ivuga kandi ko Kalisa ari umunyabyaha ugerageza kwigira umwere abinyujije mu kuvuga ko ahigwa na Guverinoma y’u Rwanda, aho akwirakwiza amajwi n’amashusho hirya no hino ku maradiyo n’abandi henshi ayishinja gukora ibyaha muri Afurika y’Epfo, u Burayi none ubu ageze muri Australia.

Mu nkuru ya ABC News, Kalisa avuga ko yaje kohererezwa ubutumwa bwo kuri telefoni igendanwa na nimero yo mu mahanga itagaragaza umwirondoro.

Diaspora Nyarwanda ivuga ko ibi bigamije gutera impuhwe ngo arebe ko yabona ubufasha bw’amafaranga. Iti “Izina rye iyo urishyize muri Google ubona ko ari uwagize uruhare muri Jenoside wahunze, bikaba biteye ikimwaro kubona itangazamakuru rya Australia, rimwita uwihisha kubera ubwoba bw’ubuzima bwe.’’

Karekezi avuga ko abakoresha ibi bitangazamakuru ari abagerageza gusebya leta n’Abanyarwanda bari muri Australia kuko usanga banababuza kujya mu Rwanda, bavuga ngo barazana uburozi n’ibindi.

Yakomeje avuga ko ikinyoma Mubarak na bagenzi be bacuze kidashinga kuko bitumvikana uko ambasaderi yavuye Singapore atwaye imbunda akayihitisha ku bashinzwe kugenzura imipaka akayinjirana muri Australia maze akayitunga ku ijosi ry’uwabitangaje bikarangirira aho ntiyitabaze polisi ngo iyimwambure.

Australia kandi irasa n’iyabaye indiri y’abafite imigambi mibisha ku Rwanda hari n’abakekwa gukora amahano muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakidegembya.

Buri mwaka batumira abo bita abashyitsi babo barimo Rusesabagina Paul, Condo Gervais, David Himbara, Serge Ndayizeye na Padiri Nahimana Thomas bagakusanya inkunga yo gushyira muri ibyo bikorwa byabo bigamije guhungabanya igihugu.

2019-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye

# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Ubwanditsi 22 May 2019
Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ubwanditsi 28 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu
Mu Mahanga

Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu

Ubwanditsi 19 Apr 2016
FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022
Amakuru

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 08 Mar 2022
Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera
Mu Mahanga

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Ubwanditsi 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru