• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Ubwanditsi 22 Oct 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga, bwitezweho gufasha abakura ibicuruzwa mu mahanga haba mu gihe byatwaraga ngo ibicuruzwa byabo bigere mu Rwanda, guteza imbere ubucuruzi n’ubukungu bw’u Rwanda.

Ubu bubiko bwiswe Kigali Logistics Platform buherereye i Masaka mu karere ka Kicukiro, bukaba bwarubatswe na sosiyete Dubai Ports World izobereye mu gucunga no kubaka ububiko bw’imizigo iva cyangwa ijya mu mahanga.

Ni ububiko bwitezweho gufasha abacuruzi bo mu Rwanda bajyaga bagorwa no kuvana ibicuruzwa byabo mu mahanga, bigatinda mu nzira biva ku byambu nka Mombasa cyangwa Dar es Salaam.

Ubuyobozi bwa Kigali Logistics Platform buvuga ko ubwo bubiko bushya buzafasha mu kuba umucuruzi yatumiza ibicuruzwa bye nka Dubai, mu Bushinwa n’ahandi, bakabimukurikiranira bakanabishakira ibyangobwa byose aho bizaca kugeza bigeze mu Rwanda mu bubiko i Masaka.

Bizagabanya kandi igihe byatwaraga mu nzira, bive ku minsi 14 bivuye ku cyambu kugera mu Rwanda, bibe iminsi itatu

Perezida Kagame yasuye ububiko bwa Kigali Logistics Platiform asobanurirwa ibihakorerwa n’inyungu bifitiye u Rwanda.

Amaze kubusura, yavuze ko ubu bubiko bushya bugiye koroshya no guhuza u Rwanda n’ibindi bihugu mu by’ubuhahirane, nk’imwe mu ntego y’amasezerano ashyiraho isoko rusange ku mugabane wa Afurika.

Yagize ati “U Rwanda ni umunyamuryango wa EAC, Comesa n’indi miryango. Ni icyerekana ejo heza h’ubucuruzi no kwishyira hamwe kwa Afurika. Amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika yaratangiye azashyirwa mu bikorwa umwaka utaha ariko amasezerano nk’ayo y’ubucuruzi ntabwo yagerwaho nta bikorwa remezo nk’ibi. Mu gushyiraho ubu bubiko, u Rwanda ruri gushyiraho uburyo bwo guhuriza hamwe isoko rya miliyari 1.2 y’abatuye Afurika no hanze.”

Perezida Kagame yaboneyeho gusaba abacuruzi n’abashoramari b’abanyarwanda kubyaza umusaruro ayo mahirwe, batumiza ibicuruzwa byabo hanze mu buryo bwihuse ari nako bagura ishoramari ryabo.

Ati “Turashaka gusaba abacuruzi bacu n’abashoramari duhereye ku nganda ziherereye muri aka gace, gukoresha ubu bubiko. Nta rwitwazo rwo kudakoresha amahirwe menshi aturi iruhande.”

Yongeyeho ko ari n’amahirwe ku banyarwanda bazajya bahugurirwa muri Kigali Logistics Platform ndetse n’abaturage batuye i Masaka bagiye gutezwa imbere.

Umuyobozi Mukuru wa Dubai Ports World, Sultan Ahmed Bin Sulayem, yashimiye ubufasha Leta y’u Rwanda yabahaye ngo icyiciro cya mbere cy’ububiko cyuzure.

Yavuze ko icyatumye bishimira gukorera mu Rwanda ari ubuyobozi bukora neza, umutekano no korohereza ishoramari bihari.

Yavuze ko kuba ububiko nk’ubwo bwuzuye mu Rwanda atari amahirwe kuri rwo gusa ahubwo ari amahirwe no ku karere.

Ati “Ubu bubiko si ubw’u Rwanda gusa, buzafasha n’ibindi bihugu Centrafrique, Malawi, Kenya, Congo n’ahandi. Ubundi ibyo gutwara ibicuruzwa ni uburyo ugabanya igiciro cyo kwikorera ibicuruzwa, nta gihugu rero ku isi byavunaga nk’u Rwanda.”

Ubu bubiko bwuzuye i Kigali nibukoreshwa neza uko bikwiriye bwitezweho gufasha u Rwanda kuzigama miliyoni 50 z’amadolari ku mwaka y’igiciro cyagendaga ku kuzana ibicuruzwa bivuye mu mahanga.

Kuva batangira muri Kigali umwaka ushize, Kigali Logistics Platform ivuga ko byagabanyije igihe byatwaraga amakamyo kuva ku cyambu ugera mu Rwanda, biva ku minsi 14 bigera ku minsi itatu.

Uyu ni umushinga wa miliyoni 35 z’amadolari wubatswe ku buso bwa metero kare 130 000 i Masaka. Hari ibikorwa remezo bigezweho kandi bijyanye n’igihe, umwanya uhagije ushobora guparikamo amakamyo agera kuri 200, n’umwanya wakwakira kontineri 50 000 ku mwaka.

Hazajya hatangirwa n’izindi serivisi zikenerwa n’abacuruzi nk’iz’amabanki, Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Ikigo cy’ubuziranenge, polisi n’izindi.

Mu bakozi bakora muri Kigali Logistics 98 % ni abanyarwanda. Ubu bubiko buzacungwa na Dubai Ports World mu gihe cy’imyaka 25, Leta y’u Rwanda ibone kubwegukana.

2019-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa
SHOWBIZ

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo
ITOHOZA

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal
Amakuru

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Ubwanditsi 10 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru