• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda   |   02 Jul 2022

  • Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”   |   01 Jul 2022

  • Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball   |   30 Jun 2022

  • Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika   |   29 Jun 2022

  • Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi   |   28 Jun 2022

  • Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma   |   28 Jun 2022

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Editorial 25 Oct 2017 ITOHOZA

Jyewe nk’umusomyi wa Rushyashya nifuje kugira icyo mvuga ku kiganiro cyatanzwe muri The Rwandan n’uwahoze ari umucuruzi mu Rwanda SISI Evariste.

Uyu musaza SISI Evariste abenshi muri Kigali bazi nka SIEVA,kubera ubucuruzi bwe bwa Papeterie SIEVA n’Icapiro rye ku Kicukiro hafi ya Bralirwa.

SISI Evariste wafatwaga nk’icyitso cy’inkotanyi muri za 1990 mugihe inkotanyi zateraga igihugu zinjiriye I Kagitumba, SISI nk’umwe mu bacuruzi bari bakomeye muri Kigali, utaravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana kubera ubwoko bwe, yafunzwe mu byitso, nyuma yaho afunguriwe yagize uruhare rukomeye mu ishyirwaho ry’ Ishyaka ryo kwishyira ukizana kwa buri muntu (PL),ryagize uruhare mu kobohoza iki gihugu, rigatakaza nabatari bake muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

SISI wari kuri Liste y’Abadepite ba PL, bagombaga kwinjira mu nteko ishingamategeko yaguye irimo na FPR, nyuma y’amasezerano y’amahoro y’Arusha ,Perezida Habyarimana yaje kuyinaniza, ahubwo abambari be bategura Jenoside yo kurimbura Abatutsi. SISI yaje kurokoka Jenoside, ariko atakaza umugore we n’abana asigarana uwari mu nkotanyi. SISI aza kuba umwe mubagize Inteko ishingamategeko (Depite) mu nzibacyuho ku itike ya PL.

Mu gihe iryo shyaka PL, ryacikagamo ibice kubera amakimbirane ashingiye ku myanya y’ishyaka SISI yari mu gice cya Sebarenzi Joseph Kabuye wari Perezida w’inteko, akaba yarifuzaga no kuyobora u Rwanda, bivugwa ko yari kubifashwamo na bamwe mu bari muri opposition ubu ariko icyo gihe bari mu Rwanda.

SISI niwe mu Depite wenyine wa PL, wanze gusinya Petition yo kweguza Sebarenzi waregwaga kugambanira igihugu.

Kubera uko gufatanya imirimo ya Politiki n’Ubucuruzi SISI yaje guhomba ndetse iryo shoramari rye riza gutezwa cyamunara kubera imyenda ya Banki, atari agishoboye kwishyura.

Muri icyo gihe ubwo byari mu mwaka w’2000, SISI yaje kujya I Kampala muri Uganda agezeyo yaka ubuhungiro ndetse aza no kuhatesekera cyane kubera kubura impapuro zimuhesha ubuhungiro mu bihugu by’uburayi kuberako yananiwe gusobanurira UNHCR –Kampala impamvu yahunze u Rwanda.

SISI wari umaze kwishumbusha Espérance Mukashema umukobwa wa Mukurira wari utuye ku Muhima hafi ya prison , wari warapfushije umugabo muri Jenoside, asigarana umwana umwe witwa Richard Sheja, uyu Espérance Mukashema, akaba mwene wabo na Musenyeri Gasabwoba.


Espérance Mukashema

Baje kwiga umutwe baraheze i Kampala barabuze impapuro zibageza I Burayi bahindura dosiye muri UNHCR, bavuga ko bahunze inkotanyi zari ziyobowe na Gen. Ibingira na Kabanda, zamwiciye umwana wari warahunganye na Musenyeri Gasabwoya n’abandi basenyeri bari I Kabwayi biciwe I Gakurazo.

Nguko uko baje kujyanwa I Burayi biyemeza gushinja inkotanyi ubwicanyi bwakorewe Abasenyeri ndetse basohora n’igitabo bise Yishe umumarayika, bashinja inkotanyi ubwicanyi.

Ikinteye rero kuvuga ibi n’uko muri icyo kiganiro SISI avuga ko yahunze ubutegetsi bwa Kagame bwica abacitse ku icumu bugatoteza umuryango wa Rwigara, mugihe bizwi ko SISI yahunze na Kagame ataraba Perezida wa Repubulika, akiri Visi Perezida. Kuvuga ko Abarokotse bicwa ninde uyobewe ko Perezida Kagame ariwe washyizeho ikigega cyo kubavuza no kubarihira amashuri (FARG) ubu abanyuma bakaba barangije za Kaminuza.

Ikindi naho SISI avuga ko ngo yazize imitungo ye kimwe na Rujugiro,Makuza, Rwabukamba, Pascal Munyampirwa kandi bamwe muri aba imitungo yabo iriho iracungwa n’imiryango yabo abandi kimwe na SISI na Pascal imitungo yabo yatejwe cyamunara na Banki kubera kutishyura amadeni.


Sisi Evariste

Abo bose bahunze ubukene buturutse ku madeni, batinya kwambarira ubucocero aho bambariye inkindi, ubu nibo bigize impunzi za politiki, ubu bararikoroza bigacika.

Ahubwo SISI navugishe ukuri yabaye umuhezanguni wa “Soldarite Kibuye”, iguye agwana nayo. None agiye kugwa ishyanga.

2017-10-25
Editorial

IZINDI NKURU

Komisiyo y’amatora igiye kwiga  ku mafoto ya Diane Rwigara yashyizwe hanze yambaye ubusa niya Mpayimana ahetse Umwana

Komisiyo y’amatora igiye kwiga ku mafoto ya Diane Rwigara yashyizwe hanze yambaye ubusa niya Mpayimana ahetse Umwana

Editorial 30 May 2017
Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Editorial 26 Apr 2018
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Editorial 31 Jul 2018
Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Editorial 25 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru