• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Editorial 08 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe kuri iki cyumweru tariki 07 Mata 2024 hafi isi yose yifatanyaga n’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, u Burundi ni kimwe mu bihugu bike byifashe, byanga kugira ubutumwa bitanga bwo gufata Abanyarwanda mu mugongo.

Abasesenguzi mu bya politiki, barimo n’Abarundi, bagaye iyi myitwarire y’abategetsi b’u Burundi, kuko, n’ubwo ibihugu byombi byaba bifite ibyo bitumvikanaho, ntabwo bari kwirengagiza ko Jenoside ari icyaha ndengakamere gikorerwa abatuye isi yose, kuyamagana rero bikaba ari inshingano za buri wese ushyira mu gaciro.

Byongeye, “umuturanyi ni umuzimyamuriro”, nk’uko bizwi mu muco u Rwanda n’u Burundi bisangiye. Ntitwiriwe tuvuga ko uyu mugani u Rwanda rwanawushyize mu bikorwa, ubwo muw’2013 rwatabaranaga ingoga, rukajya kuzimya isoko rya Bujumbura ryagurumanaga.

Abategetsi b’u Burundi birengagije ko ibyago by’umuturanyi biba ari ibyawe, kumutabara no kumwihanganisha bikaba mu by’ukuri ari ukumuguriza. Ushobora kudakunda umututsi rwose. Icyakora kwirengagiza Jenoside yamukorewe, bigusanisha cyane na bene kuyikora.

Ntituvuze ko abategetsi b’u Burundi bishimiye ibyago by’umuturanyi, nubwo bizwi ko hari abari mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uwabishidikanyaho yareba ibaruwa (y’ibanga ariko dufitiye kopi), Perezida Evariste Ndayishimiye yandikiye Minisitiri w’Intebe tariki 06/07/2022, asaba ko haba ubwitonzi mu gusaba ihererekanya ry’abanyabyaha hagati y’ibihugu byombi, kuko muri CNDD-FDD na FRODEBU harimo abarwanashyaka benshi bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yandika iyi baruwa, Perezida Ndayishimiye yirindaga kwikora mu nda!

Mu gihe Loni yemeje ko mu gusobanura ibyabaye mu Rwanda muw’1994, hakoreshwa imvugo”JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI”, ndetse ubu ku isi yose ikaba ariyo mvugo idakuka, ibyegera bya Perezida Ndayishimiye byo biracyakoresha nkana imvugo iteza urujijo. Urugero ni nk’inyandiko Ambasaderi Willy Nyamitwe yashyize ku rubuga rwa X, aho avuga” JENOSIDE YO MU RWANDA”, imvugo asangiye n’abajenosideri n’abandi babari inyuma, igamije gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi .

Ibi byose ariko ntibitunguranye ku muntu ukurikirana ibibera muri aka karere k’Ibiyaga Bigari. Niba se Perezida Ndayishimiye yarohereje abasirikari b’u Burundi gufasha Leta ya Tshisekedi n’abajenosideri bo muri FDLR gutsemba Abatutsi bo muri Kongo, ni hehe handi abahishe ?

Iyi myitwarire itakijyanye n’igihe y’abayoboke ba CNDD-FDD, iragaragaza rya rondabwoko ryabagize imbata. Baribeshya ko ibafasha kwigarurira imitima y’abo bita “rubanda nyamwinshi”, batazi ko ushyigikira umurozi ejo akakumaraho urubyaro.

2024-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Editorial 14 Jun 2016
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Editorial 07 Feb 2017
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Editorial 30 Dec 2019
Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Editorial 09 Jun 2017
Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Editorial 14 Jun 2016
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Editorial 07 Feb 2017
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Editorial 30 Dec 2019
Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Editorial 09 Jun 2017
Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Editorial 14 Jun 2016
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Editorial 07 Feb 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru