• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Ubwanditsi 17 Jan 2018 Mu Rwanda

Abanyeshuri n’abarimu muri kaminuza y’u Rwanda mu ishuri rikuru ry’uburezi rya Rukara barasaba ko ibibazo byugarije iri shuri birimo inyubako zidahagije, byakemurwa kuko ngo bibangamiye ireme ry’uburezi.

Ibi bibazo by’ingutu by’inyubako z’amashuri zidahagije no kubura aho babika ibikoresho byifashishwa mu kwiga (laboratoire) bigahora mu bubiko n’ibirarane by’amafaranga y’ubutumwa bw’akazi abarimu baberewemo, ni bimwe mu bibazo abarimu n’abanyeshuri bo muri kaminuza y’u Rwanda, ishuri rikuru ry’uburezi rya Rukara bavuga ko bibangamiye ireme ry’uburezi.

Kaminuza y’u Rwanda ishuri rikuru ry’uburezi riherereye mu karere ka Kayonza rifite abanyeshuri ibihumbi  6673 ndetse n’abakozi 148.

Iri shuri rya Rukara College of Education,ni  rimwe mu mashuri ya Leta yo ku rwego rw’amashuri makuru rikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, Akarere ka Kayonza, ryatangijwe nyuma y’icyemezo cy’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Nzeri 2007 ryakiriye abanyeshuri ba mbere muri Nzeri 2008.

Hagamijwe kuvugurura no kunoza imicungire y’ibigo bya Leta, Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 16 Ukuboza 2010 yemeje ko Rukara ihuzwa na Kavumu, i Rukara. Rukara ni yo yagennye ibikorwa remezo bikenewe, ubu bigenda bishyirwa mu bikorwa ariko usanga bikiri ikibazo rusange.

Umwe mu banyeshuri b’iri shami rya kaminuza y’u Rwanda  avuga ko babangamiwe n’ikibazo cy’ubucucike mu ishuri kubera ibura ry’ibyumba by’amashuri Ati”nk’ubu hari amasomo y’ubumenyi muby’ubugenge (physique),ibinyabuzima (Biologie) duhurira hamwe mu ishuri ugasanga tutisanzuye bamwe turasinzira kubera umubare mu nini w’abari muri iryo shuri”.

Ibi bibazo babigaragarije  minisitiri w’uburezi Dr.Eugene Mutimura, ubwo yasuraga iri shuri Yavuze ko hari ikirimo gukorwa mu kubikemura ati “Twaje kubera ko hari imbogamizi zitandukanye ziri kuri iki kigo. Iriya nyubako mubona igiye kuzura izakemura ikibazo cy’amashuri, ubucucike mu myigishirize, bizakemuka kuko  igeze hafi ya 97% mu gihe gito bizaba byakemutse. Ibibazo by’amazi n’ibindi bibazo ubuyobozi bwa kaminuza buri kubikemura buhoro buhoro”

Ibi kandi byemezwa na bamwe na bamwe mu barimu b’iyi kaminuza bavuga ko hakenewe kwihutishwa gahunda zo kujya bahabwa amafaranga yo kubafasha mu gihe bari mukazi ikibazo cyakunze kugaragara mu myaka ishize aho umwarimu yoherezwa mu kazi k’ikigo agakoresha amafaranga ye kandi yakagombye gutangwa n’ubuyobozi bw’ikigo. 

Minisitiri w’uburezi yanenze uburyo hari amahirwe aboneka kuri iri shuri ariko akaba atabyazwa umusaruro uko bikwiye.

Yagize ati :  “Laboratoire zikoreshwa rimwe na rimwe ugasanga zikoreshwa nk’ububiko kandi zikwiriye gukoreshwa neza kugira ngo abana babone ubumenyi nk’uko bikwiriye bibyare umusaruro”.

Minisitiri MUTIMURA yongeraho ko abarimu bagomba kugira uruhare mu mitegurire y’imfashanyigisho. Nta kuntu byumvikana ko twakomeza gukoresha ibitabo by’abarimu byo mu bihugu bidukikije kandi nabo bafite ubushobozi.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi

Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Aug 2017
Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 23 Jul 2017
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Umugororwa yatorotse Gereza ya Huye akoresheje umugozi

Umugororwa yatorotse Gereza ya Huye akoresheje umugozi

Ubwanditsi 09 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger
IMIKINO

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo
Mu Mahanga

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze
Amakuru

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Ubwanditsi 09 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru