• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016 Mu Rwanda

Mu nama ya 17 y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba yebereye i Arusha muri Tanzania kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Werurwe 2016.

Umurundi Liberat Mfumukeko yasimbuye Umunyarwanda Dr Richard Sezibera ku bunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’’i Burasirazuba naho Sudani y’Epfo yemezwa nk’Umunyamuryango mushya iba igihugu cya gatandatu nyuma ya Kenya, Uganda, Tanzania, u Rwanda n’u Burundi.

Sudani y’Epfo ituwe n’abantu barenga miliyoni 11. Kuba icyo gihugu cyinjiye muri EAC, byatumye uwo muryango ugirwa n’abaturage bagera kuri miliyoni 160.

Nk’uko byari ku murongo w’ibyigwa kandi, ibibazo by’umutekano muke mu Burundi byavuzweho, ndetse hanashyirwaho umuhuza mushya ari we Benjamin Mkapa, Umunya-Tanzania wigeze no kuyobora Tanzania.

-2343.jpg

Liberat Mfumukeko na Dr Richard Sezibera

Dr Richard Sezibera, Umunyarwanda wari Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’i Burasirazuba (EAC) yasimbuwe kuri uwo mwanya.

Yasimbuwe n’Umurundi Liberat Mfumukeko wari usanzwe ushinzwe imari n’ubuyobozi muri EAC ndetse akaba yari yungirije Sezibera ku bunyamabanga bw’Umuryango.

Umwanya Mfumukeko yatorewe wahatanirwaga n’Abarundi bane n’Abanya-Kenya bane. Mu Barundi bawuhataniraga harimo na Willy Aime Nyamitwe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

-2344.jpg

Perezida Paul Kagame na Perezida John Pombe Magufuli Arusha muri Tanzania

Mu mirimo Mfumukeko yakoze, yabaye umuyobozi mukuru w’ikigo cy’u Burundi gishinzwe amazi n’amashanyarazi (REGIDESO) mbere yakoraga mu muryango nyafurika ushinzwe ingufu (African Power Pool-EAPP).

Nubwo u Burundi bwahawe kuyobora Ubunyamabanga bwa EAC, Tanzania nicyo gihugu cyakomeje kuyobora uwo Muryango.

Hafi y’ibihugu byose bigize EAC, ibyo byohereza hanze ni bike ugereranyije n’ibyo bikura hanze.Kubw’ibyo abakuru b’ibihugu bigize EAC basabye ko hashyirwamo ingufu.

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania abigarukaho yagize ati: “Twe dukora ibyo tudakoresha, tugakoresha ibyo tudakora, rwose ibi bigomba guhagarara”.

Ku ikubitiro abakuru b’ibihugu bigize EAC barashaka ko imodoka ziva hanze zarakoze zihagarara, ahubwo zikajya zizanwa zigateranyirizwa imbere muri EAC, ndetse no guhagarika ibikoresho bikozwe mu mpu na caguwa biva hanze, hagatezwa imbere ibyakorewe imbere mu muryango.

Abakuru b’ibihugu bigize EAC kandi batangije ku mugaragaro uburyo bwo gusaba pasiporo y’ibihugu bigize uwo muryango hifashishijwe ikoranabuhanga(e-Passport).

Iyi nama yari yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Uhuru Kenyatta wa Kenya na John Pombe Magufuli wa Tanzania. Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza ntiyagaragaye mu nama.

Umwanditsi wacu

2016-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Ubwanditsi 24 Jan 2024
Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Ubwanditsi 17 May 2017
Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Ubwanditsi 18 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanyagiye Anse Réunion FC itera intambwe igana mu ijonjora rya nyuma
IMIKINO

APR FC yanyagiye Anse Réunion FC itera intambwe igana mu ijonjora rya nyuma

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola
HIRYA NO HINO

Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?
Mu Rwanda

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru