• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Ubwanditsi 10 Jul 2018 UBUKUNGU

Inama ya 31 isanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), iherutse kubera i Nouakchott muri Mauritania, yemeje ko gahunda y’ubufatanye bushya bw’ibihugu bya Afurika mu Iterambere (NEPAD), igiye guhindurwa Ikigo cy’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe gishinzwe Iterambere, kugira ngo irusheho gutanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru w’Ubunyamabanga bwa NEPAD, Dr.Ibrahim Mayaki, yavuze ko icyigambiriwe muri aya mavugurura ari ukongera umusaruro w’iyi gahunda mu gushyira mu bikorwa ibyemezo bya AU, na gahunda z’inzego zose zigize uyu muryango.

Yagize ati “Umwe mu myanzuro nama ya raporo ya Kagame, ni uko NEPAD yahinduka Ikigo cy’Iterambere cya AU. Twishimiye izi mpinduka zizatuma dushyira ku murongo gahunda zacu zikarushaho gutanga umusaruro kubw’iterambere ry’umugabane wacu”.

NEPAD ni gahunda ya AU igamije iterambere rya Afurika yemejwe mu nama ya 37 ya AU y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma yabereye i Lusaka muri Zambia muri Nyakanga 2001. Gusa yagiye igorwa no kwibona neza mu mikorere y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Inteko Rusange ya AU yemeje ko hashyirwaho Ikigo cya Afurika yunze Ubumwe gishinzwe iterambere, nk’urwego rwa tekiniki rwa AU, rufite amategeko yihariye arugenga n’imiterere yarwo.

Imiterere yarwo n’ibindi birugenda bizategurwa bimurikirwe kandi byemezwe n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya AU izaba muri Mutarama umwaka utaha.

Mu nama y’akanama k’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma gashinzwe kwiga ku cyerekezo cya NEPAD yabaye muri Mutarama uyu mwaka i Addis Ababa, mbere y’Inama ya 30 y’Abakuru b’Ibihugu bigize AU, Perezida Kagame yavuze ko NEPAD ari ingirakamaro, asaba ko habaho isuzuma ry’iyi gahunda kugira ngo ibikorwa byayo birusheho kugira akamaro.

Yavuze ko NEPAD ifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’inzego z’ubuhinzi, ibikorwaremezo n’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika. Yasabye abagize ako kanama gukomeza kwiga ku ngingo zatuma NEPAD irushaho gutera imbere, by’umwihariko asaba ko hakorwa isuzuma ryigenga.

Yagize ati “Tugomba kuzirikana ko ingingo zinyuranye z’uburyo twakomeza kuyiteza imbere ziganirwaho kandi zigafatwaho umwanzuro. Igenzura ryigenga ry’ibikorwa n’akamaro k’iyi porogaramu ryakorwa hagamijwe gukomeza kuyongerera imbaraga, ni ingirakamaro kandi rikwiye kwitabwaho by’umwihariko.”

Yanavuze ko NEPAD ikwiriye gukorerwa ubuvugizi haba muri Afurika no ku Isi no gukomeza umuvuduko wo kugera ku ntego zashyizweho cyane cyane icyerekezo cya Afurika 2063.

2018-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Ubwanditsi 12 Jul 2019
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Ubwanditsi 20 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.
Amakuru

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Ubwanditsi 11 Jan 2021
Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko
Mu Rwanda

Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko

Ubwanditsi 26 Jun 2017
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22
Amakuru

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Ubwanditsi 21 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru