• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

RUSHYASHYA 06 Mar 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye Ingabo z’u Rwanda (RDF) bitazahagarika intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kuva itangazo ry’ibi bihano ryasohoka ku mugoroba wo ku wa 2 Werurwe 2026, abayobozi bo muri Guverinoma ya RDC bari kwicinya icyara, bashimira Amerika ko yasubije icyifuzo bamaze imyaka myinshi bafite.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yatangaje ko icyemezo cya Amerika cyagaragaje ko nta muntu ugomba guhora arenga ku masezerano, yongeraho ko abayobozi bo muri RDC bahagaze bashikamye.

Makolo yasubije Kayikwamba ko ibinyoma n’imbaraga zose Leta ya RDC ikomeje gushyira mu icengezamatwara, ukuri kugaragaza ko ari yo ya mbere ifasha umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubangamiye umutekano w’u Rwanda kuzagumaho.

Ati “Leta ya RDC iracyari nimero ya mbere mu gufasha FDLR, ibikomeza kubangamira umutekano w’u Rwanda. Ibinyoma byose n’umutungo washyirwa mu icengezamatwara hagamijwe guhisha ubufasha Leta ya RDC iha FDLR, ntibizakuraho iki kibazo.”

Yashimangiye ko ibihano Amerika yafatiye RDF na bamwe mu bayobozi bayo bibogamye kandi ko bizatuma Leta ya RDC ikomeza kwifashisha imbaraga z’igisirikare, ibyo bikazenyegeza intambara n’ubugizi bwa nabi, ubuzima na bwo bukahatikirira.

Yagize ati “Ikibabaje ni uko ibihano bibogamye bisunikira gusa Leta ya RDC mu kwizirika ku gushaka igisubizo cya gisirikare. Ingaruka ni ibyo tubona ubu: gukururuka kw’intambara, kwiyongera k’ubugizi bwa nabi, gupfusha ubusa amahirwe, igikomeye kikaba kubura ubuzima.”

Leta ya RDC na Amerika bishinja u Rwanda gufasha AFC/M23, gusa Makolo yatangaje ko iri huriro ryavutse kugira ngo rirwanye itotezwa rikorerwa Abanye-Congo rishingiye kuri politiki ya Leta ya RDC yo gushyigikira abamunzwe n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Makolo yagaragaje ko amagambo menshi yibasira Abatutsi arimo ayavuzwe n’uwahoze ari Umuvugizi w’Ingabo za RDC, Gen Maj Sylvain Ekenge, ubwo yari kuri Televiziyo y’Igihugu (RTNC) ari yo atera ubugizi bwa nabi bushingiye ku moko, bushobora gukwirakwira mu karere kose.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko mu gihe abantu bashaka igisubizo cy’ibibazo, baba badakwiye kugoreka ukuri, cyangwa ngo bakwirengagize, kuko kubikora uko ari byo bituma ibibazo bidakemuka mu buryo burambye.

Amasezerano ya Washington yashyizweho umukono muri Kamena 2025, agashimangirwa mu Ukuboza uwo mwaka, yateganyaga ko Leta ya RDC igomba gusenya umutwe wa FDLR mu buryo bufatika, u Rwanda na rwo rugakuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho.

Nubwo raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yemeza ko Leta ya RDC yakomeje guha FDLR ubufasha na nyuma y’aya masezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington, Amerika ntacyo yabikozeho, nta n’icyo ibivugaho.

Yolande Makolo yatangaje ko ibi bihano bibogamye bidateze guhagarika intambara yo muri RDC

2026-03-06
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Ubwanditsi 31 May 2021
Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane

Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 26 Jul 2023
Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Ubwanditsi 28 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya
POLITIKI

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye
ITOHOZA

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 17 Jan 2019
ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 28 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru