• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017 UBUKUNGU

Nyuma y’imyaka ibiri bavumbuye ikoranabuhanga ryo guhererekanya amafaranga nta kiguzi rigashorwamo Imari rigakomera, Patrick Muhire na Cedrick Muhoza Abanyarwanda b’abavandimwe, bageze i Silicon Valley mu Majyaruguru ya San Francisco muri Leta ya Calfornia muri USA, aho bakomereje uyu mushinga wabo umaze kugera ku gaciro ka Miliyoni eshatu z’Amadolari ya Amerika.

Muri 2015 ngo ni bwo Patrick Muhire yifuje koherereza 1000Frw mugenzi we w’umunyeshuri kuri Mobile Money ariko aza gusanga bari bumukate 200Frw kandi ntayo yari afite.

Mu kumba babagamo, we na mugenzi we Cedrick Muhoza, bashakishije icyo bakora birabayobera kuko nta bundi buryo bari bafite bwo gukoresha butari ubw’ibigo by’itumanaho nka MTN, Tigo cyangwa Airtel.

Icyo gihe, Muhire wari ufite imyaka 22 kohereza ayo mafaranga yahise abireka ariko bituma atangira kubaza no gutekereza ubundi buryo abantu bakwifashisha boherereza ababo amafaranga nta kiguzi basabwe.

Agira ati “Uku ni ko igitekerezo cya VugaPay cyatangiye. Nahise mfata icyemezo ko ngomba gukora ikoranabuhanga ryo guhererekanya amafaranga rirenze iry’ibi bigo bikorera mu Rwanda.”

Muhire na Muhoza bakirangiza amashuri yisumbuye bahise batangira gushakisha kuri Google kode zabafasha guhindura inzozi zabo impamo.

Muhire, ni we wazanye icyo gitekerezo, yifashishije ubuhanga yari asanganywe mu ikoranabuhanga yari yarize mu ishuri, afatanya n’umuvandimwe we, ibyari inzozi babihindura impamo.

Iyi App yaje kugeragezwa ku bakiriya 200 mu Rwanda biganjemo abanyeshuri basanga ikora neza.

-6542.jpg

Patrick Muhire ibumoso na Cedrick Muhoza bakoze app bise VUga Pay

Gusa ntiyigeze ikoreshwa kugeza muri 2015 ubwo habaga inama Transform Africa Summit (TAS) 2015, igamije kureba uko ikoranabuhanga ryarushaho kwihutisha iterambere ry’Afurika.

Muri Transform Africa 2015 yabereye i Kigali, abo bana babiri b’abavandimwe bamuritse App yabo ya VugaPay nk’agashya mu ikoranabuhanga ryo kohereza no kwakira amafaranga nta kiguzi.

Mu imurikabikorwa ry’ikoranabuhanga ryaberaga muri TAS mu kiswe ‘Meet-the-Gorilla’, VugaPay bayihisemo nk’umushinga mwiza ugaragaza agashya mu ikorabuhanga.

Aba bana bashoboye kwemeza abashoramari kubatera inkunga VugaPay igahinduka iy’ubucuruzi nyabwo.

Amir Shaikh, Umuyobozi w’ikigo Shawej and Kaenaat, Ikigo cy’Ikoranabuhanga cyo mu Israel yahise abemerera ibihumbi 20$ ariko bakajya bamuha 10% by’imigabane kandi agahabwa 5% kuri buri serivisi batanze.

Umwaka ushize, aba bavandimwe babiri bimukiye muri Califonia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bahura n’umuherwe Tim Draper nawe wahise ashora imari mu mushinga wabo.

-6541.jpg

Ubwo bamurikaga Umushinga wabo muri Transform Africa ya 2015

Muhire agira ati “Tujya mu nama nyinshi z’ikoranabuhanga muri Silicon Valley tugahura n’abahanga mu ikoranabuhanga bakora ama-app bo muri Google na Facebook. Uyu mwaka twitabiriye iy’ibihangange bikorera Facebook ama-apps.”
Silicon Valley ni agace ko mu Majyaruguru y’Umujyi wa San Francisco muri USA, kateye imbere mu ikoranabuhanga cyane cyane mu bijyanye no gukora Apps.

Kugeza ubu, VugaPay imaze kugera ku gaciro ka miliyoni eshatu z’Amadorari y’Amerika, abo bana bakaba bayifitemo imigabane 80% naho isigaye ikagabanwa n’umuherwe Tim Draper n’abandi bashoramari.

Muhire akomeza agira ati “Tugira akazi kenshi cyane ku munsi kuko dukoresha igihe kinini mu gukora amakode no guhura n’abafatanyabikorwa b’ibihangange.”

Aba bana bavuga ko ubuzima bwabo bwa buri munsi amasaha y’akazi aba yuzuyemo inama z’ubucuruzi, amahugurwa no gukora amakode afasha mu kohererezanya amafaranga ku bakiliya babo babarirwa mu bihumbi 10, mu gihe bafite abakozi umunani gusa babafasha.

Iri koranabuhanga aba bana bakoze rifasha mu kohererezanya amafaranga hifashishijwe amakarita ya banki kuri murandasi, terefone zigendanwa n’icyitwa Bitcoin.

Bavuga ko amafaranga anyura kuri VugaPay buri kwezi abarirwa hagati y’ibihumbi 35 na 50 by’amadorari. Muri 2016, ngo abakiriya bayifashishije babarirwa muri miliyoni eshanu.

Kugeza mu Ukuboza 2016, VugaPay yakoreshwaga mu bihugu 40 ifasha abantu kohererazanya amafaranga kuri telephone zigendanwa mu bihugu nk’u Rwanda, Kenya, Uganda, Niger, Malawi, DR Congo, Ghana, Tanzaniya no muri Zambiya.
Muhire ati “Abenshi mu bakiliya bacu ni abantu baba muri Amerika baba bashaka koherereza benewabo amafaranga .

Ubucuruzi bwacu buhagaze neza kandi nta gahunda dufite yo kugira abo tubwegurira, kuko dufitanye amasezerano ahoraho n’abafatanyabikorwa bacu.”

Akomeza agira ati “Ariko tunafite amakuru meza ko mu minsi mike dushobora gusinya kontaro ya miliyoni imwe y’Amadorari.”

VugaPay kugeza ubu, ni ryo koranabuhanga rinini ry’Abanyarwanda mu guhererekanya amafaranga muri Apps 14 zagaragaye mu nama ya SpeedUP zirimo gutangira muri Africa.

Umuherwe Tim Draper akaba yarashoyemo imari muri Apps umunani muri zo.
Mu zo yashoyemo imari twavuga nka VugaPay, Tress, Swiftly, Planete Sports, VeriCampus, DropBuddies, Nurlux na Trendingshow.

Muhire, umwe mu bashinze VugaPay, agira inama urubyiruko rwo mu Rwanda yo kuva mu ndoto rugakora bafatiye urugero ku buryo batangijemo VugaPay.

Mu nama ya Transform Africa ya gatatu irimo kubera i Kigali kuva ku wa 10-11Gicurasi 2017, biteganijwe ko haza gutoranywa utundi dushya mu ikoranabuhanga binyuze n’ubundi mu kiswe ‘Meet-the-Gorilla’.

Source : KT

2017-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 18 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United
IMIKINO

Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!
Amakuru

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru