• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017 ITOHOZA

Jyewe nk’umusomyi wa Rushyashya nifuje kugira icyo mvuga ku kiganiro cyatanzwe muri The Rwandan n’uwahoze ari umucuruzi mu Rwanda SISI Evariste.

Uyu musaza SISI Evariste abenshi muri Kigali bazi nka SIEVA,kubera ubucuruzi bwe bwa Papeterie SIEVA n’Icapiro rye ku Kicukiro hafi ya Bralirwa.

SISI Evariste wafatwaga nk’icyitso cy’inkotanyi muri za 1990 mugihe inkotanyi zateraga igihugu zinjiriye I Kagitumba, SISI nk’umwe mu bacuruzi bari bakomeye muri Kigali, utaravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana kubera ubwoko bwe, yafunzwe mu byitso, nyuma yaho afunguriwe yagize uruhare rukomeye mu ishyirwaho ry’ Ishyaka ryo kwishyira ukizana kwa buri muntu (PL),ryagize uruhare mu kobohoza iki gihugu, rigatakaza nabatari bake muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

SISI wari kuri Liste y’Abadepite ba PL, bagombaga kwinjira mu nteko ishingamategeko yaguye irimo na FPR, nyuma y’amasezerano y’amahoro y’Arusha ,Perezida Habyarimana yaje kuyinaniza, ahubwo abambari be bategura Jenoside yo kurimbura Abatutsi. SISI yaje kurokoka Jenoside, ariko atakaza umugore we n’abana asigarana uwari mu nkotanyi. SISI aza kuba umwe mubagize Inteko ishingamategeko (Depite) mu nzibacyuho ku itike ya PL.

Mu gihe iryo shyaka PL, ryacikagamo ibice kubera amakimbirane ashingiye ku myanya y’ishyaka SISI yari mu gice cya Sebarenzi Joseph Kabuye wari Perezida w’inteko, akaba yarifuzaga no kuyobora u Rwanda, bivugwa ko yari kubifashwamo na bamwe mu bari muri opposition ubu ariko icyo gihe bari mu Rwanda.

SISI niwe mu Depite wenyine wa PL, wanze gusinya Petition yo kweguza Sebarenzi waregwaga kugambanira igihugu.

Kubera uko gufatanya imirimo ya Politiki n’Ubucuruzi SISI yaje guhomba ndetse iryo shoramari rye riza gutezwa cyamunara kubera imyenda ya Banki, atari agishoboye kwishyura.

Muri icyo gihe ubwo byari mu mwaka w’2000, SISI yaje kujya I Kampala muri Uganda agezeyo yaka ubuhungiro ndetse aza no kuhatesekera cyane kubera kubura impapuro zimuhesha ubuhungiro mu bihugu by’uburayi kuberako yananiwe gusobanurira UNHCR –Kampala impamvu yahunze u Rwanda.

SISI wari umaze kwishumbusha Espérance Mukashema umukobwa wa Mukurira wari utuye ku Muhima hafi ya prison , wari warapfushije umugabo muri Jenoside, asigarana umwana umwe witwa Richard Sheja, uyu Espérance Mukashema, akaba mwene wabo na Musenyeri Gasabwoba.


Espérance Mukashema

Baje kwiga umutwe baraheze i Kampala barabuze impapuro zibageza I Burayi bahindura dosiye muri UNHCR, bavuga ko bahunze inkotanyi zari ziyobowe na Gen. Ibingira na Kabanda, zamwiciye umwana wari warahunganye na Musenyeri Gasabwoya n’abandi basenyeri bari I Kabwayi biciwe I Gakurazo.

Nguko uko baje kujyanwa I Burayi biyemeza gushinja inkotanyi ubwicanyi bwakorewe Abasenyeri ndetse basohora n’igitabo bise Yishe umumarayika, bashinja inkotanyi ubwicanyi.

Ikinteye rero kuvuga ibi n’uko muri icyo kiganiro SISI avuga ko yahunze ubutegetsi bwa Kagame bwica abacitse ku icumu bugatoteza umuryango wa Rwigara, mugihe bizwi ko SISI yahunze na Kagame ataraba Perezida wa Repubulika, akiri Visi Perezida. Kuvuga ko Abarokotse bicwa ninde uyobewe ko Perezida Kagame ariwe washyizeho ikigega cyo kubavuza no kubarihira amashuri (FARG) ubu abanyuma bakaba barangije za Kaminuza.

Ikindi naho SISI avuga ko ngo yazize imitungo ye kimwe na Rujugiro,Makuza, Rwabukamba, Pascal Munyampirwa kandi bamwe muri aba imitungo yabo iriho iracungwa n’imiryango yabo abandi kimwe na SISI na Pascal imitungo yabo yatejwe cyamunara na Banki kubera kutishyura amadeni.


Sisi Evariste

Abo bose bahunze ubukene buturutse ku madeni, batinya kwambarira ubucocero aho bambariye inkindi, ubu nibo bigize impunzi za politiki, ubu bararikoroza bigacika.

Ahubwo SISI navugishe ukuri yabaye umuhezanguni wa “Soldarite Kibuye”, iguye agwana nayo. None agiye kugwa ishyanga.

2017-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yaba arambiwe kwitwa umufatanyacyaha mu bugome bukorerwa mu burasirazuba bwa Kongo?

Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yaba arambiwe kwitwa umufatanyacyaha mu bugome bukorerwa mu burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Ububiligi: Uko  Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?

Ububiligi: Uko Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ubwanditsi 20 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato
Mu Mahanga

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017
AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe
Mu Rwanda

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru