• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 30 Apr 2018 Mu Rwanda

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha urubanza rwa Lt. Col. Rugigana Rugema Ngabo umuvandimwe wa Kayumba Nyamwasa, ukurikiranyeho ibyaha byo kugambanira igihugu.

Kuri uyu wa 30 Mata 2018 ni bwo uru rubanza rwasubukuwe nyuma y’aho muri Werurwe rwari rwasubitswe bitewe n’uko hari imyanzuro y’ababuranyi itari yashyizwe mu ikoranabuhanga rihuriweho n’inzego z’ubutabera.

Ku wa 25 Nyakanga 2012, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwari rwakatiye Lt. Col. Rugigana gufungwa imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 n’amagarama y’urubanza angana n’amafaranga ibihumbi makumyabiri.

Lt. Col. Rugigana yahamwe n’ibyaha bibiri muri bitatu yaregwaga, ari byo ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi hakoreshejwe intambara no gukwirakwiza ibihuha agamije guteza imvururu cyangwa imidugararo yangisha abaturage ubutegetsi. Icyaha kitamuhamye ni icyo gukwirakwiza intwaro no gukorana na FDLR.

Icyo gihe yaba we cyangwa ubushinjacyaha bajuririye umwanzuro w’urukiko, aho ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko igihano yahawe ari gito ugereranyije n’ibyaha yari akurikiranweho.

Kuri uyu wa Mbere, mu modoka ya gisirikare yabugenewe itwara imfungwa, mu mpuzankano zisanzwe za gisirikare n’amapeti ku rutugu, Lt. Col. Rugigana, yayisohotsemo agenda asa nk’ucumbagira, nta mapingu yambaye, aherekejwe n’abasirikare babiri, uko ni ko uyu musirikare mukuru yagejejwe ku rukiko.

Urubanza rugitangira, Perezida w’iburanisha yagaragaje ko ikibazo cyari cyabaye mu iburanisha riheruka cyakemutse, aha umwanya uruhande rw’ubushinjacyaha kugira icyo ruvuga ku mwanzuro warwo.

Umushinjacyaha wa Gisirikare, Cpt. Nzakamwita Faustin yabwiye urukiko ko urwo rubanza rufite aho ruhuriye n’umutekano w’igihugu, asaba ko byaba byiza rushyizwe mu muhezo.

Yasobanuye ko no mu maburanisha yabanje mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare rwaburanishijwe mu muhezo.

Gusa ku ruhande rwa Lt. Col. Rugigana, yavuze ko atiyumvisha impamvu urwo rubanza rwashyirwa mu muhezo na cyane ko ngo hari n’izindi manza zisa n’urwe zaburanishijwe n’inkiko zitandukanye.

Yanavuze ko ibyo ubushinjacyaha bumukurikiranyeho niba ari ukuri urubanza rwakabaye mu ruhame kugira ngo bizanabere isomo rubanda.

Yashimangiye ko muri dosiye ye habayemo itekinika, aho ngo icyifuzo cy’ubushinjacyaha cyo kurushyira mu muhezo kijyanye no gushaka ko amakosa yakozze atagaragarira buri wese.

Yavuze ko nta cyaha na kimwe aregwa kitakabaye kijya ku karubanda, asaba urukiko gutesha agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha.

Umushinjacyaha yavuze ko uregwa akunze gukoresha amagambo mabi cyane iyo iburanisha ririmo, aho aba asa n’ushaka kugira ibyo atuma abakurikiranye iburanisha.

Uwunganira Lt. Col. Rugigana, Me Butera Geoffrey, yabwiye urukiko ko nta mpamvu n’imwe ubushinjacyaha bwagaragaje yatuma rushyirwa mu muhezo.

Avuga ko itegeko rigena imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha riteganya ko ihame ko ari uko urubanza rwaburanishwa mu ruhame.

Kuri iyi ngingo, umushinjacyaha yasobanuye ko muri bimwe mu byaha Lt. Col. Rugigana aregwa harimo gukorana n’umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wa FDRL, aho bireba umutekano w’igihugu ku buryo bitakumvwa na buri wese.

Urukiko rwaje kwiherera ruza gufata umwanzuro ko bitewe n’uburemere by’ibirego urubanza rutangira kuburanishirizwa mu muhezo rushimangira ko bitazavutsa uburenganzira uregwa bwo kwiregura.

Lt. Col. Rugigana umaze imyaka hafi itandatu akatiwe, yatawe muri yombi muri Mutarama 2011.

2018-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025
Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Ngabo
    May 1, 20184:39 am -

    Habuze itekinica kubuzima bwe ninayo mpamvu atashyirwa ahagaragara…poor victim!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Ubwanditsi 06 Aug 2018
AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya
INKURU NYAMUKURU

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron
Mu Rwanda

Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ubwanditsi 16 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru