• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Ubwanditsi 07 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, mu Rumonge, mu burengerazuba bw’Uburundi,hatangiye urubanza rw’ubujurire rwa basirikare 272 bo mu ngabo z’Uburundi (FDNB), bataye urugamba mu burasirazuba bwa Congo aho bafashaga ingabo za Congo FARDC mu guhangana n’umutwe wa M23. Igisirikari cy’Uburudi gishinja aba basirikari kwigumura.

Kuri uwo munsi,humviswe umutangabuhamya umwe w’ubushinjacyaha ariwe Brigadier Général Élie Ndizigiye, uzwi kandi ku izina rya Muzinga. Igihe aba basirikare bivumburaga banga gufasha ingabo za Congo mu kurwanya M23 bakayabangira ingata, uyu Brig Gen Muzinga niwe wari ukuriye ingao z’Uburudi zari zoherejwe na EAC, Muzinga akaba yaratumijwe icyo gihe ngo yinginge abo basirikari basubire ku rugamba ariko baramutsembera bahitamo gukuramo imyenda ya FARDC ngo bitahire iwabo, ibi byatewe n’ikibatsi bakubiswe na M23 cyane cyane ku musozi wa Muremure ahapfiriye ingabo nyinshi z’Uburundi.

Gen Muzinga akaba yaratanze ubuhamya bwe igihe kirekire.

Abasirikare barenga 150 nibo bari bafite abavoka babafasha mu manza zabo. Bari bafite akanya gato ko kwisobanura. Nk’uko byagenze muri urwo rubanza rwa mbere, bavuze ko batererawe ku rugamba n’abayobozi babo.

Aba basirikari bemeza ko ibi bikorwa byo kurwana na M23 bambaye imyenda ya FARDC bitumvikana kuko siyo misiyo yari yabajyanye ikindi nta gahimbazamusyi babonaga.

Ku munsi w’ejo, urukiko rwumvise wa Gatatu, umuyobozi mukuru w’ingabo z’Uburundi zoherejwe muri Kivu y’amajyaruguru gufasha ingabo za FARDC zishyigikiwe n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR hamwe n’abasirikare bo muri SADEC (Umuryango uhuza ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo). Nkibisanzwe, itangazamakuru ntiryari ryemewe gukurikirana uru rubanza.

Kugeza ubu Uburudi bufite ingabo nyinshi mu burasirazuba bwa Congo muri Kivu zombi; muri Kivu y’amajyaruguru zifasha kurwanya M23 naho muri Kivu y’amajyepfo ingabo z’Uburundi zivugako zirwanya imitwe irwanya icyo gihugu. Iyi niyo nzira yonyine Uburundi bubonamo amadevize akoreshwa na Leta yicyo gihugu, mugihe ibibazo by’ubukungu bikomeje kwiyongera.

Tshisekedi yishyura abasirikari b’abarundi nk’abacanshuro mu kurwanya M23 ariko bikarangira umusirikari ntacyo acyuye yigira mu mufuka wa Ndayishimiye n’akazu ke!

Naho muri Kivu y’amajyepfo abasirikari b’abarundi bafite ibirombe bacukura ku mugaragaro bakohereza I Bujumbura. Abasirikari baze kurwanirira urugamba bamena amaraso yabo mu gihe amafaranga aribwa nabo hejuru!

2024-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

RUSHYASHYA 17 Nov 2025
Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 14 Sep 2016
FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga

FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga

RUSHYASHYA 24 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga
ITOHOZA

Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze
INKURU NYAMUKURU

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019
Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga
Mu Rwanda

Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga

Ubwanditsi 04 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru