• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Ubwanditsi 07 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, mu Rumonge, mu burengerazuba bw’Uburundi,hatangiye urubanza rw’ubujurire rwa basirikare 272 bo mu ngabo z’Uburundi (FDNB), bataye urugamba mu burasirazuba bwa Congo aho bafashaga ingabo za Congo FARDC mu guhangana n’umutwe wa M23. Igisirikari cy’Uburudi gishinja aba basirikari kwigumura.

Kuri uwo munsi,humviswe umutangabuhamya umwe w’ubushinjacyaha ariwe Brigadier Général Élie Ndizigiye, uzwi kandi ku izina rya Muzinga. Igihe aba basirikare bivumburaga banga gufasha ingabo za Congo mu kurwanya M23 bakayabangira ingata, uyu Brig Gen Muzinga niwe wari ukuriye ingao z’Uburudi zari zoherejwe na EAC, Muzinga akaba yaratumijwe icyo gihe ngo yinginge abo basirikari basubire ku rugamba ariko baramutsembera bahitamo gukuramo imyenda ya FARDC ngo bitahire iwabo, ibi byatewe n’ikibatsi bakubiswe na M23 cyane cyane ku musozi wa Muremure ahapfiriye ingabo nyinshi z’Uburundi.

Gen Muzinga akaba yaratanze ubuhamya bwe igihe kirekire.

Abasirikare barenga 150 nibo bari bafite abavoka babafasha mu manza zabo. Bari bafite akanya gato ko kwisobanura. Nk’uko byagenze muri urwo rubanza rwa mbere, bavuze ko batererawe ku rugamba n’abayobozi babo.

Aba basirikari bemeza ko ibi bikorwa byo kurwana na M23 bambaye imyenda ya FARDC bitumvikana kuko siyo misiyo yari yabajyanye ikindi nta gahimbazamusyi babonaga.

Ku munsi w’ejo, urukiko rwumvise wa Gatatu, umuyobozi mukuru w’ingabo z’Uburundi zoherejwe muri Kivu y’amajyaruguru gufasha ingabo za FARDC zishyigikiwe n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR hamwe n’abasirikare bo muri SADEC (Umuryango uhuza ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo). Nkibisanzwe, itangazamakuru ntiryari ryemewe gukurikirana uru rubanza.

Kugeza ubu Uburudi bufite ingabo nyinshi mu burasirazuba bwa Congo muri Kivu zombi; muri Kivu y’amajyaruguru zifasha kurwanya M23 naho muri Kivu y’amajyepfo ingabo z’Uburundi zivugako zirwanya imitwe irwanya icyo gihugu. Iyi niyo nzira yonyine Uburundi bubonamo amadevize akoreshwa na Leta yicyo gihugu, mugihe ibibazo by’ubukungu bikomeje kwiyongera.

Tshisekedi yishyura abasirikari b’abarundi nk’abacanshuro mu kurwanya M23 ariko bikarangira umusirikari ntacyo acyuye yigira mu mufuka wa Ndayishimiye n’akazu ke!

Naho muri Kivu y’amajyepfo abasirikari b’abarundi bafite ibirombe bacukura ku mugaragaro bakohereza I Bujumbura. Abasirikari baze kurwanirira urugamba bamena amaraso yabo mu gihe amafaranga aribwa nabo hejuru!

2024-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Ubwanditsi 15 May 2016
Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Ubwanditsi 18 Oct 2022
Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Ubwanditsi 30 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe  igitaraganya muri Rwandair
ITOHOZA

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
INKURU NYAMUKURU

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 15 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru