• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari
Umuyobozi mukuru wa RDB, Clare Akamanzi

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018 UBUKUNGU

Ku butumire bwa Perezida wa Zimbabwe, Umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yerekeje muri iki gihugu aho agiye kubaganiriza ku ibanga u Rwanda rukoresha mu gukurura abashoramari b’abanyamahanga.

Akamanzi wageze muri Zimbabwe ku wa 10 Mata 2018 azaha ikiganiro abagize inama y’abaminisitiri muri Zimbabwe, abikorera ndetse n’abakozi ba leta, kizibanda ku cyatumye u Rwanda rushobora kwigarurira ishoramari mvamahanga rinini kandi mu gihe gito.

Mu kiganiro na The Herald, Umuvugizi wa Perezidansi ya Zimbabwe, George Charamba, yavuze ko ubwo Perezida Mnangagwa yitabiraga i Kigali inama ku gushyira umukono ku masezerano aganisha ku ishyirwaho ry’isoko rusange rihuza ibihugu bya Afurika, yatunguwe cyane n’uburyo ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka.

Yagize ati “Ikibazo kimwe cy’ingenzi twahise twibaza ni ‘ni gute mwabashije kuzamura ishoramari mvamahanga mu gihe gito kandi neza?’”

Charamba yavuze ko Perezida Paul Kagame yamusubije ko u Rwanda rufite Ikigo gishinzwe iterambere, aho abashoramari bakirirwa ndetse bakabasha no kubonana n’umuyobozi wacyo mukuru.

Nyuma yo kuganira n’Umuyobozi wa RDB no gusobanurirwa amavugurura atandukanye u Rwanda rukora ngo rworohereze abashoramari, Mnangagwa yahise asaba Perezida Kagame kumumwoherereza akajya gutanga ikiganiro muri Zimbabwe, arabimwemerera.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yandikiye iya Zimbabwe ikinyamakuru Chronicle cyabashije kubona, ku wa 29 Werurwe 2018, nibwo Perezida Emmerson Mnangagwa yanditse asaba kohererezwa itsinda ry’Abanyarwanda ryasangiza igihugu cye ibanga ryo kwihuta mu ishoramari.

Iyi baruwa ivuga ko Clare Akamanzi n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri RDB, Emmanuel Hategeka, bazagirira uruzinduko muri Zimbabwe ku wa 09-13 Mata.

Mnangagwa wagiye ku butegetsi mu mpera z’umwaka ushize asimbuye Robert Mugabe wari umaze imyaka 38 ayobora akaza kweguzwa n’igisirikare, yihaye intego zikomeye zigamije kuzahura ubukungu bwa Zimbabwe, zirimo no gukurura abashoramari b’abanyamahanga.

Ubwo Perezida Mnangagwa yitabiraga i Kigali inama ku gushyira umukono ku masezerano aganisha ku ishyirwaho ry’isoko rusangeRésultat de recherche d'images pour "Perezida Mnangagwa mu rwanda"

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

Ubwanditsi 16 Jan 2019
CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4
IMIKINO

CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 22 Jan 2016
Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump
ITOHOZA

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Ubwanditsi 22 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru