• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Nyuma yo gusuzuma imyitwarire ya guverinoma y’Ububiligi mu kibazo cy’amakimbirane ari muri aka Karere k’Ibiyaga Bigari, abasesenguzi benshi, barimo abanyapolitiki, impuguke mu mateka n’abanyamakuru, basanga icyo gihugu nta kindi cyagombye gukora uretse gusaba imbabazi gusa, kuko Ububiligi ari nyirabayazana w’ayo makimbirane yose.

Maxime Prévot, Minisitiri w’Intebe wungirije w’Ububiligi

Nyamara Ububiligi buracyitwara nk’umukoloni, bugerageza gutegeka uRwanda uko rubaho, kabone n’iyo byaba bishyira mu kaga ubuzima bwarwo. Ni aha rero abo basesenguzi bavugira ko Ububiligi ari umugaragu w’amateka, witwaza imfashanyo agashaka kugaraguza uRwanda agati, nk’uko byahoze kera.

Aho kurarama nk’ukiza abavandimwe, cyane cyane ko icyo bapfa ahanini gishingiye ku ngengabitekerezo ya jenoside n’imiyoborere mibi Ububiligi bwaraze aka karere, Ububiligi bwahisemo kubogamira kuri Kongo no kuyishyigikira mu binyoma ikwiza ngo uRwanda nirwo ruyibuza umutekano.

Nk’aho ibyo bidahagije mu kubangamira inyungu z’uRwanda, Ububiligi bwahagurukiye kuruteranya n’abafatanyabikorwa barwo mu iterambere, ibihano ku Rwanda biba igikangisho, hirengagijwe ibimenyetso bigaragaza ibikorwa bya Kongo mu kubuza uRwanda amahoro n’umutekano.

Nk’uko u Rwanda rutahwemye kuvuga ko ntawe ruzapfukamira rusaba uruhushya rwo kwirindira umutekano, rwongeye kwereka Ububiligi ko ubuzima bw’Abanyarwanda butazashingira ku mpuhwe z’uwo ari we wese, maze ku mugoroba wa tariki 18 Gashyantare 2025, ruhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi.

Ayo masezerano yari yatangiye muri 2024, akaba yari kuzageza muri 2029. Guverinoma y’uRwanda yasobanuye ko miliyoni 95 z’amaeuros zitaguranwa agaciro k’Abanyarwanda n’uburenganzira bwabo bwo kubaho.

Senateri Alain Destexhe wamaganye kubogama kwa Guverinoma y’Ububiligi

Umwe mu basanga Ububiligi butari bukwiye ijambo mu bibazo byo muri aka karere, ko ahubwo bukwiye kuryozwa uruhare muri ibyo bibazo, ni Senateri Alain Destexhe wo muri Sena y’icyo gihugu.

Senateri Destexhe yagize ati:”Urebye amateka mabi Ububiligi bufite muri aka karere, ukazirikana raporo yakozwe na Sena y’Ububiligimuw’1997 igaragaza uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu bibazo byose biri muri aka karere, yemwe na Guy Verhofstadt wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi akaba yarasabye uRwanda imbazi, nta kindi gikwiye abategetsi b’Ububiligi, uretse gukorwa n’isoni, bakaruca bakarumira.Kubogama byatuma ibintu birushaho kujya irudubi”.

Abagaye imyitwarire y’Ububiligi bibaza ukuntu abategetsi babwo birengagiza uburyo Leta ya Kongo ifatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR n’indi mitwe yitwara gisirikari mu guhohotera Abatutsi b’Abakongomani.

Ntibumva ukuntu Ububiligi buhumiriza, ntibwamagane Tshisekedi urenga ku mategeko mpuzamahanga, agakoresha abacancuro mu kwica abaturage be.

Hibazwa kandi ukuntu Ububiligi butitaye ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi byibasira ambasade z’ibihugu binyuranye i Kinshasa.

Kuri ibi byose abo basesenguzi banzura ko Ububiligi bwaheranywe n’amateka ya gikoloni, kuko bugifata uRwanda nk’insina ngufi, bashobora gucaho ikoma nta nkomyi. Ntibazi ko Abanyarwanda bamaze imyaka isaga 30 baripakuruye politikiya “cishwaha”.

Ikindi, Ababiligi by’umwihariko, n’abanyaburayi muri rusange, bazi neza ko abategetsi ba Kongo bakunda umuntu ubashimagiza mu mafuti yabo. Biboneye rero ko umuvuno wo gusahura Kongo, ari ukuba utuka uRwanda gusa.

2025-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ubwanditsi 25 Apr 2024
Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Ubwanditsi 18 Apr 2020
Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Ubwanditsi 25 Feb 2023
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Ngo akabi gasekwa nk’akeza !!!!
Mu Mahanga

Ngo akabi gasekwa nk’akeza !!!!

Ubwanditsi 24 Jan 2018
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru