• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ibiro, amakompanyi n’abantu ku giti cyabo bakora ibikorwa by’ivunja n’ivunjisha mu buryo butemewe n’amategeko.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba(FIU) , Assistant Commissionner of Police(ACP) Joseph Costa Habyara , rikaba rifite inshingano z’ingenzi zo kwegeranya, gusesengura, kugeza amakuru ku babishinzwe no kugenza ibyaha, mu rwego rwo kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba, atangaza ko abakora ijunja n’ivunjisha bitemewe bakigaragara kandi bakorana n’abafite ibiro n’amakompanyi bakora ako kazi nta burenganzira bafite.

ACP Habyara agira ati:” Amabanki n’ibiro bivunja ni abahawe uburengenzira n’ibyangombwa byo gukora ibyo bikorwa, mu gihe hari n’abandi babikora ariko babiherewe uburenganzira bitewe n’ubucuruzi bakora ndetse n’abo bakira, aba ni nk’abakorera ku ma hoteli, za kazino, kompanyi z’ubukerarugendo no gutwara abantu, amaduka yo ku bibuga by’indege n’ahandi bakira abanyamahanga n’abandi badatuye mu gihugu.

Kuri ubu mu Rwanda, hari ibiro by’ivunjisha 88 bibifitiye uburenganzira n’ibyangombwa, muri byo 55% bikorera mu mujyi wa Kigali.

Muri Nzeli umwaka ushize, Polisi yakoze umukwabu wo kurwanya abavunja mu buryo butemewe ndetse n’ubundi bucuruzi butemewe bufite aho buhuriye n’ikoreshwa ry’amafaranga y’amahanga, aho hafashwe abantu benshi barimo n’abavunja ku buryo butemewe.

ACP Habyara akomeza agira ati:”Amabwiriza agenga ubu bucuruzi asanzwe yarashyizweho kugirango arinde ihungabana ry’ubukungu bw’u Rwanda. Aya mabwiriza akaba agizwe n’amategeko ahana abanyuranya nayo, itegeko rigenga Banki Nkuru hamwe n’amabwiriza agenga ibiro by’ivunjisha.”

Itegeko nshinga , mu ngingo yaryo ya 488 ivuga ku kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n‟amategeko, ivuga ko umuntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ucuruza cyangwa uvunja amafaranga y‟u Rwanda cyangwa amadevize mu buryo bunyuranije n‟amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda kuva ku bihumbi magana abiri (200.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

-2657.jpg

ACP Habyara yongeraho ati:” N’ubwo hasanzweho amategeko n’amabwiriza agenga ubu bucuruzi ariko, ntibibuza ko hakiboneka abakivunjisha mu buryo butemewe n’amategeko ahanini bakorana n’ibiro by’ivunjisha nabyo bitemewe cyangwa abantu ku giti cyabo babikora mu buryo bwa magendu.”

Abahanga mu by’ubukungu bemeza ko ikoreshwa nabi ry’ibikorwa by’ivunjisha rigira ingaruka ku bukungu bw’igihugu harimo guta agaciro k’isoko ry’ivunjisha, ubukungu bw’igihugu bushingira ku ifaranga ry’amahanga, guta agaciro kw’ifaranga ry’imbere mu gihugu, ibyoherezwa mu mahanga bibura ubushobozi bwo guhangana ku isoko mpuzamahanga , habaho kunyereza imisoro ku bakora ivunjisha ritemewe no kubagenzura ngo bafatwe bikagorana kandi hakabaho ihererekanya ry’amafaranga ritemewe ndetse no gutera inkunga iterabwoba byose bidashobora kugenzurwa neza.

Akaba ahamagarira abanyarwanda n’abandi bantu bose baba mu Rwanda kwirinda ibyo bikorwa by’ivunjisha bitemewe(black markets/ marché noirs), ubucuruzi bujyanye nabyo ndetse no kwishyura mu mafaranga y’amahanga.

Barahamagarirwa kandi gukorana na Polisi batanga amakuru ku bakora ubwo bucuruzi butemewe hagamijwe kurinda ihungabana ry’ubukungu bw’igihugu cyacu.
Bwana Muhigi Zéphanie, uhagarariye ishyirahamwe ry’abafite ibiro by’ivunjisha( Rwanda Forex Bureaux Association) yashimiye Polisi y’u Rwanda ku ngamba yashyizeho zo guca akajagari mu bikorwa by’ivunja n’ivunjisha aho yagize ati:” Aka kajagari kadukururiraga igihombo kuko twe dutanga imisoro kandi dukodesha aho dukorera mu gihe bariya bo batagira aho bakorera bo basanga abavunjisha aho bari, kandi bagakwepa imisoro.”

Yavuze ko ishyirahamwe ryabo ryiteguye gukorana na Polisi ngo akajagari gacike kandi agira inama abakora ubu bucuruzi mu buryo butemewe ko batangira gahunda yo gushaka ibyangombwa kuko imitangire yabyo isobanutse kandi abadashoboye gukora bonyine bakaba bakwishyira hamwe.

RNP

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2019
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere
IMIKINO

Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane
ITOHOZA

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha
Mu Mahanga

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ubwanditsi 29 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru