• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 30 Apr 2018 Mu Rwanda

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha urubanza rwa Lt. Col. Rugigana Rugema Ngabo umuvandimwe wa Kayumba Nyamwasa, ukurikiranyeho ibyaha byo kugambanira igihugu.

Kuri uyu wa 30 Mata 2018 ni bwo uru rubanza rwasubukuwe nyuma y’aho muri Werurwe rwari rwasubitswe bitewe n’uko hari imyanzuro y’ababuranyi itari yashyizwe mu ikoranabuhanga rihuriweho n’inzego z’ubutabera.

Ku wa 25 Nyakanga 2012, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwari rwakatiye Lt. Col. Rugigana gufungwa imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 n’amagarama y’urubanza angana n’amafaranga ibihumbi makumyabiri.

Lt. Col. Rugigana yahamwe n’ibyaha bibiri muri bitatu yaregwaga, ari byo ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi hakoreshejwe intambara no gukwirakwiza ibihuha agamije guteza imvururu cyangwa imidugararo yangisha abaturage ubutegetsi. Icyaha kitamuhamye ni icyo gukwirakwiza intwaro no gukorana na FDLR.

Icyo gihe yaba we cyangwa ubushinjacyaha bajuririye umwanzuro w’urukiko, aho ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko igihano yahawe ari gito ugereranyije n’ibyaha yari akurikiranweho.

Kuri uyu wa Mbere, mu modoka ya gisirikare yabugenewe itwara imfungwa, mu mpuzankano zisanzwe za gisirikare n’amapeti ku rutugu, Lt. Col. Rugigana, yayisohotsemo agenda asa nk’ucumbagira, nta mapingu yambaye, aherekejwe n’abasirikare babiri, uko ni ko uyu musirikare mukuru yagejejwe ku rukiko.

Urubanza rugitangira, Perezida w’iburanisha yagaragaje ko ikibazo cyari cyabaye mu iburanisha riheruka cyakemutse, aha umwanya uruhande rw’ubushinjacyaha kugira icyo ruvuga ku mwanzuro warwo.

Umushinjacyaha wa Gisirikare, Cpt. Nzakamwita Faustin yabwiye urukiko ko urwo rubanza rufite aho ruhuriye n’umutekano w’igihugu, asaba ko byaba byiza rushyizwe mu muhezo.

Yasobanuye ko no mu maburanisha yabanje mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare rwaburanishijwe mu muhezo.

Gusa ku ruhande rwa Lt. Col. Rugigana, yavuze ko atiyumvisha impamvu urwo rubanza rwashyirwa mu muhezo na cyane ko ngo hari n’izindi manza zisa n’urwe zaburanishijwe n’inkiko zitandukanye.

Yanavuze ko ibyo ubushinjacyaha bumukurikiranyeho niba ari ukuri urubanza rwakabaye mu ruhame kugira ngo bizanabere isomo rubanda.

Yashimangiye ko muri dosiye ye habayemo itekinika, aho ngo icyifuzo cy’ubushinjacyaha cyo kurushyira mu muhezo kijyanye no gushaka ko amakosa yakozze atagaragarira buri wese.

Yavuze ko nta cyaha na kimwe aregwa kitakabaye kijya ku karubanda, asaba urukiko gutesha agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha.

Umushinjacyaha yavuze ko uregwa akunze gukoresha amagambo mabi cyane iyo iburanisha ririmo, aho aba asa n’ushaka kugira ibyo atuma abakurikiranye iburanisha.

Uwunganira Lt. Col. Rugigana, Me Butera Geoffrey, yabwiye urukiko ko nta mpamvu n’imwe ubushinjacyaha bwagaragaje yatuma rushyirwa mu muhezo.

Avuga ko itegeko rigena imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha riteganya ko ihame ko ari uko urubanza rwaburanishwa mu ruhame.

Kuri iyi ngingo, umushinjacyaha yasobanuye ko muri bimwe mu byaha Lt. Col. Rugigana aregwa harimo gukorana n’umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wa FDRL, aho bireba umutekano w’igihugu ku buryo bitakumvwa na buri wese.

Urukiko rwaje kwiherera ruza gufata umwanzuro ko bitewe n’uburemere by’ibirego urubanza rutangira kuburanishirizwa mu muhezo rushimangira ko bitazavutsa uburenganzira uregwa bwo kwiregura.

Lt. Col. Rugigana umaze imyaka hafi itandatu akatiwe, yatawe muri yombi muri Mutarama 2011.

2018-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 04 Apr 2022
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
Ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bishobora kuzahesha amahirwe uwari umugore wa Perezida Zuma

Ubwinshi bw’abifuza kuyobora ANC bishobora kuzahesha amahirwe uwari umugore wa Perezida Zuma

Ubwanditsi 03 May 2017
Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Ubwanditsi 14 Apr 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Ngabo
    May 1, 20184:39 am -

    Habuze itekinica kubuzima bwe ninayo mpamvu atashyirwa ahagaragara…poor victim!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad
Amakuru

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.
Amakuru

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru