• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe
Jean Paul, Lea Karegeya na Emile Rutagengwa

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 23 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Bombori bombori imaze iminsi muri RNC, noneho yafashe indi ntera, dore ko uyu muriro wacanywe na Kayumba Nyamwasa na muramu we Frank Ntwali, aho bagize uruhare mu irigiswa rya Ben Rutabana ndetse n’abandi banyamuryango b’irihuriro bagiye baburirwa irengero nkuko bivugwa mu baruwa ndende yashyizweho umukono na Madame Lea Karegeya,Jean Paul Turayishimiye, Mme Odette Nyiraneza , Bwana Anicet Karege na Bwana Émile Rutagengwa, basabye ubuyobozi bw’agatsiko ka RNC kayobowe na Kayumba Nyamwasa  kwegura mu maguru mashya.

Iyi baruwa iragira iti:Ku buyobozi bukuru bw’Ihuriro Nyarwanda-RNC (bureau exécutif), Impamvu : Integuza

Kubagezaho impungenge zacu nk’abanyamuryango, ndetse n’ubusabe bugamije gukemura ibibazo Ihuriro Nyarwanda rimazemo iminsi.

Nyuma y’ibibazo Ihuriro Nyarwanda rimazemo iminsi, ndetse n’uburyo ubuyobozi bwaryo bwitwaye muribyo bibazo, twahisemo kubandikira mu rwego rw’intabaza igamije gutabara Ihuriro ryacu kugirango risubire mu nzira nziza igamije kutugeza ku ntego twihaye kuva Ihuriro ryashingwa.

Ibyo bibazo bishingiye cyane cyane ku miyoborere mibi. Bamwe murabo banyamuryango, baje kuva mw’Ihuriro kubera impamvu zizwi. Twavuga nka Dr. Murayi Paulin, Dr. Rudasingwa Théogène, Kazungu Jean Paul, Bwayihuku Mathias, Nsabimana Callixte (Sankara), Nahimana Straton, Jonathan Musonera, Joseph Ngarambe n’abandi benshi.

Hejuru y’aba, hari ababuriwe irengero mu buryo butazwi kandi bari mu mirimo y’Ihuriro Nyarwanda. Urugero rwa hafi twatanga ni urwa komiseri ushinzwe amahugurwa ariwe Benjamin Rutabana. Hari kandi na Major Nkubana Emmanuel, Rwarinda Michel, n’abandi.

Byongeyeho, hari n’abanyamuryango birukanwe hadakurikijwe amategeko n’indangagaciro tugenderaho. Abo ni nka Jean Paul Turayishimye, Tabitha Gwiza, Achille Kamana, Simeon Ndwaniye na Jean Paul Ntagara. Ntabwo kandi twakwirengagiza abandi banyamuryango beguye bakanasimburwa mw’ibanga.

Ibi mukaba mwarabikoze mugamije guhisha abanyamuryango ibibazo biri mu buyobozi bukuru bw’Ihuriro.

Aha turabibutsa ko amategeko na stati bigenga Ihuriro, bigereranywa nk’itegeko nshinga ndetse n’amategeko mpanabyaha.

ibi byose, byerekana ko nta masomo ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwakuye muribi bibazo twahuye nabyo.

Ahubwo, amakosa yakomeje kwiyongera kandi bigaragara ko nta gahunda ubuyobozi bufite bwo kuyakosora.

Muri make, bishingiye ku buyobozi bwakoze amakosa menshi, byatumye Ihuriro Nyarwanda risenya icyizere ryari ryarahaye abanyarwanda bose.

Mu yandi magambo, Ihuriro Nyarwanda-RNC ryarateshutse ndetse rinahemukira abaryibonyemo bose bakanaryitangira mu buryo bwose bushoboka.

Aya makosa yose ndetse nayo tutabashije kwandika, yatumye twemeza ibi bikurikira :

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwagaragaje intege nke n’ubushobozi buke mu gukemura ibibazo twahuye nabyo.

Aho gukoresha amategeko no kubahisha inzego zigengwa n’amategeko tugenderaho, bwahisemo guhagarika no kwirukana abanyamuryango n’abayobozi kandi bitanyuze mu mategeko.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwagaragaje kutagira ubumuntu (non-respect de la dignité humaine)mu ikibazo cya komiseri ushinzwe amahugurwa ariwe Benjamin Rutabana, kugeza nanubu ntituramenya irengero n’amaherezo bye.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwakoresheje nabi ndetse no mu nyungu zabwo bwite, umutungo w’Ihuriro;

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro ntibwigeze butangariza abanyamuryango baryo ko hari abayobozi bakuru beguye. Bwahisemo kubika ibanga no kubasimbuza mw’ibanga kandi bidakurikije amategeko.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwagaragaje intege nke mu gukemura amakimbirane n’ibibazo bwahuye nabyo.

Ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro bwahemukiye abanyarwanda, bituma bata icyizere bari bariyubatsemo.

Mu matangazo, mu nyandiko no mu bisobanuro byatazwe n’ubuyobozi bw’Ihuriro, hagaragaye kudakorera mukuri no mu mucyo.

Ahubwo Ubuyobozi bukuru bwahisemo kwimakaza ibyo twakwita itekinika mu gutanga ibisubizo. Iyi mikorere ikaba ntaho itandukaniye niya leta y’Urwanda turwanya.

Izi mpamvu zose, ndetse nizindi tutabashije gushyira mururu rwandiko, zitwereka ko ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro Nyarwanda-RNC, bunaniwe.

Kayumba arerebana ayingwe na Lea Karegeya

Uburyo bwonyine busigaye kugirango Ihuriro ryongere kugira ingufu no kugarura icyizere mu banyarwanda, nuko mwebwe abayobozi bakuru mwakwibuka ko Ihuriro Nyarwanda-RNC ribaruta, maze mukicisha bugufi, mukirinda kwikunda ndetse mukitanga kugirango intego zatumye Ihuriro rishingwa zigerweho.

By’umwihariko, mwishyire mu mwanya w’abitangiye Ihuriro kuva ryavuka. Bamwe muribo nka Colonel Patrick Karegeya, batanze amaraso yabo, bemera gushyira ubuzima bwabo mu kaga kugirango bitangire abandi. Mwibaze aho bari ubu, uko babona Ihuriro Nyarwanda bitangiye? Ntakabuza, babona baritangiye ubusa kubera imyitwarire y’ubuyobozi bukuru.

Niyo mpamvu dusanga hari ibigomba gukorwa kugirango intego zatumye Ihuriro rishingwa zigerweho. Ntabwo dushobora kurebera amakosa akomeye arimo gukorwa kuko dukunda Ihuriro kandi twemera impamvu twahagurutse ngo turwanye akarengane abanyarwanda bakomeje guhura nako.

Ndetse, tubona bidahwitse ko imikorere y’Ihuriro muri rusange yamera kimwe n’imikorere y’abo turwanya. Ariko nanone, twemera ko gukorera Ihuriro ari ubwitange bukomeye kandi busaba imbaraga nyinshi.

Ibyo birasaba ibi bikurikira:

Kwegura kw’abayobozi bakuru bose b’Ihuriro Nyarwanda-RNC;

Kwegura kwa bamwe mu bayobozi bagize imyitwarire mibi muri ibi bibazo byose;

Gushyiraho gahunda y’amavugurura rusange mw’Ihuriro Nyarwanda-RNC;

Gushyiraho ubuyobozi bw’inzibacyuho buzayobora ibikorwa byose birebana n’amavugurura;

Kubera uburemere bw’ibibazo byerekanywe muri iyi nyandiko, turifuza ko mwadusubiza mu gihe cya vuba kugirango Ihuriro Nyarwanda rikomeze imirimo yaryo mu nzira nziza. Ubu busabe kandi, bwifuzwa n’abandi banyamuryango benshi ndetse n’abanyarwanda benshi bashyize icyizere cyabo mw’Ihuriro kugeza ubuyobozi bukuru buteshutse ku nshingano zabwo.

Twiteguye kandi kugira uruhare mu biganiro no mu mirimo izaba igamije gutegura amavugurura no kuyashyira mu bikorwa.

Kwegura ni ubutwari kandi ni n’uburyo bwo kwerekana ko icyo uharanira ugikomeyeho ku buryo wicisha bugufi, ugamije kwirinda kwangiza ibyagezweho.

Bimenyeshejwe:

Umuhuzabikorwa mukuru, Jerome Nayigiziki;

Abayobozi b’Ihuriro Nyarwanda-RNC;

Abanyamuryango bose;

Bishyizweho umukono na :

Bwana Jean Paul Turayishimye

Mme Leah Karegeya

Mme Odette Nyiraneza

Bwana Anicet Karege

Bwana Émile Rutagengwa

2020-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga  ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside

Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Ubwanditsi 30 Sep 2019
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju
Amakuru

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Ubwanditsi 05 Apr 2022
‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha
Mu Rwanda

‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul
HIRYA NO HINO

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Ubwanditsi 14 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru