• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Harabura iminsi 2 gusa ngo umwaka ube wuzuye Paul Rusesabagina ageze mu maboko y’ubutabera bw’uRwanda. Kuva yagera mu gihugu cye yihakanye, nta munsi wira hatabaye agashya, ndetse abenshi bakamubonamo “insigamigani” nk’abo tujya twumva mu mateka.
Dore tumwe mu dushya twaranze urubanza rw’uyu mugabo ukina mu bikomeye.

1. Ubwo Paul Rusesabagina yageraga mu Rwanda, umuhungu we yagaragaye yisasiye ibidolari, akikiye inkumi, mu mayoga y’amoko yose, nk’umwana wo mu muryango w’abakimaze.
Uyu ni Trésor Rusesabagina, umuhungu wa Paul Rusesabagina. Asanzwe azwiho kuvuyarara, haba mu nkumi, mu byo kurya n’ibyo kunywa. Ni mu gihe kandi nta kibazo cy’amikora afite. Ise yarunze ibifaranga asaba avuga ko agiye gufasha ingorwa, ibisagutse akabikorasha muri FLN, wa mutwe we w’iterabwoba wishe, ugasahura inzirakarengane za Nyamagabe na Nyaruguru.

Umuhungu wa Rusesabagina yavuze ko azakora byose agafunguza se, nyamara ubanza yaravugishwaga n’uruyama, kuko umwaka winaze ntacyo akoreye umubyeyi we.

2. Rusesabagina yabanje gusasa imigeri, avuga ko yashimuswe kandi yarizanye aho agomba kuba ari.
Iki kinyoma cyamaze igihe kigibwaho impaka, Paul Rusesabagina n’abamushigikiye mu mahano ye, bahamya ko Leta y’uRwanda yamushimuse, ikamuvana muri Amerika, ikamunyuza i Dubai, kugeza yisanze ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Iri kinamico ryaje guteshwa agaciro n’ubuhamya bwa Bishop Constantin Niyomwungere, umuvugabutumwa akaba n’inshuti magara ya Rusesabagina, wasobanuye neza uburyo Rusesabagina ubwe yivanye muri Amerika ku bushake, akanyura Dubai yibwira ko agiye mu Burundi kubonana n’abategetsi b’icyo gihugu bamufashije mu mugambi we wo guhungabanya umutekano w’uRwanda.

Urukiko rwaje kwanzura ko Rusesabagina atashimuswe, ahubwo yigushije mu mutego. Ababikurikiranira hafi basanga Rusesabagina yarazize ahanini ubuswa n’ubunararibonye bwa ntabwo mu bijyanye na politiki.
3. Rusesabagina uvuka i Murama mu Ntara y’Amajyepfo yiyise Umubiligi “utavangiye”.

Uyu mugabo witwara nka Rusisibiranya twagiye twumva mu makinamico y’ubuhemu, yabonye ibyo gushimutwa bibaye amatakirangoyi, ati reka mvuge ko ntashobora kuburanira mu Rwanda, kuko ndi “Umubiligi”. Ibi byo byabaye urwenya ruryoshye, aho Umunyarwanda uvuka i Murama mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, akahakurira, akahashakira, akanahabyarira, atinyuka kwihakana igihugu cye, mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo ati”mba ndoga Rukimirana ntabwo ndi Umunyarwanda”.

Abazi gutebya bagize bati:”Kuvuka i Murama bimugize Umufulama”. Ibi byo gutaratamba agora ubutabera nabyo ntibyamuhiriye, kuko yibukijwe ko bimwe mu bimenyetso bimuhamya icyaha byatanzwe n’uBubiligi, bityo nabwo bukaba bwumva neza ko Rusesabagina agomba kuburanira aho yakoreye ibyaha. Mbere yo guhakana Ubunyarwanda kandi, yagombye kuba yaributse amagambo yavugiye mu ruhame ko afite”…urubyiruko rwahagurukiye kubohora uRwanda..”. Keretse niba yari agarutse kuba umukoloni w’Umubiligi mu Rwanda.

4. Abonye amayeri amubaye iyanga, yanze kuburana, yivana mu rubanza.
Paul Rusesabagina yari agwije ibigarasha, mu gihe ubushinjacyaha bwo bwari bufite amaturufu, ibimenyetso bifatika, maze Rusisibaranya atsindwa n’umukino utaratangira.

Yageze ubwo abona ko ntaho azacikira ingingo simusiga, maze yicira urubanza rutaranaba. Abatangabuhamya bamukuye ku izima ni Bishop Constantin Niyomwungere twavuze haruguru, n’ Umunyamerikakazi Dr Michelle Martin wasobanuye uko Rusesabagina yabeshye isi yose ngo ni umugiraneza, maze ibifaranga bamurundumuriye akabishora mu bikorwa by’iterabwoba.

Hari kandi abo baregwa mu rubanza rumwe nka Nsabimana Callixte”Sankara” bamushinje uruhare rutaziguye mu bugizi bwa nabi ndengakamere, umubisha ashegeshwe asezera mu rubanza. Ibi nabyo ariko ntacyo byamufashije kuko bitabujije urubanza gukomeza adahari, ndetse rukazasomwa tariki 20 Nzeri uyu mwaka.

5. Yabeshye amahanga ko inzara igiye kumutsinda muri gereza, kandi ahubwo natagabanya “appétit” ashobora kuzira ivutu!

Paul Rusesabagina aho agaramye i Mageragere, icyo adafite ni icyo atasabye. Amafunguro yihitiyemo, mudasobwa zo kumufasha mu rubanza yivanyemo, telefone avuganiraho n’abo mu muryango we buri cyumweru, n’ibindi ubundi bitagahawe umugome ukurikiranyweho ibyaha biremereye by’iterabwoba.

Yasabye umuryango we “gusakuza” bavuga ko afashwe nabi, bagamije gusa guharabika uRwanda no kurushyiraho igitutu ngo arekurwe ataryojwe ubugome bwe, Abahagarariye ibihugu yabo mu Rwanda, barimo na Ambasaderi w’ Amerika mu Rwanda banyomoje ibivugwa na Rusesabagina n’abamuri inyuma. Abo bantu badafite aho babogamiye basobanura ko Rusesabagina ari mu mfungwa zifashwe neza ku isi.

6. Umubiligi witwara gikoloni yaje kunganira Rusesabagina, azi neza ko atabyemerewe.

Uyu ni uwitwa Vincent LURQUIN, Umubiligi “wazobereye” mu mategeko akaba asanzwe yunganira Rusesabagina, haba mu manza(dore ko agira na nyinshi), haba no mu marorerwa yose akora, Agire atya rero asabe “visa” yo kwinjira mu Rwanda nka mukerarugendo, ndetse anayihabwe kuko uRwanda ruhora rwiteguye kwakira neza abarusura. Nyamara uwo mugabo ugifata u Rwanda nk’indagizo y’uBubiligi, mu by’ukuri yagenzwaga no kwanduranya. Nguko uko tariki 20 Kanama 2021 yadutse mu rukiko, yambaye imyenda iranga abanyamategeko bari mu kazi, ati:”Ndi umwunganizi wa Rusesabagina”.

Abasesenguzi bavuka ko Vincent Lurquin atari ayobewe ko atemerewe kuburanira muRwanda nk’umunyamatege, kuko atabarizwa mu Rugaga rw’Abavoka mu Rwanda, kimwe n’uko nta munyamategeko w’Umunyarwanda wemerewe kuburana imanza zo mu Bubiligi atari mu Rugaga rw’abavoka muri icyo gihugu. Yaba yariyenzaga, yaba yarashakaga guhinyuza ngo arebe uko u Rwanda rukoresha agaciro rwahaharaniye, icyagaragaye ni uko yahakuye isomo ry’ikinyabupfura. Yahise ahambirizwa, ajya gusakuriza mu yandi masandi afitanye isano na Rusesabagina.

Intwaro asigaranye ni ibitutsi, kandi ntibibuza uRwanda n’Abanyarwanda gukora neza ibiri mu nyungu zabo.

Utu ni tumwe mu dushya muri twinshi twaranze Rusesabagina n’abamuri inyuma kuva yagera aho agomba kuba ari. Abamwoheje kugambanira Urwamubyaye n’ubu nibo bahimbahimba utuyeri tudahashije, nyamara iyo aza kuba intwari nk’uko abamushuka bamwita, yari gusaba imbabazi bityo n’igihano kikaba cyagabanywa.

Yataratamba, yatayanjwa, yata ibitabapfu, amateka azamwibutsa ko yatatiye igihango ubwo yishoraga mu bikorwa by’iterabwoba, akica abo basangiye isano y’Ubunyarwanda.

2021-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Ubwanditsi 30 Dec 2021
Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye

Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye

Ubwanditsi 06 Apr 2017
Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba  yimanitse mu giti

Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba yimanitse mu giti

Ubwanditsi 13 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patrick Aussems wabaye umutoza wa Simba SC, yamaze kumvikana na Kiyovu SC kuyitoza mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere
Amakuru

Patrick Aussems wabaye umutoza wa Simba SC, yamaze kumvikana na Kiyovu SC kuyitoza mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Ubwanditsi 12 Jul 2022
Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside
POLITIKI

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru