• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Ubwanditsi 22 Sep 2017 Mu Rwanda

Abayobozi babiri b’ibanze bo mu murenge wa Ndera mu karere ka Gasabo bafunzwe bakekwaho gusaba no kwakira ruswa umuturage kugirango yubake mu buryo butemewe n’amategeko.

Abafunze ni Munyemana Gaspard ushinzwe amakuru mu mudugudu na Ntakirutimana Wilson ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kira, akagari ka Kibenga, mu murenge wa Ndera, bakaba bafungiye kuri sitasyo ya Polisi ya Ndera .

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali , SP Emmanuel Hitayezu akaba atangaza ko bombi bafatiwe mu cyuho bakira ruswa.

Bivugwa ko ku italiki ya 19 Nzeli, Munyemana yasanze uwitwa Mukanemeye Josephine yubaka inzu nta nyangombwa bimwemerera kubaka afite maze amusaba guhagarika kubaka icyasaga n’ikiraro cy’inka cyaje guhindurwamo inzu yo kubamo.

Hagati aho, aba bombi baciye inyuma begera uwubakaga maze bamusaba amafaranga 200,000 ngo bamwemerere gukomeza kubaka n’ubwo nabo nta bushobozi babifitiye, bivuze ko n’ubundi yari gukomeza bitemewe.

Mukanemeye agira ati:” Twakomeje kumvikana kugeza ubwo twemeranyije 100,000 ; bambwiraga urutonde rw’abo bazagabana bose mu mudugudu n’akagari.”

Yakomeje ati:” Nari nzi ko ibyo basaba bitemewe n’amategeko, mpamagara Polisi ndayibimenyesha, ni yo mpamvu aba bagabo bafatiwe mu cyuho ubwo bakiraga igice cy’amafaranga twari twemeranyije .”

Munyamana yafashwe yakira amafaranga 70, 000 mu gihe Ntakirutimana yafatiwe mu cyuho yakira 20, 000.

N’ubwo aba bagabo bahakana gusaba no kwakira ruswa, ntibashobora no gusobanura impamvu batasenye burundu inzu yari yubatswe bitemewe ubwo bari babiherewe uburenganzira n’akagari, ndetse n’icyo mafaranga bakiriye avuga kandi bavuga ko ntaho bahuriye n’uwubakaga.

Kuri iki gikorwa cya ruswa, SP Hitayezu akaba asaba abaturage kubyamagana no kubirwanya aho agira ati:”Umujyi wa Kigali ufite igishushanyo mbonera kigomba gukurikizwa.Ishyirwa mu bikorwa ry’icyo gishushanyo riri mu nshingano z’abayobozi bose barimo n’ab’ibanze, ukoze ibinyuranyije nabyo abikurikiranwaho.”

SP Hitayezu aomeza agira ati:” Abo bayobozi baba bitezweho kubera urugero abaturage, ni nabo babonekamo ababashyira mu bihombo nk’aho baba babaka ruswa kandi bazi neza ko ibyo bubatse bitemewe amaherezo bizasenywa; ni ikintu gihesha isura mbi gahunda ya Leta y’iterambere ry’imyubakire buri Munyarwanda wese akwiriye guharanira.”

Yavuze kandi ko imyubakire itemewe n’amategeko ari nayo igenda itiza umurindi ibiza ndetse n’imfu z’abantu bigenda bigaragara.

Yongeyeho ati:” Gusaba cyangwa gutanga ruswa ari icyaha kandi uzabifatirwamo wese azabibazwa n’amategeko.”

Aba bayobozi bafashwe mu gihe abayobozi benshi mu bice bitandukanye by’igihugu barimo gusenya inyubako nyinshi zubatswe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ingingo ya 635 mu gitabo cy’amategeko ahana ivuga ku gusaba no kwakira impano cyangwa indonke kugira ngo hakorwe ikinyuranyije n’amategeko cyangwa ntihakorwe icyagombye gukorwa, ivuga ko umuntu wese usaba, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, wakira, ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemeye amasezerano yabyo kugira ngo agire icyo.

-8050.jpg

akora kinyuranyije n’amategeko cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatse.

Source : RNP

2017-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017
U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 10 Aug 2021
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame
Mu Mahanga

“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017
Mu Rwanda

Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Ubwanditsi 10 May 2017
CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba
POLITIKI

CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru