• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Ubwanditsi 06 Jan 2016 ITOHOZA

Abavuga ko mu Rwanda nta Demokarasi ihari ko ntaburenganzira bwikiremwamuntu buhari mundebere ibyo bakorera abene gihugu babo.

Gereza ya San Quentin ni yo ishaje kurusha izindi muri Leta ya California, yafunguwe muri Nyakanga 1852, ni nayo gereza imwe rukumbi icumbikira abagabo bakatiwe urwo gupfa iyo Leta, imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyi gereza yagiye ikinwaho mu mafilime menshi, inavugwa kenshi mu biganiro by’amateleviziyo, mu bitabo n’indirimbo. Yagiye ifungirwamo ibyamamare.

-1685.jpg

Icyumba imfungwa zicirwamo zitewe ibyuka bihumanya

Leta ya California ni imwe mu zifite abanyamakosa benshi, abagabo bakatiwe urwo gupfa bafungirwa muri San Quentin naho abagore bagafungirwa muri gereza yabagenewe , iri ahitwa Chowchilla.

Mu Kwakira kwa 2012, San Quentin yari ifungiwemo 734 bakatiwe urwo gupfa, mu 2005, ni yo yari ifite icyumba kicirwamo benshi muri USA.

Igice cy’abakatiwe gupfa cy’iyo gereza kigabanyijemo ibice bitatu, icy’”Abitonda” (North-Segregation) cyubatswe mu 1934, cyagenewe imfungwa zidateza amahane, icy’abagerageza kwitwararika (East Block) cyubatswe mu 1927, n’icy’”Ibiharamagara” (Adjustment Center) gishyirwamo abarusha abandi urugomo.

Hiciwemo benshi

-1684.jpg

Ngabo abategereje urupfu

Abakatiwe urwo gupfa, baba abagabo n’abagore bo muri Leta ya California bagomba kwicirwa muri San Quentin.

Uburyo bwo kwica bwagiye buhinduka bijyanye n’igihe, hagati ya 1893 na 1937, abantu 215 biciwe I San Quentin bamanitswe nyuma yaho imfungwa 196 zicishijwe ibyuka bihumanya.

-1683.jpg

Irimo ubucucike buteye ubwoba

Mu 1995 USA yavanyeho kwicisha abantu ibyuka ivuga ko ari ubunyamaswa, hagati ya 1996 na 2006 abantu 11 biciwe muri San Quentin batewe inshinge.

Mu 2007 byavumbuwe ko hari ikindi cyumba cy’urwiciro kiri kubakwa muri San Quentin, byatumye abadepite bashinja guverineri kucyubaka rwihishwa atabibwiye inteko n’abaturage.

Mu cyumweru cyakurikiyeho, guverineri Arnold Schwarzenegger yahagaritse imirimo yo kubaka icyo cyumba, ariko nyuma yaho inteko iza kwemeza ingengo ya 180 000 $, icyo kirubakwa kiruzura.

Umwanditsi wacu

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Ubwanditsi 18 Feb 2019
OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 28 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite
ITOHOZA

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Muhanga : Perezida Kagame yatangije ikoreshwa rya Drones  mu kugeza amaraso ku barwayi
Mu Mahanga

Muhanga : Perezida Kagame yatangije ikoreshwa rya Drones mu kugeza amaraso ku barwayi

Ubwanditsi 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru