• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 30 Apr 2018 Mu Rwanda

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha urubanza rwa Lt. Col. Rugigana Rugema Ngabo umuvandimwe wa Kayumba Nyamwasa, ukurikiranyeho ibyaha byo kugambanira igihugu.

Kuri uyu wa 30 Mata 2018 ni bwo uru rubanza rwasubukuwe nyuma y’aho muri Werurwe rwari rwasubitswe bitewe n’uko hari imyanzuro y’ababuranyi itari yashyizwe mu ikoranabuhanga rihuriweho n’inzego z’ubutabera.

Ku wa 25 Nyakanga 2012, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwari rwakatiye Lt. Col. Rugigana gufungwa imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 n’amagarama y’urubanza angana n’amafaranga ibihumbi makumyabiri.

Lt. Col. Rugigana yahamwe n’ibyaha bibiri muri bitatu yaregwaga, ari byo ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi hakoreshejwe intambara no gukwirakwiza ibihuha agamije guteza imvururu cyangwa imidugararo yangisha abaturage ubutegetsi. Icyaha kitamuhamye ni icyo gukwirakwiza intwaro no gukorana na FDLR.

Icyo gihe yaba we cyangwa ubushinjacyaha bajuririye umwanzuro w’urukiko, aho ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko igihano yahawe ari gito ugereranyije n’ibyaha yari akurikiranweho.

Kuri uyu wa Mbere, mu modoka ya gisirikare yabugenewe itwara imfungwa, mu mpuzankano zisanzwe za gisirikare n’amapeti ku rutugu, Lt. Col. Rugigana, yayisohotsemo agenda asa nk’ucumbagira, nta mapingu yambaye, aherekejwe n’abasirikare babiri, uko ni ko uyu musirikare mukuru yagejejwe ku rukiko.

Urubanza rugitangira, Perezida w’iburanisha yagaragaje ko ikibazo cyari cyabaye mu iburanisha riheruka cyakemutse, aha umwanya uruhande rw’ubushinjacyaha kugira icyo ruvuga ku mwanzuro warwo.

Umushinjacyaha wa Gisirikare, Cpt. Nzakamwita Faustin yabwiye urukiko ko urwo rubanza rufite aho ruhuriye n’umutekano w’igihugu, asaba ko byaba byiza rushyizwe mu muhezo.

Yasobanuye ko no mu maburanisha yabanje mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare rwaburanishijwe mu muhezo.

Gusa ku ruhande rwa Lt. Col. Rugigana, yavuze ko atiyumvisha impamvu urwo rubanza rwashyirwa mu muhezo na cyane ko ngo hari n’izindi manza zisa n’urwe zaburanishijwe n’inkiko zitandukanye.

Yanavuze ko ibyo ubushinjacyaha bumukurikiranyeho niba ari ukuri urubanza rwakabaye mu ruhame kugira ngo bizanabere isomo rubanda.

Yashimangiye ko muri dosiye ye habayemo itekinika, aho ngo icyifuzo cy’ubushinjacyaha cyo kurushyira mu muhezo kijyanye no gushaka ko amakosa yakozze atagaragarira buri wese.

Yavuze ko nta cyaha na kimwe aregwa kitakabaye kijya ku karubanda, asaba urukiko gutesha agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha.

Umushinjacyaha yavuze ko uregwa akunze gukoresha amagambo mabi cyane iyo iburanisha ririmo, aho aba asa n’ushaka kugira ibyo atuma abakurikiranye iburanisha.

Uwunganira Lt. Col. Rugigana, Me Butera Geoffrey, yabwiye urukiko ko nta mpamvu n’imwe ubushinjacyaha bwagaragaje yatuma rushyirwa mu muhezo.

Avuga ko itegeko rigena imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha riteganya ko ihame ko ari uko urubanza rwaburanishwa mu ruhame.

Kuri iyi ngingo, umushinjacyaha yasobanuye ko muri bimwe mu byaha Lt. Col. Rugigana aregwa harimo gukorana n’umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wa FDRL, aho bireba umutekano w’igihugu ku buryo bitakumvwa na buri wese.

Urukiko rwaje kwiherera ruza gufata umwanzuro ko bitewe n’uburemere by’ibirego urubanza rutangira kuburanishirizwa mu muhezo rushimangira ko bitazavutsa uburenganzira uregwa bwo kwiregura.

Lt. Col. Rugigana umaze imyaka hafi itandatu akatiwe, yatawe muri yombi muri Mutarama 2011.

2018-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Gasabo: Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Gasabo: Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Ubwanditsi 04 Nov 2017
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Ngabo
    May 1, 20184:39 am -

    Habuze itekinica kubuzima bwe ninayo mpamvu atashyirwa ahagaragara…poor victim!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA )  I Nairobi-Kenya
ITOHOZA

2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA ) I Nairobi-Kenya

Ubwanditsi 03 Jan 2017
USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa
POLITIKI

USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12
ITOHOZA

Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Ubwanditsi 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru