• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Nyuma yo gusuzuma imyitwarire ya guverinoma y’Ububiligi mu kibazo cy’amakimbirane ari muri aka Karere k’Ibiyaga Bigari, abasesenguzi benshi, barimo abanyapolitiki, impuguke mu mateka n’abanyamakuru, basanga icyo gihugu nta kindi cyagombye gukora uretse gusaba imbabazi gusa, kuko Ububiligi ari nyirabayazana w’ayo makimbirane yose.

Maxime Prévot, Minisitiri w’Intebe wungirije w’Ububiligi

Nyamara Ububiligi buracyitwara nk’umukoloni, bugerageza gutegeka uRwanda uko rubaho, kabone n’iyo byaba bishyira mu kaga ubuzima bwarwo. Ni aha rero abo basesenguzi bavugira ko Ububiligi ari umugaragu w’amateka, witwaza imfashanyo agashaka kugaraguza uRwanda agati, nk’uko byahoze kera.

Aho kurarama nk’ukiza abavandimwe, cyane cyane ko icyo bapfa ahanini gishingiye ku ngengabitekerezo ya jenoside n’imiyoborere mibi Ububiligi bwaraze aka karere, Ububiligi bwahisemo kubogamira kuri Kongo no kuyishyigikira mu binyoma ikwiza ngo uRwanda nirwo ruyibuza umutekano.

Nk’aho ibyo bidahagije mu kubangamira inyungu z’uRwanda, Ububiligi bwahagurukiye kuruteranya n’abafatanyabikorwa barwo mu iterambere, ibihano ku Rwanda biba igikangisho, hirengagijwe ibimenyetso bigaragaza ibikorwa bya Kongo mu kubuza uRwanda amahoro n’umutekano.

Nk’uko u Rwanda rutahwemye kuvuga ko ntawe ruzapfukamira rusaba uruhushya rwo kwirindira umutekano, rwongeye kwereka Ububiligi ko ubuzima bw’Abanyarwanda butazashingira ku mpuhwe z’uwo ari we wese, maze ku mugoroba wa tariki 18 Gashyantare 2025, ruhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi.

Ayo masezerano yari yatangiye muri 2024, akaba yari kuzageza muri 2029. Guverinoma y’uRwanda yasobanuye ko miliyoni 95 z’amaeuros zitaguranwa agaciro k’Abanyarwanda n’uburenganzira bwabo bwo kubaho.

Senateri Alain Destexhe wamaganye kubogama kwa Guverinoma y’Ububiligi

Umwe mu basanga Ububiligi butari bukwiye ijambo mu bibazo byo muri aka karere, ko ahubwo bukwiye kuryozwa uruhare muri ibyo bibazo, ni Senateri Alain Destexhe wo muri Sena y’icyo gihugu.

Senateri Destexhe yagize ati:”Urebye amateka mabi Ububiligi bufite muri aka karere, ukazirikana raporo yakozwe na Sena y’Ububiligimuw’1997 igaragaza uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu bibazo byose biri muri aka karere, yemwe na Guy Verhofstadt wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi akaba yarasabye uRwanda imbazi, nta kindi gikwiye abategetsi b’Ububiligi, uretse gukorwa n’isoni, bakaruca bakarumira.Kubogama byatuma ibintu birushaho kujya irudubi”.

Abagaye imyitwarire y’Ububiligi bibaza ukuntu abategetsi babwo birengagiza uburyo Leta ya Kongo ifatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR n’indi mitwe yitwara gisirikari mu guhohotera Abatutsi b’Abakongomani.

Ntibumva ukuntu Ububiligi buhumiriza, ntibwamagane Tshisekedi urenga ku mategeko mpuzamahanga, agakoresha abacancuro mu kwica abaturage be.

Hibazwa kandi ukuntu Ububiligi butitaye ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi byibasira ambasade z’ibihugu binyuranye i Kinshasa.

Kuri ibi byose abo basesenguzi banzura ko Ububiligi bwaheranywe n’amateka ya gikoloni, kuko bugifata uRwanda nk’insina ngufi, bashobora gucaho ikoma nta nkomyi. Ntibazi ko Abanyarwanda bamaze imyaka isaga 30 baripakuruye politikiya “cishwaha”.

Ikindi, Ababiligi by’umwihariko, n’abanyaburayi muri rusange, bazi neza ko abategetsi ba Kongo bakunda umuntu ubashimagiza mu mafuti yabo. Biboneye rero ko umuvuno wo gusahura Kongo, ari ukuba utuka uRwanda gusa.

2025-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025
U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa

U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Inkundura yo kwegura kwa ba Meya n’ababungirije yiswe “Tour du Rwanda “, yakomereje mu mu karere ka Huye

Inkundura yo kwegura kwa ba Meya n’ababungirije yiswe “Tour du Rwanda “, yakomereje mu mu karere ka Huye

Ubwanditsi 31 May 2018
Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Ubwanditsi 08 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano
Mu Mahanga

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka
Amakuru

AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka

RUSHYASHYA 18 Jul 2026
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu
INKURU NYAMUKURU

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Ubwanditsi 01 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru