• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibi Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak yabigarutseho ejo kuwa mbere, ubwo yari muri Koleji ya Enfield mu majyaruguru y’Umurwa Mukuru, London, yongera gushimangira ko yiyemeje gukora ibishoboka byose amasezerano igihugu cye gifitanye n’u Rwanda ku birebana n’abimukira, agashyirwa mu bikorwa.

Mu cyumweru gishize Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwanzuye ko ayo masezerano ateganya ko u Rwanda ruzakira abimukira bari mu Bwongereza mu buryo bunyuranye n’amategeko, adashobora kubahirizwa ngo kuko u Rwanda rudafata neza impunzi n’abimukira.

Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak yongeye gutangaza ko guverinoma ye yatangiye gusuzuma no kuvugurura amategeko arebana n’abimukora, ingingo zibangamiye amasezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza zigateshwa agaciro. Yanongeyeho kandi ko hatangiye umushinga uvuguruye w’ amasezerano mashya hagati y’ibihugu byombi, hagamijwe kwima urwaho abanengaga amasezerano yari yarashyizweho umukono.

Ku birebana n’Urukiko rw’Uburayi rw’Uburenganzira bwa Muntu, narwo rushyira ibihato mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zigamije kubuza abimukira kwinjira mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko, Bwana Rishi Sunak yagize ati: “Ntibazakomeza kwemera ko urukiko rwo mu mahanga rubuza indege zitwaye abimukira kwerekeza mu Rwanda, Iki ni igihugu gishyira mu gaciro”.

Ntitwakwemera ko uruzurungutane mu nkiko rukomeza, rugomba guhagarara”.

Bwana David Cameron wigeze kuba Minisitiri w’Intebe aho mu Bwongereza, ubu akaba ashinzwe Ububanyi n’Amahanga, nawe ashyigikiye igitekerezo cya Rishi Sunak, akaba asanga koko igihe kigeze ngo amategeko arebana n’abimukira avugururwe, yaba ay’imbere mu gihugu, y’aba n’amasezerano mpuzamahanga Ubwongereza bwashyizeho umukono.

David Cameron nawe ejo yakuriye inzira ku murima Urukiko rw’Uburayi rw’Uburenganzira bwa Muntu, avuga ko azahangana narwo niruramuka rushatse gukoma mu nkokora amasezerano ateganya kohereza mu Rwanda abimukira bari mu Bwongereza binyuranye n’amategeko.

Aba bayobozi bakuru mu Bwongereza basanga nta mpamvu n’imwe ikwiye kubuza u Rwanda kwakira abo bimukira, nk’igihugu gisanzwe gicumbikiye impunzi nyinshi, kandi zivugira ko u Rwanda rwazibereye umubyeyi mwiza.

Ubwo Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwari rumaze gitambamira gahunda yo kohereza mu Rwanda abo bimukira, Guverinoma y’u Rwanda yahise igaragaza ko itishimiye impamvu abacamanza ngo bashingiyeho, isobanura ko uRwanda rwuje umutekano, kandi rwubahiriza uburenganzira bwa buri wese, harimo impunzi n’abimukira.

Ibi ndetse byanashimangiwe n’Ishami rya Loni rishinzwe Impunzi, HCR, ryashimye byimazeyo uburyo u Rwanda ari intangarugero mu kubahiriza uburenganzira bw’impunzi.

Ababikurikiranira hafi basanga kubangamira amasezerano hagati y’Ubwongereza n’u Rwanda bishingiye ku nyungu za politiki, aho gushingira ku mategeko, no ku kuri kugaragarira buri wese uzi neza imikorere n’imiterere y’u Rwanda.

Mu bahangayikishijwe n’uko abimukira bari mu Bwongereza bakoherezwa mu Rwanda, harimo ba rusahuriramunduru, barira kuri abo bimukira.

Twavuga nk’ ababambutsa rwihishwa babajyana mu Bwongereza, abiyita”abagiraneza” babashakira ibyo kurya, imiti, imyambaro n’ibindi nkenerwa, abanyamategeko babashakira ubuhungiro, n’abandi bungukira kuri abo ba nyakugorwa.

Ibyo kuba hari umubare munini w’abapfira mu nzira bagerageza kwinjira aho mu Bwongereza ntacyo bibabwiye, ibifu byabo bipfa kuba byuzuye gusa.

2023-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari
Mu Rwanda

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994
ITOHOZA

Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994

Ubwanditsi 05 Apr 2017
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina
Amakuru

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Ubwanditsi 04 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru