• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibi Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak yabigarutseho ejo kuwa mbere, ubwo yari muri Koleji ya Enfield mu majyaruguru y’Umurwa Mukuru, London, yongera gushimangira ko yiyemeje gukora ibishoboka byose amasezerano igihugu cye gifitanye n’u Rwanda ku birebana n’abimukira, agashyirwa mu bikorwa.

Mu cyumweru gishize Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwanzuye ko ayo masezerano ateganya ko u Rwanda ruzakira abimukira bari mu Bwongereza mu buryo bunyuranye n’amategeko, adashobora kubahirizwa ngo kuko u Rwanda rudafata neza impunzi n’abimukira.

Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak yongeye gutangaza ko guverinoma ye yatangiye gusuzuma no kuvugurura amategeko arebana n’abimukora, ingingo zibangamiye amasezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza zigateshwa agaciro. Yanongeyeho kandi ko hatangiye umushinga uvuguruye w’ amasezerano mashya hagati y’ibihugu byombi, hagamijwe kwima urwaho abanengaga amasezerano yari yarashyizweho umukono.

Ku birebana n’Urukiko rw’Uburayi rw’Uburenganzira bwa Muntu, narwo rushyira ibihato mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zigamije kubuza abimukira kwinjira mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko, Bwana Rishi Sunak yagize ati: “Ntibazakomeza kwemera ko urukiko rwo mu mahanga rubuza indege zitwaye abimukira kwerekeza mu Rwanda, Iki ni igihugu gishyira mu gaciro”.

Ntitwakwemera ko uruzurungutane mu nkiko rukomeza, rugomba guhagarara”.

Bwana David Cameron wigeze kuba Minisitiri w’Intebe aho mu Bwongereza, ubu akaba ashinzwe Ububanyi n’Amahanga, nawe ashyigikiye igitekerezo cya Rishi Sunak, akaba asanga koko igihe kigeze ngo amategeko arebana n’abimukira avugururwe, yaba ay’imbere mu gihugu, y’aba n’amasezerano mpuzamahanga Ubwongereza bwashyizeho umukono.

David Cameron nawe ejo yakuriye inzira ku murima Urukiko rw’Uburayi rw’Uburenganzira bwa Muntu, avuga ko azahangana narwo niruramuka rushatse gukoma mu nkokora amasezerano ateganya kohereza mu Rwanda abimukira bari mu Bwongereza binyuranye n’amategeko.

Aba bayobozi bakuru mu Bwongereza basanga nta mpamvu n’imwe ikwiye kubuza u Rwanda kwakira abo bimukira, nk’igihugu gisanzwe gicumbikiye impunzi nyinshi, kandi zivugira ko u Rwanda rwazibereye umubyeyi mwiza.

Ubwo Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwari rumaze gitambamira gahunda yo kohereza mu Rwanda abo bimukira, Guverinoma y’u Rwanda yahise igaragaza ko itishimiye impamvu abacamanza ngo bashingiyeho, isobanura ko uRwanda rwuje umutekano, kandi rwubahiriza uburenganzira bwa buri wese, harimo impunzi n’abimukira.

Ibi ndetse byanashimangiwe n’Ishami rya Loni rishinzwe Impunzi, HCR, ryashimye byimazeyo uburyo u Rwanda ari intangarugero mu kubahiriza uburenganzira bw’impunzi.

Ababikurikiranira hafi basanga kubangamira amasezerano hagati y’Ubwongereza n’u Rwanda bishingiye ku nyungu za politiki, aho gushingira ku mategeko, no ku kuri kugaragarira buri wese uzi neza imikorere n’imiterere y’u Rwanda.

Mu bahangayikishijwe n’uko abimukira bari mu Bwongereza bakoherezwa mu Rwanda, harimo ba rusahuriramunduru, barira kuri abo bimukira.

Twavuga nk’ ababambutsa rwihishwa babajyana mu Bwongereza, abiyita”abagiraneza” babashakira ibyo kurya, imiti, imyambaro n’ibindi nkenerwa, abanyamategeko babashakira ubuhungiro, n’abandi bungukira kuri abo ba nyakugorwa.

Ibyo kuba hari umubare munini w’abapfira mu nzira bagerageza kwinjira aho mu Bwongereza ntacyo bibabwiye, ibifu byabo bipfa kuba byuzuye gusa.

2023-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

Ubwanditsi 30 Sep 2020
RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

Ubwanditsi 04 Jun 2016
RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

Ubwanditsi 18 Jan 2020
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze
UBUKERARUGENDO

Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko
ITOHOZA

Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 14 Apr 2018
Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi
Mu Mahanga

Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Ubwanditsi 10 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru