• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere

Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere

Editorial 03 Aug 2019 IMIKINO

Misiri na Mali zongeye guhurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya Basketball gihuza abangavu batarengeje imyaka 16, nyuma y’uko zitwaye neza mu mikino ya kimwe cya kabiri yabaye kuri uyu wa Gatanu muri Petit Stade i Remera.

Amakipe yombi yaherukaga guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rya mbere ryabaye mu 2009, aho Mali yatsinze imikino itatu iheruka kuyahuza.

Misiri yageze ku mukino wa nyuma itsinze Angola amanota 71-50 mu mukino wa mbere wa ½ wabaye kuri uyu wa Gatanu, aho iyi kipe yo mu Barabu yagaragaje urwego ruri hejuru n’ubwo yakinnye umukino wa ¼ mu gihe Angola yari yaruhutse.

Angola yagombaga guhura n’ikipe yari kuba iya kane mu itsinda B kandi iri tsinda rikaba ryarimo amakipe atatu kuko Afurika y’Epfo ititabiriye.

Gutsinda kwa Misiri byari ukwihimura kwiza ku ikipe ya Angola na yo yigeze kuyitsinda muri ½ mu myaka ibiri ishize, ku manota 59-42 ubwo iri rushanwa ryari ryabereye muri Madagascar.

Mu wundi mukino wa ½ wabaye, Mali yageze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya ndetse ishobora no kwegukana iri rushanwa mu nshuro zose rimaze gukinwa, niramuka yitwaye neza ubwo haba hasozwa iki Gikombe cya Afurika kuri uyu wa Gatandatu.

Mali yanyagiye Mozambique amanota 102-25, igeza bwa gatatu ku manota 100 kuzamura nyuma yo kuyatsinda Uganda n’u Rwanda.

Kugeza ubu, iyi kipe ni yo itaratakaza umukino n’umwe muri iri rushanwa ryahuje ibihugu birindwi riri kubera mu Mujyi wa Kigali.

Mali irisobanura na Misiri ku mukino wa nyuma utangira saa 18:30, aho Misiri iraba ishaka kwihimura nyuma y’uko itsinzwe amanota 88-57 mu mukino wahuje amakipe yombi mu itsinda B.

Aya makipe yombi ni yo azahagararira umugabane wa Afurika mu Gikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 kizaba mu mwaka utaha.

Maliam Coulibaly wa Mali yatsinze amanota 26 muri uyu mukino, mu gihe Lojain Elfatairy wa Misiri yatsinze amanota 13.

Undi mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu, ari na wo wabimburiye iyindi, warangiye u Rwanda rutsinze Tanzania amanota amanota 38-32, rutsindira gutahanira umwanya wa gatanu n’uwa gatandatu, aho ruhura na Uganda guhera saa 13:30.

Iyi ntsinzi yabaye iya mbere u Rwanda rubonye muri iri rushanwa nyuma yo gutsindwa imikino ine yikurikiranye, irimo itatu yo mu itsinda A n’umwe wa ¼,

Catherine Mollel wa Tanzania yatsinze amanota 17 muri uyu mukino mu gihe Nyiramugisha Hope w’u Rwnada yatsinzemo amanota 11.

Abakinnyi ba Misiri bishimira kugera ku mukino wa nyuma

Misiri yihimuye kuri Angola yari yaratsinze mu 2017 ubwo iki Gikombe cya Afurika cyari cyabereye muri Madagascar

Angola iba ishyigikiwe n’abanyarwanda benshi banambaye imyambaro yayo

Mali yageze ku mukino wa nyuma ku nshuoro ya gatandatu yikurikiranya

U Rwanda rwatsinze Tanzania bahataniye umwanya hagati y’uwa gatanu n’uwa karindwi

Irakoze Ange Nelly na Usanase Stacy Charlene bacungira hafi ngo umupira n’uva ku nkangara bawusubirane

Hahirwa Raissa ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza mu kugarira ku ruhande rw’u Rwanda

Umutoza w’ikipe y’u Rwanda Mushumba Charles
Inkuru ya IGIHE
2019-08-03
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Editorial 02 Sep 2021
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Editorial 04 Aug 2020
Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Editorial 28 Jun 2018
MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

Editorial 01 Jun 2016
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Editorial 02 Sep 2021
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Editorial 04 Aug 2020
Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Editorial 28 Jun 2018
MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

Editorial 01 Jun 2016
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Editorial 02 Sep 2021
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Editorial 04 Aug 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru