• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe
Jean Paul, Lea Karegeya na Emile Rutagengwa

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 23 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Bombori bombori imaze iminsi muri RNC, noneho yafashe indi ntera, dore ko uyu muriro wacanywe na Kayumba Nyamwasa na muramu we Frank Ntwali, aho bagize uruhare mu irigiswa rya Ben Rutabana ndetse n’abandi banyamuryango b’irihuriro bagiye baburirwa irengero nkuko bivugwa mu baruwa ndende yashyizweho umukono na Madame Lea Karegeya,Jean Paul Turayishimiye, Mme Odette Nyiraneza , Bwana Anicet Karege na Bwana Émile Rutagengwa, basabye ubuyobozi bw’agatsiko ka RNC kayobowe na Kayumba Nyamwasa  kwegura mu maguru mashya.

Iyi baruwa iragira iti:Ku buyobozi bukuru bw’Ihuriro Nyarwanda-RNC (bureau exécutif), Impamvu : Integuza

Kubagezaho impungenge zacu nk’abanyamuryango, ndetse n’ubusabe bugamije gukemura ibibazo Ihuriro Nyarwanda rimazemo iminsi.

Nyuma y’ibibazo Ihuriro Nyarwanda rimazemo iminsi, ndetse n’uburyo ubuyobozi bwaryo bwitwaye muribyo bibazo, twahisemo kubandikira mu rwego rw’intabaza igamije gutabara Ihuriro ryacu kugirango risubire mu nzira nziza igamije kutugeza ku ntego twihaye kuva Ihuriro ryashingwa.

Ibyo bibazo bishingiye cyane cyane ku miyoborere mibi. Bamwe murabo banyamuryango, baje kuva mw’Ihuriro kubera impamvu zizwi. Twavuga nka Dr. Murayi Paulin, Dr. Rudasingwa Théogène, Kazungu Jean Paul, Bwayihuku Mathias, Nsabimana Callixte (Sankara), Nahimana Straton, Jonathan Musonera, Joseph Ngarambe n’abandi benshi.

Hejuru y’aba, hari ababuriwe irengero mu buryo butazwi kandi bari mu mirimo y’Ihuriro Nyarwanda. Urugero rwa hafi twatanga ni urwa komiseri ushinzwe amahugurwa ariwe Benjamin Rutabana. Hari kandi na Major Nkubana Emmanuel, Rwarinda Michel, n’abandi.

Byongeyeho, hari n’abanyamuryango birukanwe hadakurikijwe amategeko n’indangagaciro tugenderaho. Abo ni nka Jean Paul Turayishimye, Tabitha Gwiza, Achille Kamana, Simeon Ndwaniye na Jean Paul Ntagara. Ntabwo kandi twakwirengagiza abandi banyamuryango beguye bakanasimburwa mw’ibanga.

Ibi mukaba mwarabikoze mugamije guhisha abanyamuryango ibibazo biri mu buyobozi bukuru bw’Ihuriro.

Aha turabibutsa ko amategeko na stati bigenga Ihuriro, bigereranywa nk’itegeko nshinga ndetse n’amategeko mpanabyaha.

ibi byose, byerekana ko nta masomo ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwakuye muribi bibazo twahuye nabyo.

Ahubwo, amakosa yakomeje kwiyongera kandi bigaragara ko nta gahunda ubuyobozi bufite bwo kuyakosora.

Muri make, bishingiye ku buyobozi bwakoze amakosa menshi, byatumye Ihuriro Nyarwanda risenya icyizere ryari ryarahaye abanyarwanda bose.

Mu yandi magambo, Ihuriro Nyarwanda-RNC ryarateshutse ndetse rinahemukira abaryibonyemo bose bakanaryitangira mu buryo bwose bushoboka.

Aya makosa yose ndetse nayo tutabashije kwandika, yatumye twemeza ibi bikurikira :

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwagaragaje intege nke n’ubushobozi buke mu gukemura ibibazo twahuye nabyo.

Aho gukoresha amategeko no kubahisha inzego zigengwa n’amategeko tugenderaho, bwahisemo guhagarika no kwirukana abanyamuryango n’abayobozi kandi bitanyuze mu mategeko.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwagaragaje kutagira ubumuntu (non-respect de la dignité humaine)mu ikibazo cya komiseri ushinzwe amahugurwa ariwe Benjamin Rutabana, kugeza nanubu ntituramenya irengero n’amaherezo bye.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwakoresheje nabi ndetse no mu nyungu zabwo bwite, umutungo w’Ihuriro;

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro ntibwigeze butangariza abanyamuryango baryo ko hari abayobozi bakuru beguye. Bwahisemo kubika ibanga no kubasimbuza mw’ibanga kandi bidakurikije amategeko.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwagaragaje intege nke mu gukemura amakimbirane n’ibibazo bwahuye nabyo.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwahemukiye abanyarwanda, bituma bata icyizere bari bariyubatsemo.

Mu matangazo, mu nyandiko no mu bisobanuro byatazwe n’ubuyobozi bw’Ihuriro, hagaragaye kudakorera mukuri no mu mucyo.

Ahubwo Ubuyobozi bukuru bwahisemo kwimakaza ibyo twakwita itekinika mu gutanga ibisubizo. Iyi mikorere ikaba ntaho itandukaniye niya leta y’Urwanda turwanya.

Izi mpamvu zose, ndetse nizindi tutabashije gushyira mururu rwandiko, zitwereka ko ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro Nyarwanda-RNC, bunaniwe.

Kayumba arerebana ayingwe na Lea Karegeya

Uburyo bwonyine busigaye kugirango Ihuriro ryongere kugira ingufu no kugarura icyizere mu banyarwanda, nuko mwebwe abayobozi bakuru mwakwibuka ko Ihuriro Nyarwanda-RNC ribaruta, maze mukicisha bugufi, mukirinda kwikunda ndetse mukitanga kugirango intego zatumye Ihuriro rishingwa zigerweho.

By’umwihariko, mwishyire mu mwanya w’abitangiye Ihuriro kuva ryavuka. Bamwe muribo nka Colonel Patrick Karegeya, batanze amaraso yabo, bemera gushyira ubuzima bwabo mu kaga kugirango bitangire abandi. Mwibaze aho bari ubu, uko babona Ihuriro Nyarwanda bitangiye? Ntakabuza, babona baritangiye ubusa kubera imyitwarire y’ubuyobozi bukuru.

Niyo mpamvu dusanga hari ibigomba gukorwa kugirango intego zatumye Ihuriro rishingwa zigerweho. Ntabwo dushobora kurebera amakosa akomeye arimo gukorwa kuko dukunda Ihuriro kandi twemera impamvu twahagurutse ngo turwanye akarengane abanyarwanda bakomeje guhura nako.

Ndetse, tubona bidahwitse ko imikorere y’Ihuriro muri rusange yamera kimwe n’imikorere y’abo turwanya. Ariko nanone, twemera ko gukorera Ihuriro ari ubwitange bukomeye kandi busaba imbaraga nyinshi.

Ibyo birasaba ibi bikurikira:

Kwegura kw’abayobozi bakuru bose b’Ihuriro Nyarwanda-RNC;

Kwegura kwa bamwe mu bayobozi bagize imyitwarire mibi muri ibi bibazo byose;

Gushyiraho gahunda y’amavugurura rusange mw’Ihuriro Nyarwanda-RNC;

Gushyiraho ubuyobozi bw’inzibacyuho buzayobora ibikorwa byose birebana n’amavugurura;

Kubera uburemere bw’ibibazo byerekanywe muri iyi nyandiko, turifuza ko mwadusubiza mu gihe cya vuba kugirango Ihuriro Nyarwanda rikomeze imirimo yaryo mu nzira nziza. Ubu busabe kandi, bwifuzwa n’abandi banyamuryango benshi ndetse n’abanyarwanda benshi bashyize icyizere cyabo mw’Ihuriro kugeza ubuyobozi bukuru buteshutse ku nshingano zabwo.

Twiteguye kandi kugira uruhare mu biganiro no mu mirimo izaba igamije gutegura amavugurura no kuyashyira mu bikorwa.

Kwegura ni ubutwari kandi ni n’uburyo bwo kwerekana ko icyo uharanira ugikomeyeho ku buryo wicisha bugufi, ugamije kwirinda kwangiza ibyagezweho.

Bimenyeshejwe:

Umuhuzabikorwa mukuru, Jerome Nayigiziki;

Abayobozi b’Ihuriro Nyarwanda-RNC;

Abanyamuryango bose;

Bishyizweho umukono na :

Bwana Jean Paul Turayishimye

Mme Leah Karegeya

Mme Odette Nyiraneza

Bwana Anicet Karege

Bwana Émile Rutagengwa

2020-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 15 Feb 2020
Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda

Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri
Amakuru

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ubwanditsi 03 Jan 2024
New York : Ijambo  Perezida Kagame yagejeje  ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye
POLITIKI

New York : Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura

Ubwanditsi 04 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru