• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Ubwanditsi 29 Aug 2018 UBUKUNGU

Abahoze ari abayobozi mu gihugu cya Israel bari gufasha u Rwanda mu rugamba rurimo rwo gushaka kwinjira mu muryango uharanira ubufatanye mu by’ubukungu n’iterambere (Organization for Economic Cooperation and Development (OECD) uhuriyemo ibihugu 36 byakataje kurusha ibindi mu bukungu. U Rwanda ruramutse rwemerewe rukaba rwaba rubaye igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriwe muri uyu muryango.

Kuba u Rwanda ruri gufashwa n’uwahoze ari intumwa nkuru ya leta, Yehuda Weinstein ndetse n’uwahoze ari ambasaderi wa Israel muri Loni, Ron Prosor, ngo ni ikimenyetso cy’umubano mwiza uri hagati ya Israel n’umugabane wa Afurika hirengagijwe amateka y’ibihugu bya Afurika byakunze kugaragara ku ruhande rwa Palestina mu makimbirane yayo na Israel.

Ron Prosor wabaye Ambasaderi wa Israel muri Loni

Mu kiganiro yagiranye na The Jerusalem Post dukesha iyi nkuru, Yehuda Weinstein yatangiye avuga ukuntu akunda umugabane wa Afurika, asobanura ko igihugu cye cya Israel mu myaka ishize kirimo gushaka uko umubano wacyo na Afurika warushaho kumera neza.

Yasobanuye ko yubatse umubano mwiza na Perezida Paul Kagame mu ngendo zitandukanye yagiye akorera mu Rwanda nk’intumwa nkuru ya Israel.

Nyuma yo kuva mu mirimo ye no mu gihe u Rwanda rurimo guharanira kwinjira muri OECD, Weinstein na Prosor babonanye na Perezida kagame na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo.

Basobanuye inyungu zo kwinjira muri OECD na cyane ko bagize uruhare mu gutuma Israel yinjira muri uyu muryango mu 2010. Abayobozi b’u Rwanda bakaba bizera ko kwinjira muri uyu muryango bizihutisha iterambere n’ishoramari ry’abanyamahanga.

Weinstein ati: “Twarabonanye amaso ku maso. Bagaragaje ubushake ko u Rwanda rugomba kuyijyamo. Nyuma y’igihe gito, baduhaye akazi. Baravuze; mufite ubunararibonye, mwabikoreye Israel mushobora no kubokorera u Rwanda.”

Weinstein yongeyeho ko ubukungu na politiki by’u Rwanda, nk’igihugu cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, byasubiye ku murongo kandi kureshya abashoramari bikaba bishyirwa imbere.

Uyu mugabo kandi yatunguwe no kumva u Rwanda rushaka kwinjira muri OECD kuko ngo ibi bizasaba u Rwanda impinduka zifatika mu bijyanye no gukora business ndetse rukaba rusabwa kubahiriza amahame mpuzamahanga.

Ntiyigeze avuga ko ikibazo cya ruswa ari ikibazo cyoroheje, ariko ashimangira ko u Rwanda ruzi neza ko kuyica burundu ari kimwe mu byarufasha kungukira muri OECD.

Yakomeje avuga ko kuba u Rwanda rwarabahaye akazi bigaragaza ubushake rufite. Ati: “Nta leta yo muri Afurika yigeze yinjira muri OECD. Afurika y’Epfo yarabigerageje, ariko yari ifite ikibazo kirebana n’uburyo bwayo bw’imiyoborere. Hari n’ibihugu byo mu Burayi bw’iburasirazuba bitarageramo ariko biri mu murongo.”

Yakomeje avuga ko nta gihugu cyo muri Afurika kiri no mu murongo wo kwinjira muri uyu muryango, gusa ngo Umunyamabanga Mukuru wa OECD, Angel Gurria, wigeze kuba minisitiri w’imari wa Mexique abona ubushobozi bw’u Rwanda bwo kwinjira muri uyu muryango kimwe nawe.

Nubwo ngo hari ibihugu bimwe bigize OECD bitifuza ko hari ibindi bibyinjiramo, Umunyamabanga Mukuru wa OECD ngo abona ibintu mu buryo butandukanye kuko we yifuza ko ibihugu byo muri Afurika byinjiramo kandi ngo yanagerageje bikomeye kuri Afurika y’Epfo.

Yehuda Weinstein wabaye intumwa nkuru ya Leta ya Israel

Abajijwe igihe bishobora kuzatwara u Rwanda ngo rwakirwe muri OECD, yatanze igihe byibuze cy’imyaka 5, mu gihe ngo Israel byayitwaye imyaka 3. Akomeza avuga ko hagati aho hari komite zigera kuri 200 za OECD n’andi matsinda u Rwanda rushobora guheramo.

Weinstein kandi yasobanuye Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda nk’umujyi wubatse nk’imijyi y’iburengerazuba bw’isi udasa n’indi yo mu bice biteye imbere muri Afurika. Yavuze ko Umujyi wa Kigali umaze igihe, uteye imbere, usukuye kandi utekanye.

Yavuze ko ubwo aheruka kugirira uruzinduko mu Rwanda ari intumwa nkuru ya Israel, itsinda ryari rishinzwe umutekano we ryamuherekeje muri Ethiopia aho yavuye agana mu Rwanda, ryamubwiye ko bitari ngombwa kuzana nawe I Kigali kuko hatekanye.

Yabajijwe ku murage wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, asubiza ko igihugu kiri mu nzira ya nyayo yo kubabarirana.

Ngo bitandukanye n’icyo Abanya-Israel bavuga kuri Jenoside yakorewe Abayahudi, aho bagira bati: “Ntabwo twibagirwa nta n’ubwo tubabarira.”, Weinstein ngo yasanze mu Rwanda bagira bati: “Ntabwo twibagirwa ariko turababarira.”

Weinstein avuga ko ashaka gufasha u Rwanda kwinjira muri OECD ashishikariza ubwisanzure ku isoko, demokarasi, gukorera mu mucyo n’iyubahirizwa ry’amategeko.

Weinstein kandi akomeza agira ati: “Afurika niwo mugabane wonyine udahagarariwe muri OECD, kandi ndatekereza buri wese akwiye gushimira u Rwanda ku bushake bwarwo bwo gushaka kurenga bariyeri rukaba igihugu cya mbere cya Afurika mu kwinjira mu muryango.”

2018-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019
U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo
Amakuru

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Ubwanditsi 11 Sep 2024
Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru