• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Editorial 05 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Nyuma yuko Eric Bagiruwusa yonkeye ingengabitekerezo ya Jenoside kuri Radiyo Ijwi ry’Amerika abifashijwemo n’umunyamakuru Etienne Karekezi wari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru cya MRND mbere no mugihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kizwi nk’Interahamwe, Eric Bagiruwubusa umwigishwa wa Etienne Karekezi yashinze Channel kuri Youtube izwi nka EB Official igamije ubuvugizi bwo gusubirishamo imanza z’abahamwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abahamijwe ibyaha byo guhungabanya umutekano w’igihugu no guhirika ubutegetsi.

Ubwo Leta y’abajenosideri yari mu buhungiro, bakoze inama y’iminsi itandatu muri 1995 igamije kwigira hamwe uburyo bagaruka mu gihugu mu cyo bise kwirukana abanyamahanga no kurangiza umugambi wabo wa Jenoside. Muri Komisiyo y’itangazamakuru bemeje ko bakorana n’inshuti zabo zikorera ibitangazamakuru mpuzamahanga harimo Etienne Karekezi wari umaze igihe gito ku ijwi ry’Amerika na Ally Youssuf Mugenzi wakoreraga BBC Gahuzamiryango.

Nyuma y’imyaka 30 mu gihe ba Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, bahereje inkoni Eric Bagiruwubusa n’abandi ngo bakomeze iyo ngengabitekerezo.

Uru rubuga yashinze mu mwaka wa 2012 ariko rukaba rukoreshejwe mu minsi ya vuba hakaba hariho video zisaga 40, Eric Bagiruwubusa yagarutse ku manza z’abajenosideri bo mu rwego rwa mbere harimo nka ruharwa Leon Mugesera, Beatrice Munyenyezi, Jean Uwinkindi, Felicien Kabuga ndetse n’abandi bahamwe ibyaha by’ubugambanyi no guhirika ubutegetsi harimo nka Frank Rusagara, Tom Byabagamba, Joel Mutabazi n’abandi.

Mu byo Eric Bagiruwubusa agarukaho ni ugushaka kugaragaza amarangamutima y’abaregwa cyane cyane ko audience ye igizwe n’ibigarasha n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kugirango abereke ko nta butabera bahawe.

Nk’urubanza rwamaze imyaka irenga itanu, Bagiruwusa arugarukaho mu gihe kitarenze minota 30 maze akagaragaza akarengane bahuye nako asubira mu magambo y’abashinjwa mu rwego rwo kuzamura amarangamutima y’abamukirikira dore ko aribyo baba bashaka kandi anenga ubushinjacyaha. Mu cyo Eric Bagiruwusa agamije harimo kugaragaza ko mu Rwanda nta butabera kandi abantu barengana.

Iyi channel ya Bagiruwusa yabaye umuzindaro w’abajenosideri nabaregwa ibyaha byo guhirika ubutegetsi. Uwahoze muri FPR Inkotanyi iyo abaye ikigarasha, aba abaye umunyapolitiki kuri Bagiruwubusa. Ibi nti byatangijwe na Bagiruwubusa gusa kuko akenshi wasangaga Uwimana Agnes, Cyuma Dieudonne, Theoneste Nsengimana na Etienne Gatanazi bose aricyo bari bagamije kandi ugasanga bafitanye ubucuti magara dore ko bashyigikirana ku mbuga nkoranya mbaga bemeza ko aribo banyamakuru nyabo.

Eric Bagiruwubusa agomba kumenya ko ibyananiye ALiR/PALiR yahindutse FDLR ashaka kubera umuvugizi, akongeraho na FDU Inkingi na DALFA Umulinzi, kandi bari bafite intwaro atazabigeraho akoresheje Youtube Channel.

2025-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 24 Aug 2022
Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Editorial 17 Mar 2020
Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Editorial 10 Oct 2018
Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Editorial 19 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe
POLITIKI

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Editorial 06 Jun 2017
Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball
Amakuru

Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Editorial 30 Jun 2022
Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa
Amakuru

Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa

Editorial 23 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru