• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ibitangazamakuru bikoreshwa n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda(CMI), bikomeje kubeshya abantu ko Perezida Museveni atazajya I Goma mu nama y’abakuru b’ Ibihugu byo mu karere, yatumijwe na Perezida Etienne Tshisekedi Chilombo wa RDC, ngo kuko atizeye umutekano we aho mu mujyi wa Goma.

Nyamara abasesenguzi barimo n’impuguke mu byo gucunga umutekano w’ibikomerezwa, bagaragaje ko urwo ari urwitwazo, kuko ntacyo RDC itakoze ngo yizeze abatumiwe umutekano, cyane ko n’ amahanga yari yavuze ko azashyiraho akayo, iyo nama ikaba mu mutekano usesuye. Ahubwo amakuru nyayo aravuga ko Perezida Museveni yatinye kujya mu nama y’I Goma kubera impamvu ebyiri nyamukuru.
1.Iyi nama y’ iGoma yari kuzahurirwamo n’abakuru b’Ibihugu bashyize umukono ku masezerano y’I Luanda, yari agamije kurangiza umubano mubi urangwa hagati ya Uganda n’uRwanda. Abari batumiwe muri iyo nama ni Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri K. Museveni wa Uganda, Etienne Tshisekedi wa RDC na Joåo Lourenço wa Angola, hiyongereyemo Ndayishimiye w’uBurundi, nawe uvugwa cyane mu batera umutekano muke muri aka karere.

Amasezerano y’i Luanda yasabaga Museveni kureka iyicarubozo akorera Abanyarwanda bari muri Uganda, ndetse agahita anafungura abo yabeshyeraga ngo ni intasi z’uRwanda. Kuva yashyirwaho umukono, abarekuwe ni mbarwa, ahubwo hafashwe n’abandi, ubu bafungiye ahantu hatazwi. Perezida Museveni kandi yari yihanangirijwe na bagenzi be, bamubuza gukomeza gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda.

Aho kubireka ahubwo yakajije umurego, akomeza gutera inkunga Kayumba Nyamwasa n’abandi baba mu mitwe y’iterabwoba itandukanye, ihora yigamba guhemukira Abanyarwanda. Birumvikana ko mu nama y’i Goma, nta kuntu Museveni atari kubazwa impamvu atubahirije ibyo yasinyiye, ahubwo agasuzugura inama yagiriwe na bagenzi be.
2. Impuguke za Loni ziherutse gusohora icyegerano gishinja Uganda guhungabanya umutekano wa Kongo, ndetse Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICJ) rutegeka ko Uganda yishyura RDC impozamarira ingana na miliyari 10 z’amadolari ya Amerika. Mu birego byashinjwe bikanahama Uganda, harimo kuba imijyi ya Kampala, Arua na Entebbe yaragiye ikoreshwa kenshi mu gutambutsa intwaro zijya mu mitwe ihungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa Kongo, imitwe nayo ikoherereza abategetsi ba Uganda amabuye y’agaciro n’imbaho.Uganda yajuririye iki cyemezo iragitsindirwa, ariko n’ubu yanze kugishyira mu bikorwa. Birumvikana ko mu nama y’i Goma Museveni atari kubura kubazwa iby’iri deni, akaba yaashoboraga no gukubitana n’imyigaragambyo ikaze y’abamuryoza ibikubiye mu cyegeranyo cya Loni.

Mu gukomeza kujijisha ibinyamakuru bya CMI, biratandukira, bikavuga ko ahubwo Perezida w’uRwanda ari we utajya I Goma. Bikirengagiza ko nta gihe Perezida Kagame atagiye muri RDC, hagamijwe kunoza umubano w’ibihugu byombi, ubu unifashe neza.Mu mwaka w’2009, Perezida Kagame yahuriye I Goma na Joseph Kabila, wari perezida wa RDC, kandi icyo gihe umwuka ntiwari na mwiza nk’uko bimeze ubu. Muw’2019 nabwo Perezida Kagame yakoreye uruzinduko i Kinshasa, anakiranwa ubwuzu n’Abanyekongo bishimiye imibanire y’ibihugu byombi.
CMI n’ibinyamakuru byayo rero nibireke ikinyoma, ahubwo bishishikarize Museveni ubunyangamugayo yishyure ideni rya RDC, kandi ahagarike ibikorwa by’ubushotoranyi mu karere no ku Rwanda by’umwihariko.
Inama y’iGoma izabanza kuba hakoreshejwe “iyakure”, ariko amaherezo y’inzira ni mu nzu, am Museveni azashyira ahura na bagenzi be imbonankubone.

2020-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Ubwanditsi 08 Mar 2022
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Ubwanditsi 16 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize
Amakuru

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Ubwanditsi 23 Oct 2020
Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama
HIRYA NO HINO

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 
Amakuru

Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 

Ubwanditsi 06 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru