• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Ubwanditsi 25 Jan 2017 Mu Mahanga

Nubwo Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye mu guteza imbere serivisi z’ubutabera, hari bamwe mu banyarwanda bagaragaza ko badashimishwa na serivisi z’ubutabera bahabwa.

Ikigo cy’igihugu gishizwe imiyoborere RGB, cyakoze ubushakashatsi bugaragaza ko abanyarwanda 62.7% aribo banyurwa na serivisi z’ubutabera bahabwa, na 16 % bakazinenga, abandi mu bushakashatsi barifashe ntibashima cyangwa ngo banenge.

Abishimira ubutabera bahabwa mu mwaka wa 2015 bari ku kigero cya 76.7%, bikagaragaza ko hagabanutseho 14% mu mwaka wa 2016.

Ubwo Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), Prof Shyaka Anastase, yamurikiraga raporo Komisiyo y’Imibereho Myiza y’abaturage, Uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage muri Sena, yasobanuye ko abaturage bagaragaje ko serivisi z’ubutabera zitangwa nabi ari izikenerwa byihuta.

Yagize ati “Mu butabera, hari ibintu bikomeye abaturage baba bashaka aribyo bagaragaza ko badahabwa neza nko kwihutisha imanza, kuzirangiza, kumenyeshwa amategeko y’uburenganzira bwa muntu, gufata no gufunga n’ubwunganizi ku banyantege nke.”

Yakomeje avuga ko izo serivisi arizo zagaragajwe ko zikwiriye kongerwamo imbaraga nyinshi kugira ngo abanyarwanda bagerwaho n’ubutabera bishimiye.

Iyo raporo isobanura ko impamvu yo gusubira inyuma kw’abashima izi serivisi guterwa no kuba serivisi z’ubutabera zaracukumbuwe cyane mu mwaka wa 2016 ugereranije n’imyaka yashize, no kuba abaturage bamaze gusobanukirwa n’ubushakashatsi bagatanga amakuru.

Iyi raporo igaragaza ko Intara y’Uburasirazuba ariyo abayituye bashima serivisi z’ubutabera, aho Gatsibo igeza kuri 79.1% naho Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali abashima bakaba 49.1%.

Uturere dutanu tuza imbere mu kwishimira ubutabera ni Gatsibo (79.1%) Rubavu (73.4%), Nyagatare (70.7%), Kamonyi (70%) Ngoma (69.9%), naho dutanu tuza inyuma ni Nyarugenge (49.1%), Gasabo (50.8%), Rutsiro (51.2%) Bugesera (53.3%) na Gicumbi (56.6%).

-5520.jpg

Prof. Shyaka Anastase muri Senat

Serivisi z’ubutabera abaturage basubizaga uko zifashe mu butabera harimo nk’iza noteri, kwihutisha imanza, ubwunganizi mu butabera, ifunga n’ifungurwa k’ukekwaho icyaha, kutabogama kw’inzego z’ubucamanza, ubukanguramabaga ku kumenyekanisha amategeko n’uburenganzira bwa muntu, kumenya inzego zitanga serivise z’ubutabera n’uburyo babona ibibazo by’akarengane, ikimenyane na ruswa.

Safi Emmanuel

2017-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Ubwanditsi 15 Jun 2024
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 21 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC
IMIKINO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Perezida Kagame yayoboye inama nyunguranabitekerezo ku mavugururwa ya AU
Mu Rwanda

Perezida Kagame yayoboye inama nyunguranabitekerezo ku mavugururwa ya AU

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 12 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru