• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Ubwanditsi 23 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Abategetsi b’u Burundi cyane cyane Umunyamabanga Mukuru wa CNDD FDD Evariste Ndayishimiye n’Umujyanama w’Umukuru w’Igihugu Willy Nyamitwe bifatiye ku gahanga Abasenyeri Gatorika b’u Burundi kubera Ubutumwa batanze muri Paruwasi zose zo mu Burundi kuri iki cyumweru bwamagana ihohotera rikorerwa abatari mu ishyaka CNDD FDD nubwo birinze gutangaza izina ry’iryo shyaka.

Evariste Ndayishimiye yagize ati “Bariho barigisha amacakubiri, barashinja imbonerakure ubwicanyi,  ni urukozasoni kwigisha urwangano abakirisitu”

Willy Nyamitwe yanditse kurukuta rwe rwa Twitter ngo “Bamwe mu basenyeri bagomba guhagarika imirimo y’Imana kubera ko bimaze kuba akamenyero iyo twegereje amatora bohereza ubutumwa bwabo bw’ubumara bwabo bugamije gusenya”

Ibi ariko barabivuga mu gihe mu Burundi abatavuga rumwe na CNDD FDD bicwa umunsi ku munsi n’imbonerakure inzego z’umutekano zirebera kuko zifatwa nk’urwego rwa Leta rushinzwe umutekano. Ibi kandi barabivuga mu gihe imbonerakure mu gihugu hose zisenya ku manywa y’ihangu ibiro by’ishyaka CNL rya Agatho Rwasa ndetse bakica n’abayoboke babo. Amashusho y’ibyo bikorwa anyuzwa ku mbuga nkoranyambaga.

Si Kiliziya na CNL babangamiwe n’imbonerakure gusa, kuko abanyeshuri b’abakongomani nabo bagiye kurutonde rw’abanzi bakwiye guhigwa bukare n’imbonerakure.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umukuru w’abanyeshuri b’abakongomani biga mu Burundi, arasaba kugabanya ihohotera rikorerwa abanyeshuri aho yabibukije ko umunyeshuri aba mu ishuri ataba muri gereza. Ni nyuma yuko bamwe bahohotewe abandi bagafatwa bagafungwa.

Ese imvano yaba ari iyihe?

Ibi byatangiye ubwo Ingabo za Kongo zatangiye kurwanya imitwe y’itwaje intwaro muri Kongo, maze ubwo ingabo za Kayumba Nyamwasa zifashwa na Leta y’u Burundi nkuko byatangajwe na LONI na FDLR bagabwaho ibitero muri Kongo bigahitana bamwe mu bayobozi biyo mitwe nka Lt Gen Mudacumura na Capt Eddy Sibo wa P5.

Mu minsi ishize twabagejejeho inkuru irambuye yacukumbuwe n’umunyamakuru w’umutaliyani Fulvio Beltrami avuga uburyo FDLR ibarizwa mu gisirikari cy’u Burundi cyane cyane mu mutwe w’ingabo ishinzwe kurinda Perezida Nkurunziza.

Kuba abanyeshuri b’abakongomani bari guhohoterwa birakorwa kubera ubufatanye buri hagati y’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda na Leta y’u Burundi, ubwo iyi mitwe iri gutikirira mu bitero bya FARDC, barabikora bihimura kuko imitwe bafasha igeze aharindimuka. Ibi birakorwa na CNDD FDD kandi ngo ikibanza cya mbere mu ishyaka bagihaye Imana.

Raporo ya nyuma ya komite y’umuryango w’abibumbye (UN) yakoze iperereza ku Burundi yamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2019, ivuga ko perezida w’u Burundi ubwe yabazwa n’amategeko ibyaha byibasira inyoko muntu abakoze iperereza babonye.

Abanyeshuri b’abacongomani biga mu Burundi bamerewe nabi

Doudou Diène wari uyoboye iyi komite yabwiye inteko rusange y’ishami rya UN ryita ku burenganzira bwa muntu i Genève ko “kuva mu kwa kane 2015 nta mutekano uri mu Burundi, nta burenganzira buriyo kandi Perezida Nkurunziza agomba kubazwa ibyaha byabereye mu Burundi”.

2019-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Ngoma: Ibisasu bibiri byatahuwe mu bitaro bya Kibungo

Ngoma: Ibisasu bibiri byatahuwe mu bitaro bya Kibungo

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2019
Igitekerezo cy’Umusomyi  Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Igitekerezo cy’Umusomyi Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Ubwanditsi 02 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano
Mu Mahanga

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Ubwanditsi 06 Jan 2017
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize
UBUKUNGU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo
POLITIKI

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Ubwanditsi 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru