• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016 Mu Rwanda

Mu nama ya 17 y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba yebereye i Arusha muri Tanzania kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Werurwe 2016.

Umurundi Liberat Mfumukeko yasimbuye Umunyarwanda Dr Richard Sezibera ku bunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’’i Burasirazuba naho Sudani y’Epfo yemezwa nk’Umunyamuryango mushya iba igihugu cya gatandatu nyuma ya Kenya, Uganda, Tanzania, u Rwanda n’u Burundi.

Sudani y’Epfo ituwe n’abantu barenga miliyoni 11. Kuba icyo gihugu cyinjiye muri EAC, byatumye uwo muryango ugirwa n’abaturage bagera kuri miliyoni 160.

Nk’uko byari ku murongo w’ibyigwa kandi, ibibazo by’umutekano muke mu Burundi byavuzweho, ndetse hanashyirwaho umuhuza mushya ari we Benjamin Mkapa, Umunya-Tanzania wigeze no kuyobora Tanzania.

-2343.jpg

Liberat Mfumukeko na Dr Richard Sezibera

Dr Richard Sezibera, Umunyarwanda wari Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’i Burasirazuba (EAC) yasimbuwe kuri uwo mwanya.

Yasimbuwe n’Umurundi Liberat Mfumukeko wari usanzwe ushinzwe imari n’ubuyobozi muri EAC ndetse akaba yari yungirije Sezibera ku bunyamabanga bw’Umuryango.

Umwanya Mfumukeko yatorewe wahatanirwaga n’Abarundi bane n’Abanya-Kenya bane. Mu Barundi bawuhataniraga harimo na Willy Aime Nyamitwe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

-2344.jpg

Perezida Paul Kagame na Perezida John Pombe Magufuli Arusha muri Tanzania

Mu mirimo Mfumukeko yakoze, yabaye umuyobozi mukuru w’ikigo cy’u Burundi gishinzwe amazi n’amashanyarazi (REGIDESO) mbere yakoraga mu muryango nyafurika ushinzwe ingufu (African Power Pool-EAPP).

Nubwo u Burundi bwahawe kuyobora Ubunyamabanga bwa EAC, Tanzania nicyo gihugu cyakomeje kuyobora uwo Muryango.

Hafi y’ibihugu byose bigize EAC, ibyo byohereza hanze ni bike ugereranyije n’ibyo bikura hanze.Kubw’ibyo abakuru b’ibihugu bigize EAC basabye ko hashyirwamo ingufu.

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania abigarukaho yagize ati: “Twe dukora ibyo tudakoresha, tugakoresha ibyo tudakora, rwose ibi bigomba guhagarara”.

Ku ikubitiro abakuru b’ibihugu bigize EAC barashaka ko imodoka ziva hanze zarakoze zihagarara, ahubwo zikajya zizanwa zigateranyirizwa imbere muri EAC, ndetse no guhagarika ibikoresho bikozwe mu mpu na caguwa biva hanze, hagatezwa imbere ibyakorewe imbere mu muryango.

Abakuru b’ibihugu bigize EAC kandi batangije ku mugaragaro uburyo bwo gusaba pasiporo y’ibihugu bigize uwo muryango hifashishijwe ikoranabuhanga(e-Passport).

Iyi nama yari yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Uhuru Kenyatta wa Kenya na John Pombe Magufuli wa Tanzania. Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza ntiyagaragaye mu nama.

Umwanditsi wacu

2016-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Ubwanditsi 29 Aug 2021
“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

Ubwanditsi 28 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye
Mu Mahanga

RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Kuba tugeze  muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame
IMIKINO

Kuba tugeze muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Ubwanditsi 03 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru