• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Ubwanditsi 30 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri yitabiriye inama izwi nka G20 Investment Summit i Berlin mu Budage, yahurije hamwe abashoramari bo mu Budage n’ibihugu bya Afurika biri mu mikoranire n’ibihugu 20 bikize ku Isi, muri gahunda izwi nka G20 Compact with Africa.

Biteganyijwe ko muri iyi nama y’iminsi ibiri, Perezida Kagame azageza ijambo ku bayitabiriye nk’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe na Perezida w’u Rwanda. Inama irayoborwa na Chancelière w’u Budage, Angela Merkel.

Iyi nama irahuriza hamwe abacuruzi n’abashoramari bo mu Budage ndetse n’abo mu bihugu 12 bya Afurika biri muri gahunda ya Compact with Africa. Birimo u Rwanda, Benin, Côte d’Ivoire, Misiri, Ethiopia, Ghana, Guinea, Maroc, Tunisia, Sénégal, Togo na Burkina Faso.

Ni inama iri muri gahunda yabyo yo guteza imbere ishoramari mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere ku mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama abashoramari b’abadage baragaragaza imishinga batangiye gushyira mu bikorwa mu bihugu bya Afurika biri muri uwo mushinga, ndetse banagaragarizwe andi mahirwe y’ishoramri ari ku mugabane wa Afurika.

Gahunda ya G20 Compact with Africa yatangijwe umwaka ushize n’u Budage bwari buyoboye ihuriro ry’ibihugu 20 bikize ku Isi (G20) hagamijwe guteza imbere ishoramari muri Afurika.

Intego zayo za mbere ni ukongerera ingufu ishoramari ry’abikorera muri ibyo bihugu, hatezwa imbere ubucuruzi buto n’ubuciriritse.

Umwaka ushize nibwo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi y’u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizwe mu bihugu bya mbere muri Afurika bigiye gukorana n’ibihugu 20 bikize ku Isi (G20) mu gutera inkunga imishinga y’abikorera.

Uwari Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Gatete Claver yavuze ko ubufatanye bwari busanzwe yari impano ibihugu bikize cyane byajyaga biha ibyo muri Afurika ngo bibashe gutera imbere mu mishinga itandukanye, ariko noneho bishaka no gufasha abikorera.

Urwego rw’abikorera rukomeza guhura n’ibibazo birimo inguzanyo zihenze mu mabanki, kwaka inguzanyo mu madolari bibasaba kwishyura umurengera w’amafaranga y’u Rwanda n’ibindi bibazo mu mishinga baba bashaka gukora, ugasanga irabahenze rimwe na rimwe bakayireka.

Minisitiri Gatete ati “Rero bahisemo ibihugu bitanu byo gutangiriramo umushinga, bahisemo u Rwanda, Sénégal, Côte d’Ivoire, Maroc na Tunisia. Icyo gihe niyo mpamvu batumiye u Rwanda mu kwezi kwa Gatatu, tujya mu nama y’abaminisitiri b’imari b’ibyo bihugu mu Budage kugira ngo barebe ukuntu bashobora kuba badufasha.”

G20 igizwe n’ibihugu 19 hakiyongeraho Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, bikaba ari ibihugu bitanga inkunga nyinshi ihabwa ibindi bihugu, binyuze mu bigega bigize Banki y’Isi.

Ibyo bihugu ni Argentine, Australia, Brazil, Canada, u Bushinwa, u Bufaransa, u Budage, u Buhinde, Indonesia, u Butaliyani, u Buyapani, Koreya y’Epfo, Mexique, u Burusiya, Arabia Saoudite, Afurika y’Epfo, Turikiya, u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

2018-10-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2024
Inshoreke ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, irashaka umutwe wa Lea Karegaya ku isahani

Inshoreke ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, irashaka umutwe wa Lea Karegaya ku isahani

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Muri Uganda hatahuwe impunzi 300 000 za baringa

Muri Uganda hatahuwe impunzi 300 000 za baringa

Ubwanditsi 31 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka
Amakuru

Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka

Ubwanditsi 29 May 2023
Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019
APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.
Uncategorized

APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.

Ubwanditsi 09 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru