• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

RUSHYASHYA 16 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abahoze ari abaturanyi ba Jean Claude Muhayimana uri kuburanishwa n’inkiko zo mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko yatwaraga Interahamwe zigiye kwica, bityo ko akwiye kubihanirwa kandi akanaba umutangabuhamya ku byakozwe n’Interahamwe yatwaraga.

Ni nyuma y’aho Urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko rwa Rubanda rwa Paris, rukomeje kuburanisha urubanza rw’Umunyarwanda Claude Muhayimana wahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Muhayimana uvuka mu Karere ka Karongi mu cyakoze ari Komine Gitesi, Perefegitura ya Kibuye akurikiranyweho ibyaha birimo ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Umwe mu barimu bamwigishije avuga ko yamubonye inshuro eshatu atwaye Interahamwe zigiye kwica Abatutsi. Uwo asanga Muhayimana yakabaye umwe mu batangabuhamya kuri Jenoside.

Ati “Nubwo yabatwaraga atafatanije na bo yakagombye kuba ari umwe mu batangabuhamya, bagaragaza abantu bagiye mu bitero bakaba bararimbuye abantu. Naramubonye njyewe ubwanjye ajya Nyamishaba atwaye iyo modoka ya Bosco Nkundunkundiye ya Daihatsu, yarimo Interahamwe zigiye kwica Abatutsi bari bahungiye i Nyamishaba”.

I Nyamashaba hari ishuri ryisumbuye ryigisha ibijyanye n’ubuhinzi n’amashyamba, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, hahungiye Abatutsi benshi bahizeye amakiriro Interahamwe zirimo n’izajyanywe na Muhayimana zirahabasanga zirabica, abenshi zibata mu Kiyaga cya Kivu.

Umwe mu barokokeye i Nyamishaba wakoranaga n’umugore wa Muhayimana avuga ko azi neza uyu mugabo ndetse ko yamubonye atwaye imodoka yajyanye Interahamwe kwica Abatutsi i Nyamishaba.

Ati “Muhayimana ndamuzi 100/100 kuko yigaga mu mwaka niga mu wa kane w’amashuri abanza ku Ruganda, n’iwabo ndahazi. Yaje i Nyamishaba atwaye abajandarume, asubirayo azana Interahamwe, ndabyibuka hari mu gitondo”.

Yavuze ko izo Nterahamwe yazikuraga mu Mujyi wa Kibuye, kuko mbere yo kujya kwica zabanzaga guhurira ahitwa kuri PeteroRwanda zigakora inama.

Ati “Mbere yatwaraga imodoka ya Hilux itukura ariko icyo gihe yatwaraga imodoka ya Daihatsu ya Bombobombo, (Nkundunkundiye). Imodoka yaje atwaye yari ipakiye no hejuru itabasha kugenda. Abajandarume bahise batangira kuturasa, Interahamwe zari zitwaje intwaro gakondo, zitangira gutemagura ziroha mu Kivu”.

Umujyi wa Kibuye urimo inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi zashyizwe kuri site ziciweho Abatutsi benshi. Nyamishaba, Gatwaro, Home Saint Jean, no kuri Paruwasi Gatorika ya Saint Pierre. Abatangabuhamya bavuga ko aho hose Jean Claude Muhayimana yahajyanye Interahamwe azitwaye mu modoka.

Umuturanyi we uvuga ko Muhayimana yajyaga mu nama zo gutegura aho bagiye kwica, amusaba ko yagaragaza ukuri.

Ati “Twifuza ko yagaragaza ukuri, ntace ku ruhande ku byabaye muri Jenoside, kuko u Rwanda rwacu rwiteguye gutanga imbabazi. Turasaba ubutabera”.

Tariki ya 16 Ukuboza 2021, urugereko rubanza rw’iremezo rw’Urukiko rwa Rubanda rwa Paris rwahamije Muyahimana ubufatanyacyaha muri Jenoside no mu byaha byibasiye inyokomuntu, rumukatira igifungo cy’imyaka 14 nyuma yo kwemeza ko yatwaraga Interahamwe.

2026-02-16
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Ubwanditsi 08 May 2018
14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Ubwanditsi 07 May 2019
Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 03 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko bazimya umuriro w’Amatora!
Mu Mahanga

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe
Mu Rwanda

Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru