• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Ubwanditsi 23 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Abategetsi b’u Burundi cyane cyane Umunyamabanga Mukuru wa CNDD FDD Evariste Ndayishimiye n’Umujyanama w’Umukuru w’Igihugu Willy Nyamitwe bifatiye ku gahanga Abasenyeri Gatorika b’u Burundi kubera Ubutumwa batanze muri Paruwasi zose zo mu Burundi kuri iki cyumweru bwamagana ihohotera rikorerwa abatari mu ishyaka CNDD FDD nubwo birinze gutangaza izina ry’iryo shyaka.

Evariste Ndayishimiye yagize ati “Bariho barigisha amacakubiri, barashinja imbonerakure ubwicanyi,  ni urukozasoni kwigisha urwangano abakirisitu”

Willy Nyamitwe yanditse kurukuta rwe rwa Twitter ngo “Bamwe mu basenyeri bagomba guhagarika imirimo y’Imana kubera ko bimaze kuba akamenyero iyo twegereje amatora bohereza ubutumwa bwabo bw’ubumara bwabo bugamije gusenya”

Ibi ariko barabivuga mu gihe mu Burundi abatavuga rumwe na CNDD FDD bicwa umunsi ku munsi n’imbonerakure inzego z’umutekano zirebera kuko zifatwa nk’urwego rwa Leta rushinzwe umutekano. Ibi kandi barabivuga mu gihe imbonerakure mu gihugu hose zisenya ku manywa y’ihangu ibiro by’ishyaka CNL rya Agatho Rwasa ndetse bakica n’abayoboke babo. Amashusho y’ibyo bikorwa anyuzwa ku mbuga nkoranyambaga.

Si Kiliziya na CNL babangamiwe n’imbonerakure gusa, kuko abanyeshuri b’abakongomani nabo bagiye kurutonde rw’abanzi bakwiye guhigwa bukare n’imbonerakure.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umukuru w’abanyeshuri b’abakongomani biga mu Burundi, arasaba kugabanya ihohotera rikorerwa abanyeshuri aho yabibukije ko umunyeshuri aba mu ishuri ataba muri gereza. Ni nyuma yuko bamwe bahohotewe abandi bagafatwa bagafungwa.

Ese imvano yaba ari iyihe?

Ibi byatangiye ubwo Ingabo za Kongo zatangiye kurwanya imitwe y’itwaje intwaro muri Kongo, maze ubwo ingabo za Kayumba Nyamwasa zifashwa na Leta y’u Burundi nkuko byatangajwe na LONI na FDLR bagabwaho ibitero muri Kongo bigahitana bamwe mu bayobozi biyo mitwe nka Lt Gen Mudacumura na Capt Eddy Sibo wa P5.

Mu minsi ishize twabagejejeho inkuru irambuye yacukumbuwe n’umunyamakuru w’umutaliyani Fulvio Beltrami avuga uburyo FDLR ibarizwa mu gisirikari cy’u Burundi cyane cyane mu mutwe w’ingabo ishinzwe kurinda Perezida Nkurunziza.

Kuba abanyeshuri b’abakongomani bari guhohoterwa birakorwa kubera ubufatanye buri hagati y’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda na Leta y’u Burundi, ubwo iyi mitwe iri gutikirira mu bitero bya FARDC, barabikora bihimura kuko imitwe bafasha igeze aharindimuka. Ibi birakorwa na CNDD FDD kandi ngo ikibanza cya mbere mu ishyaka bagihaye Imana.

Raporo ya nyuma ya komite y’umuryango w’abibumbye (UN) yakoze iperereza ku Burundi yamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2019, ivuga ko perezida w’u Burundi ubwe yabazwa n’amategeko ibyaha byibasira inyoko muntu abakoze iperereza babonye.

Abanyeshuri b’abacongomani biga mu Burundi bamerewe nabi

Doudou Diène wari uyoboye iyi komite yabwiye inteko rusange y’ishami rya UN ryita ku burenganzira bwa muntu i Genève ko “kuva mu kwa kane 2015 nta mutekano uri mu Burundi, nta burenganzira buriyo kandi Perezida Nkurunziza agomba kubazwa ibyaha byabereye mu Burundi”.

2019-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Ubwanditsi 16 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Minisitiri  w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari  ‘RNIT Iterambere Fund’
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko  rwe mu  Rwanda
Mu Rwanda

Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko rwe mu Rwanda

Ubwanditsi 16 Aug 2017
CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga
Amakuru

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru