• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017 ITOHOZA

Jyewe nk’umusomyi wa Rushyashya nifuje kugira icyo mvuga ku kiganiro cyatanzwe muri The Rwandan n’uwahoze ari umucuruzi mu Rwanda SISI Evariste.

Uyu musaza SISI Evariste abenshi muri Kigali bazi nka SIEVA,kubera ubucuruzi bwe bwa Papeterie SIEVA n’Icapiro rye ku Kicukiro hafi ya Bralirwa.

SISI Evariste wafatwaga nk’icyitso cy’inkotanyi muri za 1990 mugihe inkotanyi zateraga igihugu zinjiriye I Kagitumba, SISI nk’umwe mu bacuruzi bari bakomeye muri Kigali, utaravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana kubera ubwoko bwe, yafunzwe mu byitso, nyuma yaho afunguriwe yagize uruhare rukomeye mu ishyirwaho ry’ Ishyaka ryo kwishyira ukizana kwa buri muntu (PL),ryagize uruhare mu kobohoza iki gihugu, rigatakaza nabatari bake muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

SISI wari kuri Liste y’Abadepite ba PL, bagombaga kwinjira mu nteko ishingamategeko yaguye irimo na FPR, nyuma y’amasezerano y’amahoro y’Arusha ,Perezida Habyarimana yaje kuyinaniza, ahubwo abambari be bategura Jenoside yo kurimbura Abatutsi. SISI yaje kurokoka Jenoside, ariko atakaza umugore we n’abana asigarana uwari mu nkotanyi. SISI aza kuba umwe mubagize Inteko ishingamategeko (Depite) mu nzibacyuho ku itike ya PL.

Mu gihe iryo shyaka PL, ryacikagamo ibice kubera amakimbirane ashingiye ku myanya y’ishyaka SISI yari mu gice cya Sebarenzi Joseph Kabuye wari Perezida w’inteko, akaba yarifuzaga no kuyobora u Rwanda, bivugwa ko yari kubifashwamo na bamwe mu bari muri opposition ubu ariko icyo gihe bari mu Rwanda.

SISI niwe mu Depite wenyine wa PL, wanze gusinya Petition yo kweguza Sebarenzi waregwaga kugambanira igihugu.

Kubera uko gufatanya imirimo ya Politiki n’Ubucuruzi SISI yaje guhomba ndetse iryo shoramari rye riza gutezwa cyamunara kubera imyenda ya Banki, atari agishoboye kwishyura.

Muri icyo gihe ubwo byari mu mwaka w’2000, SISI yaje kujya I Kampala muri Uganda agezeyo yaka ubuhungiro ndetse aza no kuhatesekera cyane kubera kubura impapuro zimuhesha ubuhungiro mu bihugu by’uburayi kuberako yananiwe gusobanurira UNHCR –Kampala impamvu yahunze u Rwanda.

SISI wari umaze kwishumbusha Espérance Mukashema umukobwa wa Mukurira wari utuye ku Muhima hafi ya prison , wari warapfushije umugabo muri Jenoside, asigarana umwana umwe witwa Richard Sheja, uyu Espérance Mukashema, akaba mwene wabo na Musenyeri Gasabwoba.


Espérance Mukashema

Baje kwiga umutwe baraheze i Kampala barabuze impapuro zibageza I Burayi bahindura dosiye muri UNHCR, bavuga ko bahunze inkotanyi zari ziyobowe na Gen. Ibingira na Kabanda, zamwiciye umwana wari warahunganye na Musenyeri Gasabwoya n’abandi basenyeri bari I Kabwayi biciwe I Gakurazo.

Nguko uko baje kujyanwa I Burayi biyemeza gushinja inkotanyi ubwicanyi bwakorewe Abasenyeri ndetse basohora n’igitabo bise Yishe umumarayika, bashinja inkotanyi ubwicanyi.

Ikinteye rero kuvuga ibi n’uko muri icyo kiganiro SISI avuga ko yahunze ubutegetsi bwa Kagame bwica abacitse ku icumu bugatoteza umuryango wa Rwigara, mugihe bizwi ko SISI yahunze na Kagame ataraba Perezida wa Repubulika, akiri Visi Perezida. Kuvuga ko Abarokotse bicwa ninde uyobewe ko Perezida Kagame ariwe washyizeho ikigega cyo kubavuza no kubarihira amashuri (FARG) ubu abanyuma bakaba barangije za Kaminuza.

Ikindi naho SISI avuga ko ngo yazize imitungo ye kimwe na Rujugiro,Makuza, Rwabukamba, Pascal Munyampirwa kandi bamwe muri aba imitungo yabo iriho iracungwa n’imiryango yabo abandi kimwe na SISI na Pascal imitungo yabo yatejwe cyamunara na Banki kubera kutishyura amadeni.


Sisi Evariste

Abo bose bahunze ubukene buturutse ku madeni, batinya kwambarira ubucocero aho bambariye inkindi, ubu nibo bigize impunzi za politiki, ubu bararikoroza bigacika.

Ahubwo SISI navugishe ukuri yabaye umuhezanguni wa “Soldarite Kibuye”, iguye agwana nayo. None agiye kugwa ishyanga.

2017-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Ubwanditsi 03 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite barifuza ko infungwa zakwemererwa gukora imibonano mpuzabitsina
Mu Rwanda

Uganda: Abadepite barifuza ko infungwa zakwemererwa gukora imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 17 Dec 2016
‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali
INKURU NYAMUKURU

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia
Amakuru

Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia

Ubwanditsi 01 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru