• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nyuma y’ibura rya Ben Rutabana bikekwa ko yaguye muri Uganda yicishijwe na Frank Ntwali ku mabwiriza ya  Kayumba Nyamwasa na CMI,amakuru Rushyashya yabashije kubona kuva muri Uganda, aratangaza ko uwitwa  Charles Lwanga, uyu akaba ari  Umunyamabanga Mukuru wa RNC muri Uganda, yanditse ibaruwa igenewe    Jerome Nayigiziki, Umuhuzabikorwa mukuru wa RNC, amumenyesha ko hashyizweho icyo bise “Intara ya Uganda” n’abantu 15 bagize komite nshingwabikorwa yayo.

“Nyuma y’imyaka myinshi Intara ya Uganda ikorana  n’urwego ruhuza ibikorwa ku rwego rw’intara, abayobozi ku rwego rw’uturere ndetse n’abandi bayobozi bateraniye mu nama y’iminsi ibiri kuva kuwa 12-13 Ugushyingo 2019 I Kampala, aho komite nshingwabikorwa y’intara yatowe ngo iyobore inahuze ibikorwa bya RNC muri Uganda,” ibi akaba ari ibikubiye muri iyo baruwa yashyizweho umukono na Lwanga ku itariki 13 Ugushyingo 2019.

Iyi baruwa ikomeza ivuga ko iyi nama yaje ikurikira izindi nyinshi zatangiye mu mwaka ushize zahamagariraga gushinga komite nshingwabikorwa y’intara, ngo bizere guhuza ibikorwa neza no kubicunga.

Komite yashyizweho  iyobowe na Pasiteri Deo Nyirigira (Umuhuzabikorwa), bivugwa ko yifashishije itorero rye AGAPE rifite icyicaro I Mbarara, amaze imyaka myinshi ashakira RNC abarwanyi. Urusengero rwe akaba ari rwo abajyanwaga mu gisirikare muri RDC bakusanyirizwagamo mbere yo koherezwa mu bigo by’imyitozo.

Mwibuke ko hari itsinda ry’impunzi z’Abanyarwanda Nyirigira yari yashatse afatanyije n’Urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda [CMI], ryafatiwe ku mupaka wa Uganda na Tanzania mu Ukuboza 2017.

Abantu bose batowe bari basanzwe bakorera RNC muri Uganda, ari nabo bashimuta abanyarwanda basanzwe bakorera imirimo yabo ya buri munsi muri  Uganda kandi abo ninabo bakorana bya hafi na CMI mu kwinjiza abantu mu mutwe witwaje intwaro biganjemo Abanyarwanda baba muri Uganda.

Benshi muri aba Banyarwanda banze kwifatanya na RNC ariko bagiye batabwa muri yombi na CMI ikabakorera iyicarubozo ritandukanye.

Amakuru yizewe  atugeraho akaba avuga ko CMI itagira uruhare mu itegurwa ry’izo nama ahubwo inategeka ugomba kuba muri komite. Urugero rutangwa ni urwa Col. CK Asiimwe, ukuriye ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba muri CMI bivugwa ko yatanze inama yo kudahyira muri iyo komite Sulah Nuwamanya na Prossy Bonabaana kubera ko bananiwe kugabana amashiling akurwa mubikorwa byo kwinjiza abarwanyi binyujishwe mu mushinga  “Self Worth Initiative” [SWI] ari nawo wifashishwa mu gushaka abayoboke.

Indi  makuru akavuga ko impamvu ngo ari uko aba bafite akandi kazi gakomeye ko kwirirwa bakwirakwiza propaganda zibasira u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga. Aba bakaba baramenyekanye cyane kubera ibikorwa nk’ibi bagiye bakorera kuri facebook no mu kinyamakuru The New Vision. giterwa inkunga muri ibi bikorwa na Rujugiro Tribert, biciye muri Sulah Nuwamanya.

Muri uyu mwaka itsinda ry’abarwanyi 25 ba P5. ryatawe muri yombi rifatiwe ku rugamba muri Congo mbere yo koherezwa mu Rwanda kuburanishwa. Aba ngo ni bamwe mu itsinda ryahuye n’akaga mu rugamba rwaguyemo bagenzi babo basaga 100 abandi bagafatwa barimo Major (Rtd) Habib Mudhatiru, kuri ubu uvumira kugahera Kayumba Nyamwasa kubera ukuntu yabashoye mukaga akabima ubufasha kugeza ubwo bicwa n’inzara amafaranga bagewe ari gucuruzwa na Rosette Kayumba, Frank Ntwali n’Alexis uhagarariye ubucuruzi bwa Kayumba muri Mozambike.

Ngiyo ingirwa  Komite Nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

1.Deo Nyirigira – Umuhuzabikorwa
2.Frank Ruhinda – Umuhuzabikorwa wa mbere wungirije
3.Moris Udahemuka – Umuhuzabikorwa wa kabiri wungirije
4.Charles Lwanga – Umunyamabanga Mukuru
5.Patrick Tumwine – Ushinzwe umutungo
6.Christopher Busigo – Komiseri ushinzwe ‘mobilization’
7.Enock Asiimwe – Komiseri ushinzwe ubukada
8.Dr Gideon Rukundo – Komiseri ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru
9.Dr Sam Ruvuma – Komiseri ushinzwe dipolomasi,akaba na mwene wabo na Museveni
10.Anne Furaha – Komiseri ushinzwe abagore
11.Baker Kwesiga – Komiseri ushinzwe urubyiruko
12.John Ndinazo – Komiseri ushinzwe kubaka ubushobozi
13.Peka Africa – Komiseri ushinzwe igenamigambi
14.Emmanuel Mutarambirwa – Komiseri ushinzwe amatora n’imyitwarire
15.Mediatrice Muhawenimana – Komiseri ushinzwe Ubumwe n’Ubwiyunge

Ibi bikaba bivugwa mu gihe u Rwanda rwakomeje gushinja Uganda gucumbikira no gufasha abashaka guhirika ubutegetsi buriho ariko Uganda ikabihakana na n’ubu umubano w’ibihugu byombi ukaba ugiye kumara imyaka itatu urimo agatotsi katarangira no gucengacengana gukabije kwa Museveni.

2019-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

Ubwanditsi 22 Sep 2017
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025
Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira
Amakuru

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Ubwanditsi 23 Nov 2024
DIGP Marizamunda yasuye abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique
Mu Rwanda

DIGP Marizamunda yasuye abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique

Ubwanditsi 03 Apr 2016
Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe
Mu Mahanga

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Ubwanditsi 17 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru