• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Ubwanditsi 29 Aug 2018 UBUKUNGU

Abahoze ari abayobozi mu gihugu cya Israel bari gufasha u Rwanda mu rugamba rurimo rwo gushaka kwinjira mu muryango uharanira ubufatanye mu by’ubukungu n’iterambere (Organization for Economic Cooperation and Development (OECD) uhuriyemo ibihugu 36 byakataje kurusha ibindi mu bukungu. U Rwanda ruramutse rwemerewe rukaba rwaba rubaye igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriwe muri uyu muryango.

Kuba u Rwanda ruri gufashwa n’uwahoze ari intumwa nkuru ya leta, Yehuda Weinstein ndetse n’uwahoze ari ambasaderi wa Israel muri Loni, Ron Prosor, ngo ni ikimenyetso cy’umubano mwiza uri hagati ya Israel n’umugabane wa Afurika hirengagijwe amateka y’ibihugu bya Afurika byakunze kugaragara ku ruhande rwa Palestina mu makimbirane yayo na Israel.

Ron Prosor wabaye Ambasaderi wa Israel muri Loni

Mu kiganiro yagiranye na The Jerusalem Post dukesha iyi nkuru, Yehuda Weinstein yatangiye avuga ukuntu akunda umugabane wa Afurika, asobanura ko igihugu cye cya Israel mu myaka ishize kirimo gushaka uko umubano wacyo na Afurika warushaho kumera neza.

Yasobanuye ko yubatse umubano mwiza na Perezida Paul Kagame mu ngendo zitandukanye yagiye akorera mu Rwanda nk’intumwa nkuru ya Israel.

Nyuma yo kuva mu mirimo ye no mu gihe u Rwanda rurimo guharanira kwinjira muri OECD, Weinstein na Prosor babonanye na Perezida kagame na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo.

Basobanuye inyungu zo kwinjira muri OECD na cyane ko bagize uruhare mu gutuma Israel yinjira muri uyu muryango mu 2010. Abayobozi b’u Rwanda bakaba bizera ko kwinjira muri uyu muryango bizihutisha iterambere n’ishoramari ry’abanyamahanga.

Weinstein ati: “Twarabonanye amaso ku maso. Bagaragaje ubushake ko u Rwanda rugomba kuyijyamo. Nyuma y’igihe gito, baduhaye akazi. Baravuze; mufite ubunararibonye, mwabikoreye Israel mushobora no kubokorera u Rwanda.”

Weinstein yongeyeho ko ubukungu na politiki by’u Rwanda, nk’igihugu cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, byasubiye ku murongo kandi kureshya abashoramari bikaba bishyirwa imbere.

Uyu mugabo kandi yatunguwe no kumva u Rwanda rushaka kwinjira muri OECD kuko ngo ibi bizasaba u Rwanda impinduka zifatika mu bijyanye no gukora business ndetse rukaba rusabwa kubahiriza amahame mpuzamahanga.

Ntiyigeze avuga ko ikibazo cya ruswa ari ikibazo cyoroheje, ariko ashimangira ko u Rwanda ruzi neza ko kuyica burundu ari kimwe mu byarufasha kungukira muri OECD.

Yakomeje avuga ko kuba u Rwanda rwarabahaye akazi bigaragaza ubushake rufite. Ati: “Nta leta yo muri Afurika yigeze yinjira muri OECD. Afurika y’Epfo yarabigerageje, ariko yari ifite ikibazo kirebana n’uburyo bwayo bw’imiyoborere. Hari n’ibihugu byo mu Burayi bw’iburasirazuba bitarageramo ariko biri mu murongo.”

Yakomeje avuga ko nta gihugu cyo muri Afurika kiri no mu murongo wo kwinjira muri uyu muryango, gusa ngo Umunyamabanga Mukuru wa OECD, Angel Gurria, wigeze kuba minisitiri w’imari wa Mexique abona ubushobozi bw’u Rwanda bwo kwinjira muri uyu muryango kimwe nawe.

Nubwo ngo hari ibihugu bimwe bigize OECD bitifuza ko hari ibindi bibyinjiramo, Umunyamabanga Mukuru wa OECD ngo abona ibintu mu buryo butandukanye kuko we yifuza ko ibihugu byo muri Afurika byinjiramo kandi ngo yanagerageje bikomeye kuri Afurika y’Epfo.

Yehuda Weinstein wabaye intumwa nkuru ya Leta ya Israel

Abajijwe igihe bishobora kuzatwara u Rwanda ngo rwakirwe muri OECD, yatanze igihe byibuze cy’imyaka 5, mu gihe ngo Israel byayitwaye imyaka 3. Akomeza avuga ko hagati aho hari komite zigera kuri 200 za OECD n’andi matsinda u Rwanda rushobora guheramo.

Weinstein kandi yasobanuye Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda nk’umujyi wubatse nk’imijyi y’iburengerazuba bw’isi udasa n’indi yo mu bice biteye imbere muri Afurika. Yavuze ko Umujyi wa Kigali umaze igihe, uteye imbere, usukuye kandi utekanye.

Yavuze ko ubwo aheruka kugirira uruzinduko mu Rwanda ari intumwa nkuru ya Israel, itsinda ryari rishinzwe umutekano we ryamuherekeje muri Ethiopia aho yavuye agana mu Rwanda, ryamubwiye ko bitari ngombwa kuzana nawe I Kigali kuko hatekanye.

Yabajijwe ku murage wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, asubiza ko igihugu kiri mu nzira ya nyayo yo kubabarirana.

Ngo bitandukanye n’icyo Abanya-Israel bavuga kuri Jenoside yakorewe Abayahudi, aho bagira bati: “Ntabwo twibagirwa nta n’ubwo tubabarira.”, Weinstein ngo yasanze mu Rwanda bagira bati: “Ntabwo twibagirwa ariko turababarira.”

Weinstein avuga ko ashaka gufasha u Rwanda kwinjira muri OECD ashishikariza ubwisanzure ku isoko, demokarasi, gukorera mu mucyo n’iyubahirizwa ry’amategeko.

Weinstein kandi akomeza agira ati: “Afurika niwo mugabane wonyine udahagarariwe muri OECD, kandi ndatekereza buri wese akwiye gushimira u Rwanda ku bushake bwarwo bwo gushaka kurenga bariyeri rukaba igihugu cya mbere cya Afurika mu kwinjira mu muryango.”

2018-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League
IMIKINO

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi
Mu Rwanda

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru