• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Ubwanditsi 30 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri yitabiriye inama izwi nka G20 Investment Summit i Berlin mu Budage, yahurije hamwe abashoramari bo mu Budage n’ibihugu bya Afurika biri mu mikoranire n’ibihugu 20 bikize ku Isi, muri gahunda izwi nka G20 Compact with Africa.

Biteganyijwe ko muri iyi nama y’iminsi ibiri, Perezida Kagame azageza ijambo ku bayitabiriye nk’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe na Perezida w’u Rwanda. Inama irayoborwa na Chancelière w’u Budage, Angela Merkel.

Iyi nama irahuriza hamwe abacuruzi n’abashoramari bo mu Budage ndetse n’abo mu bihugu 12 bya Afurika biri muri gahunda ya Compact with Africa. Birimo u Rwanda, Benin, Côte d’Ivoire, Misiri, Ethiopia, Ghana, Guinea, Maroc, Tunisia, Sénégal, Togo na Burkina Faso.

Ni inama iri muri gahunda yabyo yo guteza imbere ishoramari mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere ku mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama abashoramari b’abadage baragaragaza imishinga batangiye gushyira mu bikorwa mu bihugu bya Afurika biri muri uwo mushinga, ndetse banagaragarizwe andi mahirwe y’ishoramri ari ku mugabane wa Afurika.

Gahunda ya G20 Compact with Africa yatangijwe umwaka ushize n’u Budage bwari buyoboye ihuriro ry’ibihugu 20 bikize ku Isi (G20) hagamijwe guteza imbere ishoramari muri Afurika.

Intego zayo za mbere ni ukongerera ingufu ishoramari ry’abikorera muri ibyo bihugu, hatezwa imbere ubucuruzi buto n’ubuciriritse.

Umwaka ushize nibwo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi y’u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizwe mu bihugu bya mbere muri Afurika bigiye gukorana n’ibihugu 20 bikize ku Isi (G20) mu gutera inkunga imishinga y’abikorera.

Uwari Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Gatete Claver yavuze ko ubufatanye bwari busanzwe yari impano ibihugu bikize cyane byajyaga biha ibyo muri Afurika ngo bibashe gutera imbere mu mishinga itandukanye, ariko noneho bishaka no gufasha abikorera.

Urwego rw’abikorera rukomeza guhura n’ibibazo birimo inguzanyo zihenze mu mabanki, kwaka inguzanyo mu madolari bibasaba kwishyura umurengera w’amafaranga y’u Rwanda n’ibindi bibazo mu mishinga baba bashaka gukora, ugasanga irabahenze rimwe na rimwe bakayireka.

Minisitiri Gatete ati “Rero bahisemo ibihugu bitanu byo gutangiriramo umushinga, bahisemo u Rwanda, Sénégal, Côte d’Ivoire, Maroc na Tunisia. Icyo gihe niyo mpamvu batumiye u Rwanda mu kwezi kwa Gatatu, tujya mu nama y’abaminisitiri b’imari b’ibyo bihugu mu Budage kugira ngo barebe ukuntu bashobora kuba badufasha.”

G20 igizwe n’ibihugu 19 hakiyongeraho Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, bikaba ari ibihugu bitanga inkunga nyinshi ihabwa ibindi bihugu, binyuze mu bigega bigize Banki y’Isi.

Ibyo bihugu ni Argentine, Australia, Brazil, Canada, u Bushinwa, u Bufaransa, u Budage, u Buhinde, Indonesia, u Butaliyani, u Buyapani, Koreya y’Epfo, Mexique, u Burusiya, Arabia Saoudite, Afurika y’Epfo, Turikiya, u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

2018-10-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2018
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022
‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza

Ubwanditsi 24 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda
INKURU NYAMUKURU

Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Dr Frank Habineza  arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo
POLITIKI

Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru