• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Ubwanditsi 15 Apr 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka byose mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus, cyagaragarije ibihugu ko hari inzego nyinshi zikeneye kongerwamo imari, bitewe n’ingaruka cyagize ku bikorwa binyuranye.

Ni ubutumwa yagarutseho kuri uyu wa Kabiri, mu kiganiro yagiranye n’abashoramari basaga 400 batandukanye cyiswe Invest in Africa, haganirwa ku ngaruka za Coronavirus n’ingamba zigenda zishyirwamo zigamije kuzahura ubukungu. Ni ikiganiro cyifashishije ikoranabuhanga rya Webinar.

Perezida Kagame yavuze ko icyorezo cya Coronavirus cyagize ingaruka kuri buri wese ku Isi, ku buryo nta wavuga ko ibintu byose arimo kubikora neza.

Yakomeje ati “Iki ni ikibazo gishya cyabayeho ariko kimwe n’ibindi byose mu Rwanda, turagerageza, tugakora ibishoboka byose by’umwihariko iyo ari ibintu biteye impungenge ku buzima, bibangamiye abaturage bacu, tugerageza gukora ibishoboka byose biri mu bushobozi bwacu mu guhangana n’ikibazo.”

Yavuze ko ubwo COVID-19 yari imaze kugera mu Rwanda, rwagerageje kureba amakuru amaze kuyimenyekanaho, hanafatwa ingamba zirimo ko abantu batangira gukorera mu rugo, ingendo zirafungwa, abanduye batangira gushyirwa ukwabo ngo bitabweho n’abahuye nabo bagakurikiranwa bagapimwa.

Kugeza kuri uyu wa 14 Mata 2020 abamaze kwandura Coronavirus ni 134 barimo 49 bamaze gukira iki cyorezo bagasezererwa mu bitaro. Ku rwego mpuzamahanga abamaze kwandura ni miliyoni 1.9 mu gihe abamaze gupfa ari ibihumbi 125.

Mbere y’uko icyorezo cya Coronavirus gihagarika ubuzima mu Rwanda, ubukungu bwari buhagaze neza n’ibindi bikorwa byose muri rusange.

Perezida Kagame yavuze ko imwe mu nkingi zagenderwagaho ari uko Abanyarwanda bakorana, kandi bagakora ibiri mu bushobozi bwabo ntibemere gukora ku gipimo kiri munsi y’ubushobozi bafite.

Perezida Kagame yavuze ko muri iki gihe ubukungu bw’u Rwanda n’ubw’ibindi bihugu bwahagaze, imbaraga zose zashyizwe ku guhangana n’ikwirakwira rya Coronavirus imaze kugira ingaruka kuri buri wese, ititaye ku ibara ry’uruhu, igitsina cyangwa ikindi.

Perezida Kagame yavuze ko ibihe byo gukorera mu rugo byanagaragaje akamaro k’ikoranabuhanga, nk’urwego rukwiye kurushaho kongerwamo ingufu.

Yakomeje ati “Uburyo wakorera mu rugo cyangwa ugaha amasomo abana batarimo kubasha kujya kwiga n’ibindi; byatweretse imipaka dufite mu nzego zitandukanye zaba ikoranabuhanga n’ibindi. Ibi ni inzego zikeneye ishoramari, tugomba kongeramo ishoramari nka guverinoma, tugakorana n’urwego rw’abikorera ngo bagire uruhare rwabo, ibigo by’ikoranabuhanga n’ibindi.”

Perezida Kagame yanavuze ko mbere ya Coronavirus hari inzego zakoraga neza nk’urwego rwa serivisi n’ubukerarugendo, zigomba kurushaho gutezwa imbere umunsi Coronavirus yagiye ku ruhande, kimwe n’izindi nzego nk’umutekano.

Yakomeje ati “Ibyo byose dushobora kubikuba kabiri kubera ko tuzaba turimo kuva mu bukungu bwahagaze tugerageza gusubiza bintu ku murongo, bizasaba imbaraga zikubye kabiri ku ruhande rwacu.”

“Ni ibihe aho ibintu hafi ya byose byafunzwe mu buryo bw’ako kanya, ntabwo wabitekerezaga, ntabwo wabiteganyaga, ariko ku rundi ruhande bikubiyemo amasomo menshi kandi ni ibintu bishya tugomba guhangana nabyo kugira ngo ibintu bisbire ku murongo.”

U Rwanda ruriteguye?

Rumwe mu nzego zahungabanye cyane harimo ingendo z’indege kuko zahagaze, hagasigara nke zitwara imizigo.

Perezida Kagame yavuze ko Ikigo nka RwandAir cyari kikiri gito, bizasaba kongeramo ubushobozi nk’uko bizaba bikenewe ku bindi bigo by’ubucuruzi, kubera ko ibikorwa byahungabanye.

Yakomeje ati “RwandAir ni urwego rumwe tuzagerageza kimwe n’ibindi bikorwa bizakenera kongererwa ubushobozi, mu kugerageza ngo bikomeze gukora hirengagijwe ibihombo bizaba byarabayeho muri iki gihe tutazi n’igihe kizarangirira, kuko nta wavuga ngo kuri iyi tariki Coronavirus izaba yarangiye twasubiye mu buzima busanzwe.”

“Gusa tugomba gutangira igenamigambi nonaha, tugatekereza icyo turimo gukora muri aka kanya dutekereza ku cyo tuzakora mu mezi ari imbere muri izi nzego zirimo ubwikorezi bw’indege.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo ubukungu bw’u Rwanda bwahagaze muri ibi bihe, hari icyizere ko umunsi icyorezo cya Coronavirus cyavuye mu nzira ibintu bizegenda neza.

Yakomeje ati “Ubukungu bwacu mbere ya COVID-19 bwari bwifashe neza, kandi ntekereza ko tuzakomeza kumera neza nyuma y’ibi. Ariko turi mu mwanya mwiza wo gukomeza imbere, kandi ku ruhande rwacu turimo no kubona amikoro ava mu bafatanyabikorwa bacu, tuzakoresha mu kufuduha ubwo bushobozi bukenewe.”

“Twamaze guhabwa amafaranga ya IMF, twabanje kubona miliyoni $109 turimo no kubona andi atandukanye, ariko bitanabaye impano, dushobora kuzishyura kubera ko tuzakoresha aya mafaranga neza. Ubushobozi bw’imbere mu gihugu wongeyeho ubuva hanze turimo kubona, ntabwo mbona ko tuzananirwa kubona uburyo bwo kurenga ibi ngo ubukungu bwacu bukomeze kuzamuka.”

U Rwanda rukeneye gukorana n’akarere

Perezida Kagame yanagarutse ku ngingo yo gufatanya nk’akarere, avuga ko rubikeneye kubera impamvu zigaragara zirimo ko rudakora ku nyanja, rukaba hagati muri Afurika, rukikijwe n’abaturanyi bafite ubukungu bunini.

Yavuze ko kwishyira hamwe ari inyungu ya buri wese, cyane ko n’igihugu cyibwira ko ari kinini, iyo cyigereranyije n’ahandi ibihugu byishyize hamwe gihinduka gito cyane.

Yakomeje ati “Icyo twifuza kugeraho ni iterambere ryacu ariko n’abandi bagatera imbere, kuko twese iyo duteye imbere, tuba twunguka nta n’umwe uhomba.”

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yashimye uburyo ibihugu bikomeye birimo kugira uruhare mu korohereza ibihugu kwishyura amadeni, aho ubushobozi byakabaye bikoresha mu kwishyura inyungu ku nguzanyo byahawe biyashyira mu bikorwa byihutirwa.

Ni ibihugu kandi bifite ubushobozi bishobora gushyira amafaranga yose bikeneye mu bukungu ngo buzahuke bitandukanye n’ubushobozi buke bw’ibihugu bya Afurika.

Perezida Kagame kandi yashimangiye ko bijyanye n’ingaruka za Coronavirus, bimwe mu bihugu bikomeje kugorwa no kubona ibintu runaka, ku buryo usanga buri umwe avuga ati “ubutaha ntabwo nziringira naka kugira ngo mbone kiriya.”

Src: IGIHE

2020-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Ubwanditsi 03 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwandair irakomereza ingendo i Harare na Cape Town
UBUKERARUGENDO

Rwandair irakomereza ingendo i Harare na Cape Town

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni
INKURU NYAMUKURU

Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Jan 2018
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe
HIRYA NO HINO

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru