Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafatiye ibihano abayobozi babiri b’amakipe atandukanye nyuma y’imyitwarire itaragenze neza bagaragaje mu mikino ya shampiyona iheruka.

Ni ibyemezo byafashwe hashingiwe ku mategeko agenga imyitwarire y’abari mu mupira w’amaguru, cyane cyane ingingo ya 2.1 (igika cya mbere) n’iya 2.3.3, zigamije kurinda isura nziza n’imigendekere myiza y’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Mu bahanwe harimo Olivier Ndatimana, ushinzwe ibikoresho muri Gorilla FC, wahamwe n’imyitwarire idahwitse yagaragaye mu mukino wahuje Gorilla FC na Rayon Sports FC wabereye kuri Stade Amahoro ku wa 22 Mata 2026.
Undi ni Japhet Imurora Hakizimana, umutoza wungirije wa Amagaju FC, wafatiwe ibihano nyuma y’imyitwarire idakwiye yagaragaye mbere y’umukino wa shampiyona wahuje Musanze FC na Amagaju FC ku wa 17 Mata 2026.
Nk’uko byatangajwe na FERWAFA, aba bayobozi bombi babujijwe kwinjira mu gace ka tekiniki ndetse banahagarikwa by’agateganyo mu bikorwa bifitanye isano n’imikino. Hiyongeraho ko dosiye zabo zizakomeza gusuzumwa n’inzego zibishinzwe, ku buryo hashobora gufatwa n’ibindi bihano byiyongera.
FERWAFA yashimangiye ko itazihanganira imyitwarire inyuranyije n’amategeko n’indangagaciro z’umupira w’amaguru, isaba abayobozi, abatoza n’abandi bose bawugiramo uruhare kurangwa n’ikinyabupfura, kubaha amategeko no kwimakaza ubunyamwuga.

Iyi gahunda yo gukaza imyitwarire ije mu gihe umupira w’amaguru mu Rwanda ukomeje gutera imbere, aho inzego ziwuyoboye zishyira imbere kurinda isura yawo no kuwuteza imbere mu buryo burambye.




