• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ubwanditsi 11 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubusanzwe Abanyaburayi nabo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi muri ba mpatsibihugu, baziko abanyafurika tukiri abacakara babo byagera ku banyaburayi bo baziko tugikoronijwe nabo. Abanyaburayi kugeza n’uyu munsi baracyatekereza ko Afurika ikinyunyuzwa na Mpatsibihugu usibye ko ho ntakwibeshya bafite uretse ko bisanze bibeshye k’u Rwanda. Nyuma yo gusanga u Rwanda, igihugu cyo muri Afurika, kitumva iyi myumvire yabo kikagerageza kubirwanya bagiteraniraho bakoresheje NGOs zabo, itangazamakuru n’imiryango mpuzamahanga, niyo mpamvu ibinyamakuru agahishyi ubyuka mu gitondo ukabona babyutse bandika ku Rwanda.

Abanyaburayi baziko Afurika igomba guhora iri inyuma idashobora gutera imbere. Abanyaburayi nabo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi baziko Afurika ntacyo ishoboye gukora, nicyo ikoze ikeneye uruhushya rwabo.

U Rwanda ntirwemera ibi bitekerezo. Kuri ba Mpatsibihugu n’abanyaburayi bumva ko u Rwanda rutanga urugero ku bindi bihugu by’Afurika rwo kwigira no gukora ibirubereye.

Urugero nk’Ububirigi, nyuma yo gusanga ko ibyo bwikora muri Kongo Kinshasa bitakunda mu Rwanda, bucumbikiye kandi bukorana nabashaka guhunganaya umutekano w’u Rwanda. Si ibanga kuko yaba Jambo asbl ndetse na FDU Inkingi bikorera m’Ububirigi bisanzuye mu mugambi wabo wo gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda bafatanyije na FDLR, dore ko n’umuyobozi wabo Kayumba Placide yavuye m’Ububirigi akajya kugirana ikiganiro n’abayobozi ba FDLR muri Wlikale muri Kamena 2024.

Usibye kandi gukorana na FDLR, banabakusanyiriza amafaranga yo kuyifasha kandi byose bigakorerwa k’ubutaka bw’Ububirigi. Ntitwibagiwe kandi nabahakana bakanapfobya jenoside, bose bahawe ikaze kandi bakanafashwa n’uBubirigi.

Anyaburayi kandi bashyizeho uburyo bwo kwigisha abana bato kuva bavutse kugeza babaye abasaza aho bumva ko nta cyiza kiba muri Afurika babereka amafoto y’abana bishwe na bwaki, abana bishwe n’inzara basa nabi n’abana bambaye ubusa, Abarimu bati nimuteranye ya myenda yanyu ishaje tuyoherereze abana ba Afurika kandi n’icikaguritse ntimuyitinye.

U Rwanda, rwahagaritse kwinjiza caguwa mu Rwanda, mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu ndetse no kuba u Rwanda rudakwiye kuba indiri ijugunywamo ibyakoreshejwe ahandi nkuko perezida w’u Rwanda Paul Kagame yabivuze mu 2017. Ibintu byababaje abo mu burengerazuba bw’isi, kugeza u Rwanda rukuwe mu masezerano ya AGOA bitewe nicyo cyemezo.

Inkuru zirimo Rwanda Classified na Hidden Invasion usanga akenshi abazikora batubahiriza ya mahame bigisha mu mashuri kuko kenshi bavugisha uruhande rumwe nabo barimo aho usanga ari abahamwe n’ibyaha bya Jenoside cyangwa ababakomokaho, abazobereye mukuyipfobya, abasize bibye u Rwanda cyangwa ikindi cyaha. Ntabwo umutima wabo ushobora kubakomakonga ko bakwiye kubaza n’abandi banyarwanda.

Itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’Isi rikwiye kumva ko gushyira imbaraga mu gusiga icyasha u Rwanda no kuruharabika bavuga ibinyoma bidashobora gutuma rutakarizwa icyizere mu ruhando mpuzamahanga kuko itangazamakuru ryo mu myaka 10 ishize atariryo tangazamakuru dufite uyu munsi, aho uyu munsi kumenya amakuru no kuyagenzura bitakiri ibya bamwe gusa ahubwo buri wese ufite internet ashobora kugenzura niba ibivugwa mu nkuru ari ukuri ashingiye ku bimenyetso.

Ntabwo abo mu Burayi no mu burengerazuba bw’isi bariyumvisha ko Imbaraga bari basanganywe zo kugena ibyo abantu bagomba kumva no kumenya biva mu itangazamakuru byabo nkuko byahoze, ubu imbaraga zabyo zayoyotse kubera imbugankoranyamba zisigaye zitanga amakuru mu buryo bworoshye.

Impuguke muby’itumanaho na dipolomasi basobanura ko imbaraga ibihugu bya mpatsibihugu bashyiraga mu itangazamakuru bahonyora ibihugu bya Afurika nta musaruro bigitanga, ari nka bimwe by’ ikirondwe cyasigaye ku ruhu inka yarariwe kera.

2025-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 

APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 

Ubwanditsi 05 Apr 2025
Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Ubwanditsi 18 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 
Mu Rwanda

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana
ITOHOZA

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije
ITOHOZA

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru