• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Editorial 05 Feb 2020 UBUKUNGU

Ikigega gitanga ingwate ku mishinga mito n’iciriritse mu Rwanda, BDF, cyahamagariye urubyiruko rukitinya mu nzira yo gutangiza imishinga ibyara inyungu, gufungura amaso rukabyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho ajyanye no guhabwa ingwate ku mishanga yarwo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri, BDF, yavuze ko umwaka wa 2019 warangiye imishinga 3 009 yose itewe inkunga binyuze mu buryo butandukanye iki kigega kinyuzamo inkunga kigenera abakigana.

Iyi mishinga yose yashowemo amafaranga y’u Rwanda 14 925 237 794.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigega BDF, Innocent Bulindi, yavuze ko urubyiruko nk’igice kinini bashaka gufasha gutera imbere, rukwiye kurushaho kwegera ibigo by’imari bikorana n’iki kigega kuko ari bwo buryo bworoshye bwo kubona umusingi ufatika ku mishinga yabo.

Ati “Turacyafite ikibazo ko umubare munini w’urubyiruko badafite amakuru ahagije ku bijyanye n’uburyo BDF ifasha iterambere ry’imishinga yabo. Urubyiruko rukwiye kujya rwegera amashami ya BDF ari hirya no hino mu gihugu n’abajyanama b’ubucuruzi bari muri buri murenge n’utugari mu gihugu, bakabereka uburyo bwo gutegura imishinga yabo n’inzira yo kugana ibigo by’imari dukorana.”

Kugeza ubu BDF ifitanye amasezerano n’ibigo by’imari bisaga 500 mu gihugu hose, aho buri muntu ufite umushinga wizwe neza, yemerewe kwaka inguzano hanyuma BDF ikamutangira ingwate ingana 75%.

BDF ivuga ko iteganya kongera ku rugero rwa 64% imishinga izatera inkunga, ikava ku 3 009 yatewe inkunga mu 2019, ikagera ku 4 940 mu mwaka wa 2020, ahazashorwa miliyari 14,4 z’amafaranga y’u Rwanda.

Kuva mu 2011 BDF itangira ibikorwa byayo, imishinga isaga ibihumbi 40 yatewe inkunga ku mafaranga asaga miliyari 95; muri iyo mishinga, isaga ibihumbi 15 ni iy’urubyiruko naho isaga ibihumbi umunani ni iy’abari n’abategarugori.

Iki kigega kivuga ko intego yacyo ari ugushyigikira iterambere ry’imishinga mito n’iciriritse, binyuze mu koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo mu bigo by’imari cyane cyane ku rubyiruko.

Usibye gutera inkunga no gutanga ingwate ku mishanga itandukanye, BDF inashora imari mu mishanga ibyara inyungu ndetse igatanga n’ubujyanama.

Muri gahunda ya leta NTS1, BDF ivuga ko iteganya kugira uruhare mu guhanga imirimo ibihumbi bisaga 20.

2020-02-05
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Editorial 11 Nov 2019
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Editorial 01 May 2019
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Editorial 17 Dec 2019
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Editorial 30 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’
IKORANABUHANGA

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Editorial 03 Dec 2018
Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza
Mu Mahanga

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Editorial 06 Jan 2017
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star
Amakuru

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Editorial 22 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru