• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Ubwanditsi 06 Jan 2016 ITOHOZA

Abavuga ko mu Rwanda nta Demokarasi ihari ko ntaburenganzira bwikiremwamuntu buhari mundebere ibyo bakorera abene gihugu babo.

Gereza ya San Quentin ni yo ishaje kurusha izindi muri Leta ya California, yafunguwe muri Nyakanga 1852, ni nayo gereza imwe rukumbi icumbikira abagabo bakatiwe urwo gupfa iyo Leta, imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyi gereza yagiye ikinwaho mu mafilime menshi, inavugwa kenshi mu biganiro by’amateleviziyo, mu bitabo n’indirimbo. Yagiye ifungirwamo ibyamamare.

-1685.jpg

Icyumba imfungwa zicirwamo zitewe ibyuka bihumanya

Leta ya California ni imwe mu zifite abanyamakosa benshi, abagabo bakatiwe urwo gupfa bafungirwa muri San Quentin naho abagore bagafungirwa muri gereza yabagenewe , iri ahitwa Chowchilla.

Mu Kwakira kwa 2012, San Quentin yari ifungiwemo 734 bakatiwe urwo gupfa, mu 2005, ni yo yari ifite icyumba kicirwamo benshi muri USA.

Igice cy’abakatiwe gupfa cy’iyo gereza kigabanyijemo ibice bitatu, icy’”Abitonda” (North-Segregation) cyubatswe mu 1934, cyagenewe imfungwa zidateza amahane, icy’abagerageza kwitwararika (East Block) cyubatswe mu 1927, n’icy’”Ibiharamagara” (Adjustment Center) gishyirwamo abarusha abandi urugomo.

Hiciwemo benshi

-1684.jpg

Ngabo abategereje urupfu

Abakatiwe urwo gupfa, baba abagabo n’abagore bo muri Leta ya California bagomba kwicirwa muri San Quentin.

Uburyo bwo kwica bwagiye buhinduka bijyanye n’igihe, hagati ya 1893 na 1937, abantu 215 biciwe I San Quentin bamanitswe nyuma yaho imfungwa 196 zicishijwe ibyuka bihumanya.

-1683.jpg

Irimo ubucucike buteye ubwoba

Mu 1995 USA yavanyeho kwicisha abantu ibyuka ivuga ko ari ubunyamaswa, hagati ya 1996 na 2006 abantu 11 biciwe muri San Quentin batewe inshinge.

Mu 2007 byavumbuwe ko hari ikindi cyumba cy’urwiciro kiri kubakwa muri San Quentin, byatumye abadepite bashinja guverineri kucyubaka rwihishwa atabibwiye inteko n’abaturage.

Mu cyumweru cyakurikiyeho, guverineri Arnold Schwarzenegger yahagaritse imirimo yo kubaka icyo cyumba, ariko nyuma yaho inteko iza kwemeza ingengo ya 180 000 $, icyo kirubakwa kiruzura.

Umwanditsi wacu

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Ubwanditsi 19 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda 280 bagiye kwerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda 280 bagiye kwerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA
INKURU NYAMUKURU

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?
Mu Rwanda

Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru