• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina, mu Rukiko Ntuzakururane, Uzemere ko uri Rudahusha Impuha n’Impamba y’Impunzi

Rusesabagina, mu Rukiko Ntuzakururane, Uzemere ko uri Rudahusha Impuha n’Impamba y’Impunzi

Ubwanditsi 14 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Rusesabagina yamamaye mu maso y’abadasobanukiwe iby’I Rwanda, inda ye si ukuyishweka ngo barashima uwarokoye abantu.Nyamara abamuzi umuzi n’umuhamuro bazi ko “Hotel Rwanda” ari filimi nyine, nk’uko tubona filimi za ba Rambo mu bitangaza bidashobokera kamere –muntu.

Nyamara uyu Nyiramatama yarariraga amata, abana baririra mu matara y’inkambi we yita hoteli. None gashyira iramushyiguye, aje gusaba abo yibye n’abo yimye!Yishinze abamuhaye ikarita ndangamunzi,yiyambura indangamunyarwanda, si ukurikora muri Nyungwe no mu nkengero, none Gahini amaraso ya bene se amukozeho. Birumvikana ko aho afungiye arara yibaza uko yageze mu Gihugu yandagaje kubera inda mbi.

Ubu noneho induru ni iy’abamuhaye amaronko n’amaramuko, bamwizeza n’amaboko, ntakamenye ko bakoshya ko uri intwari, rwamara kurema bakagutererana!!
Tugarutse ku mpunzi Rusisibaranya yambuye impamba, nta muntu wahungiye muri 1000 Collines ahungiye kuri Rusesabagina.

Buri wese yahageze uko yahisanze, ku bwa Nyagasani iminsi mibi iramusiga.Uko bahageze kandi si ku buryo bumwe, mu nzira y’inzitane byarangiye buri wese ahageze, Rwisesa mu gihe atabigizemo uruhare. Ariko se ,nubwo daweya Rusesabagina yari inkoramutima y’inkoramaraso nka Bagosora, ninde muntu muri biriya bihe wari ufite imbaraga zo kurinda no kurokora abantu basaga 1000? N’uwagerageje guheka uruhinja rwahigwaga bararumucuje baruca umutwe, none Rusesabagina we ati “nganya imbaraga n’Imana , nahishe imbaga y’abantu.

Ese ni ngombwa ko nkwibutsa ko utarakuguriye wamutanze?Uribuka abasore 2 babuze ayo kwigura, ukabanyuza inzira yo kuri piscine, ubahereza Interahamwe?Si ubwo duheruka abo bajyambere wavukije ubuzima? Nkwibutse se ko n’uwo wahaga telephone ngo abwire abakiriho ko nawe agihumeka, wamuhagararaga hejuru, ukahava akwishyuye, ibyo yavuze byose ukabishyira Bagosora?
Ese wamenye uko abaturage ba Nyamagabe na Nyabimata bishimiye kuzakubona imbonankubone, wayatomotswe, ubabwira icyo wabahoye?Nako ngo wishingikirije imidari da!Hanyuma abo wasahuye bagasigara ari imidari uzababwira iki? Ngo Human Rights Watch harya?U bwo burenganzira baririmba se ninde wababwiye ko bugarukira kwa Rusesabagina na Tatiana, nawe nabonye washoye mu bushotoranyi?Iminsi 40 iyo yageze,ibisahu n’ibisabano ntabyo biraguseka. Nta yandi mahitamo rero uretse kureka ibisazi, ugasaba imbabazi.

2020-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 10 Oct 2021
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.
Mu Rwanda

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia
ITOHOZA

Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru