• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere

Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere

Ubwanditsi 03 Aug 2019 IMIKINO

Misiri na Mali zongeye guhurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya Basketball gihuza abangavu batarengeje imyaka 16, nyuma y’uko zitwaye neza mu mikino ya kimwe cya kabiri yabaye kuri uyu wa Gatanu muri Petit Stade i Remera.

Amakipe yombi yaherukaga guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rya mbere ryabaye mu 2009, aho Mali yatsinze imikino itatu iheruka kuyahuza.

Misiri yageze ku mukino wa nyuma itsinze Angola amanota 71-50 mu mukino wa mbere wa ½ wabaye kuri uyu wa Gatanu, aho iyi kipe yo mu Barabu yagaragaje urwego ruri hejuru n’ubwo yakinnye umukino wa ¼ mu gihe Angola yari yaruhutse.

Angola yagombaga guhura n’ikipe yari kuba iya kane mu itsinda B kandi iri tsinda rikaba ryarimo amakipe atatu kuko Afurika y’Epfo ititabiriye.

Gutsinda kwa Misiri byari ukwihimura kwiza ku ikipe ya Angola na yo yigeze kuyitsinda muri ½ mu myaka ibiri ishize, ku manota 59-42 ubwo iri rushanwa ryari ryabereye muri Madagascar.

Mu wundi mukino wa ½ wabaye, Mali yageze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya ndetse ishobora no kwegukana iri rushanwa mu nshuro zose rimaze gukinwa, niramuka yitwaye neza ubwo haba hasozwa iki Gikombe cya Afurika kuri uyu wa Gatandatu.

Mali yanyagiye Mozambique amanota 102-25, igeza bwa gatatu ku manota 100 kuzamura nyuma yo kuyatsinda Uganda n’u Rwanda.

Kugeza ubu, iyi kipe ni yo itaratakaza umukino n’umwe muri iri rushanwa ryahuje ibihugu birindwi riri kubera mu Mujyi wa Kigali.

Mali irisobanura na Misiri ku mukino wa nyuma utangira saa 18:30, aho Misiri iraba ishaka kwihimura nyuma y’uko itsinzwe amanota 88-57 mu mukino wahuje amakipe yombi mu itsinda B.

Aya makipe yombi ni yo azahagararira umugabane wa Afurika mu Gikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 kizaba mu mwaka utaha.

Maliam Coulibaly wa Mali yatsinze amanota 26 muri uyu mukino, mu gihe Lojain Elfatairy wa Misiri yatsinze amanota 13.

Undi mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu, ari na wo wabimburiye iyindi, warangiye u Rwanda rutsinze Tanzania amanota amanota 38-32, rutsindira gutahanira umwanya wa gatanu n’uwa gatandatu, aho ruhura na Uganda guhera saa 13:30.

Iyi ntsinzi yabaye iya mbere u Rwanda rubonye muri iri rushanwa nyuma yo gutsindwa imikino ine yikurikiranye, irimo itatu yo mu itsinda A n’umwe wa ¼,

Catherine Mollel wa Tanzania yatsinze amanota 17 muri uyu mukino mu gihe Nyiramugisha Hope w’u Rwnada yatsinzemo amanota 11.

Abakinnyi ba Misiri bishimira kugera ku mukino wa nyuma

Misiri yihimuye kuri Angola yari yaratsinze mu 2017 ubwo iki Gikombe cya Afurika cyari cyabereye muri Madagascar

Angola iba ishyigikiwe n’abanyarwanda benshi banambaye imyambaro yayo

Mali yageze ku mukino wa nyuma ku nshuoro ya gatandatu yikurikiranya

U Rwanda rwatsinze Tanzania bahataniye umwanya hagati y’uwa gatanu n’uwa karindwi

Irakoze Ange Nelly na Usanase Stacy Charlene bacungira hafi ngo umupira n’uva ku nkangara bawusubirane

Hahirwa Raissa ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza mu kugarira ku ruhande rw’u Rwanda

Umutoza w’ikipe y’u Rwanda Mushumba Charles
Inkuru ya IGIHE

2019-08-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa

Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Amavubi yatsindiwe muri Guinée yatahanye isoni ku maso

Amavubi yatsindiwe muri Guinée yatahanye isoni ku maso

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Ubwanditsi 15 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda
Amakuru

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda
UBUKUNGU

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Somaliya: Abarwanyi ba Al-Shabaab bishe abasirikare batanu b’u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Somaliya: Abarwanyi ba Al-Shabaab bishe abasirikare batanu b’u Burundi

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru