• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 18 Dec 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yashimye aho umubano w’Afurika n’u Burayi umaze kugera, asaba kongera imbaraga kugera ngo ugere ku kigero wifuzwaho.

Yabitangarije i Vienne muri Autriche kuri uyu wa Mbere ku mugoroba, mu isangira ryahuje abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Ihuriro rya Afurika n’u Burayi ribera muri uyu mujyi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza.

Iri sangira ryateguwe na Chancelier wa Autriche ari na we uyoboye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Sebastian Kurz.

Perezida Kagame yavuze ko impande zombi zikomeje kugaragaza imbaraga n’uburyo bushya mu kunoza umubano wa zo.

Kagame witabiriye iri sangira ari kumwe na Perezida wa Misiri Abdel Fattah El Sisi uzamusimbura ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU Moussa Faki Mahamat, yavuze ko ari ikimenyetso ko umubano n’u Burayi ushyizwe imbere.

Ati “Ibi ni ukugaragaza akamaro duha uyu mubano w’u Burayi na Afurika. Ndatekereza ko hari aho dutangiye kugera.”

Ihuriro rya Afurika n’u Burayi riteganyijwe kuwa 18 Ukuboza 2018. Rizibanda ku bufatanye mu guteza imbere ikoranabuhanga nk’inkingi ikomeye y’ubukungu bw’imigabane yombi.

Chancelier wa Autriche, Sebastian Kurz yari aherutse i Kigali tariki 7 Ukuboza aho yaganiriye na Perezida Kagame ku myiteguro y’iryo huriro no ku mubano hagati y’ibihugu byombi.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko muri iri huriro hazaganirwa ku bintu bitandukanye birimo ishoramari n’ubufatanye bushobora gukomeza guhuza Afurika n’u Burayi, kugira ngo iyi migabane ikomeze kugana ku iterambere ntawe usigaye inyuma.

Hazaganrwa kandi ku kibazo cy’abimukira b’abanyafurika bakomeje kuroama mu Nyanja bajya gushaka ubuzima bwiza i Burayi.

U Burayi niwo mugabane wa mbere ukorana ana Afurika ubucuruzi buri ku kigero kinini kuko bungana na 59 %.

Perezida Kagame aganira na Chancelier Kurz bagaragaza akanyamuneza ku maso

Perezida Kagame ayoboye AU naho Chancelier Kurz ayoboye EU

Perezida Kagame, Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat na Chancelier Kurz biteguye ihuriro rya Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame, mugenzi we Sisi ugiye kumusimbura ku buyobozi bwa AU na Chancelier Kurz

Perezida Uhuru Kenyatta (hagati) nawe yitabiriye inama y’ihuriro rya Afurika n’u Burayi

Wari umwanya ukomeye wo kungurana ibitekerezo

Perezida Kagame yashimangiye ko umubano wa Afurika n’u Burayi utangiye kugera kure

Abayobozi bakuru bitabiriye inama y’ihuriro rya Afurika n’u Burayi bahuriye mu isangira ryateguwe na Chancelier Kurz

Perezida Kagame na Kenyatta baganira

Perezida Kagame, Chancelier Kurz n’itsinda bari kumwe baganira

Byari ibihe bidasanzwe

2018-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Ubwanditsi 04 May 2019
Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans
Mu Mahanga

A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero
Mu Mahanga

Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga
Mu Rwanda

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru