• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ubwanditsi 26 Dec 2016 ITOHOZA

Perezida mushya wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika Donald Trump yaba afitiye inzika itangazamakuru kubera ukuntu ryitwaye mu gihe cyo kwiyamamaza ndetse n’igihe amatora yarimo aba. Guhangana kuri hagati y’itangazamakuru na Trump kwatangiye ubwo ibinyamakuru hafi yabyose bikorera kubutaka bw’Amerika byahaga amahirwe Hillary Clinton ndetse bikamutaka ubwo byinshi byarahagurukiye gusebya no guharabika Trump kuburyo bukomeye. Ibyinshi byatangiye no gutangaza ko Clinton ariwe uzatsina ko bidashidikanwaho ngo ndetse afite nka 95% by’amajwi. Ibi rero byababaje Trump kuburyo bigaragara ko umujinya utaracururuka.

Ubusanzwe iyo perezida wa Amerika atowe, aba agomba guhura n’itangazamakuru vuba bishoboka akagira icyo atangaza kuri gahunda ye n’abo bazakorana. Icyatunguranye ni uko Donald Trump akimara gutorwa yaricecekeye mu gihe itangazamakuru ryamusabye guhura nawe yahisemo gutumira abayobozi bakuru b’ibitangazamakuru bikomeye abatumira iwe maze icyo yabakoreye ni ukubatuka akabatukuza mugihe bari bangiye ibifata amashusho kuza muri uwo mwiherero.

-5154.jpg
Ibinyamakuru yibasiye harimo Huffington Post yababwiye izuba riva ko azi neza ko batamukunda ko bitazamubuza kuyobora Amerika. Nanone yatunze agatoki CNN abita inzobere z’ikinyoma kuburyo umuyobozi mukuru wayo yashatse gusohoka bakamubuza. CNN ngo ishobora kuba yararengereye kuko umunyamakuru wayo Brian Stelter yavuze ibintu bibi cyane arwanya Trump noneho abonye ko yanatowe avuga ko Amerika iri mubihe bidasanzwe ko igiye guhura n’akaga “National emergency” kubera ko Trump yatowe.

Kugeza ubu Donald Trump atangaza ibyo ashaka akoresheje TWITTER ye nabwo ntarenze inyuguti 140 cg se ushinzwe itangazamakuru mu biro bye yandika itangazo akaritanga hanyuma itangazamakuru rigakoresha ibyo.

Taliki 15 Ukubona nibwo yari yemeye guhura n’itangazamakuru kugira ngo yerekane anavuge kuri gahunda azagenderaho mugihe azamara munzu yera (White House) nyuma itangazamakuru ritungurwa no kumva gahunda ihinduriwe igihe batabwiwe.
Ubusanzwe bizwi ko Amerika ifite itangazamakuru ritarya iminwa kandi ryigenga ariko ibyo ntibyigeze bikanga uyu mu perezida w’umuherwe.

-5155.jpg
Iyi myitwarire yatangiye guhangayikisha itangazamakuru cyane ababa bafite ibiro bihoraho imbere muri White House kuko bituma babona amakuru kuburyo bwihuse kandi biboroheye. Si aba gusa, itangazamakuru muri rusange ryahise ryibaza cyane kuri iyi myitwarire ishobora kuzatuma habaho guhangana gukomeye hagati yabo n’imiyoborere ya Trump.

Hagaragaye itandukaniro n’abamubanjirije nka Obama na George Bush.

Byagaragaye ko yagize imyitwarire itandukandi nabamubanjirize, kuko George W.Bush yahuye nitangazamakuru hashize iminsi ibiri gusa atowe ababwira kuri gahunda ye n’abazamufasha kuyobora Amerika. Mbere yuko yinjira muri White House akaba yarakoze ibiganiro bigera kuri 11 akimara gutorwa.
Naho Obama we yagiranye ibiganiro n’abanyamakuru kenshi gashoboka ndetse akanahura nabo mu mwiherero. Yagiranye ibiganiro n’itangazamakuru inshuro zigera kuri 18 muri rusange.

Ishyari hagati y’ibitangazamakuru!!

Ibi nubwo bivugwa hari ibitangazamakuru byashoboye gucengera bigirana nawe ibiganiro byihariye ibi bikaba ari ibitangazamakuru bitamututse cyangwa ngo bimusebye igihe cy’amatora. Gusa nabyo byagombaga kubanza gutanga ibibazo biri bubazwe, ikitari kuri gahunda wakibaza Trump akaguca amazi. Umujyana we Kellyanne Conway yabajijwe na ABC kuri iyi myitwarire asubiza ko igihe kizagera bakajya babona perezida mugihe gikwiriye.

Twabibutsa ko Donald Trump aheruka kugirana ikiganiro n’abanyamakuru taliki 27 Kamena 2016 I Miami area-golf ubwo nabwo yatunguye abantu asaba igihugu cy’Uburusiya kumufasha kuvumbura inyandiko zigera 30.000 zabuze zaregwaga Hillary Clinton bari bahanganye.

-5156.jpg
Kuva taliki 27 Kamena perezida watowe Donald Trump amaze kohereza twetters zirenga 1000. Ikirimo kuvugwa ubu akaba ari ukuntu yatangaje kuri twitter ko Amerika igiye kuvugurura ibitwaro bya kirimbuzi (nuclear arms) bikaba ngo byatunguye abashinzwe umutekano cyane iperereza muri Amerika ndetse byateye ubwoba n’ibindi bihugu kubera ko bigiye gutuma habaho irushanwa mugukora ibitwaro bya kirimbuzi aho kugira ngo bigabanuke.

Hakizimana Themistocle

2016-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025
Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside  ni muntu ki?

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside ni muntu ki?

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora
POLITIKI

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018
Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta
INKURU NYAMUKURU

Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Ubwanditsi 27 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru