• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Gutekereza ko ubutegetsi bwa Nkurunziza butemewe ni uguta umutwe’ -Mkapa

‘Gutekereza ko ubutegetsi bwa Nkurunziza butemewe ni uguta umutwe’ -Mkapa

Ubwanditsi 10 Dec 2016 Mu Rwanda

Ibi Mkapa yabitangaje nyuma y’ uruzinduko rw’ iminsi ibiri yagiraga muri iki gihugu aho yaganiriye n’ abanyapolitiki batandukanye ndetse na Perezida Nkurunziza ubwe bakaba baraganiriye inshuro ebyiri.

Ibibazo by’ umutekano muke mu Burundi byatangiye ubwo Perezida Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamariza manda ya gatatu. Nubwo izi mvururu zabayeho ntibyabujije Perezida Nkurunziza kwiyamamariza kuyobora iki gihugu ndetse aratorwa.

Abatavuga rumwe n’ ubutegetsi bwe ntibahemye kugaragaza ko kuba Perezida Nkurunziza ari ku butegetsi binyuranyije n’ Itegeko Nshinga cy’ iki gihugu. Ikindi ngo binyuranyije n’ amasezerano ya Arusha.

Gusa Benjamin Mkapa asanga kuba Nkurunziza ari Perezida watowe n’ abaturage, akaba anemerwa n’ Umuryango w’ abibumbye, ngo ubutegetsi butemewe byaba ari uguta umutwe.

Yagize ati “Abasaba guhagararira ibiguhu byabo mu Burundi impapuro zibemerera guhagarira ibihugu byabo mu Burundi bazishyikiriza Perezida Nkurunziza. ONU yaremeje ko ariwe mukuru w’iki gihugu. None uko guta umutwe ni nyabaki? Turata umwanya ku kibazo cyarangiye kera,’’

Uruzinduko rwa Mkapa mu Burundi rugamije gutegura isubukurwa ry’ ibiganiro byo kugarura amahoro muri iki gihugu. Ibi biganiro bizasubukurwa muri Mutarama 2016. Mkapa avuga ko abo inkiko zikurikiranyeho ibyaha batazabyitabira. Ni nako ubutegetsi buriho mu Burundi bubishaka.

Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka nibwo umuryango uhuza ibihugu by’ Afurika y’ iburasirazuba EAC, washyizeho Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania ngo abe umuhuza mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burundi.

Mkapa asaba ibihugu bicumbikiye abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza tariki 19 Gicurasi 2015, kubohereza mu Burundi bakagezwa imbere y’ ubutabera cyangwa bagashyikirizwa ibindi bihugu bishobora kubohereza mu Burundi.

-4977.jpg

Umuhuza mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burundi Benjamin Mkapa afata gutekereza ko ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza butewe nko guta umutwe.

2016-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Ubwanditsi 11 May 2018
Rusizi : Kagame  yiyamamarije mu  Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Ubwanditsi 28 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura
INKURU NYAMUKURU

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020
Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  
INKURU NYAMUKURU

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Ubwanditsi 24 Oct 2018
Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe
ITOHOZA

Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe

Ubwanditsi 13 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru