• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Ubwanditsi 09 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Amakipe ane ahatanira kuzamuka mu cyiciro cya mbere 2021-2022 ‘’Primus National League’’ yaramenyekanye nyuma y’imikino yo kwishyura muri kimwe cya kane cy’irangiza cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri yabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021.

Imikino ibanza ya kimwe cya kabiri irakinwa kuri uyu wa gatandatu tariki ya 9 Ukwakira 2021, ikipe ya Heroes FC na Gicumbi FC zamanutse mu cyiciro cya kabiri muri Shampiyona ya 2019-2020 zisanze muri kimwe cya kabiri cy’irangiza zirahurira mu mukino uri bubere mu karere ka Bugesera aho Heroes itangira ikina umukino ubanza.

Undi mukino urahuza ikipe ya Etoile de l’Est yageze muri kimwe cya kabiri cy’irangiza mu myaka ibiri yikurikiranya kuko na Shampiyona y’ikiciro cya kabiri y’umwaka ushize ari ho yagarukiye, irasura ikipe y’Amagaju FC nayo ikomeje urugamba rwo gushaka itike yo gusubira mu cyiciro cya mbere yigeze gukina.

Uyu mukino w’Amagaju FC yakira ikipe ya Etoile de l’Est wari uteganyijwe kubera kuri Sitade ya Nyagisenyi mu karere ka Nyamagabe wamaze kwimurirwa kuri Sitade y’akarere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo, iyi mikino yose iteganyijwe gukinwa kuri uyu wa gatandatu guhera ku isaha ya saa munani, ni mu gihe imikino yo kwishyura izakinwa mu cyumweru gitaha kuwa kabiri tariki ya 12 Ukwakira 2021 ari naho hazamenyekana amakipe abiri azamuka mu kiciro cya mbere.

Ingengabihe y’imikino ya ½ iteye mu buryo bukurikira:

Imikino ibanza
Amagaju FC vs Etoile de l’Est FC, Huye Stadium – Saa munani
Heroes FC vs Gicumbi FC, Bugesera Stadium – Saa munani

Imikino yo kwishyura:
Etoile de l’Est FC vs Amagaju FC, Ngoma Stadium – Saa munani
Gicumbi FC vs Heroes FC, Gicumbi Stadium – Saa munani

2021-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Amavubi yatsinze  umukino wa mbere

Uko Amavubi yatsinze umukino wa mbere

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana

Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Ubwanditsi 20 Jul 2024
Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Ubwanditsi 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo
Amakuru

Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.
Amakuru

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Ubwanditsi 15 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru