• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Uganda, Yoweli Museveni, kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Werurwe 2018, byibanze ku bibazo bishingiye ku muhanda wa gari ya moshi, amashanyarazi, umutekano hagati y’ibihugu byombi no mu karere, ku migenderanire mu by’indege n’ibindi.

Uru ruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Uganda ruje nyuma y’ibiganiro bibiri byabereye i Addis Ababa muri Ethiopia mu mpera za Mutarama 2018 ubwo aba bayobozi bombi bari bitabiriye inama ya AU.

Ni nyuma kandi y’ibikorwa bya hato na hato byagiye bikorwa n’Urwego rushinzwe ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, byibasiye abanyarwanda bamwe barafungwa bakorerwa iyicarubozo, abandi barahambirizwa bitwa intasi z’u Rwanda.

Ku kibazo cy’abanyarwanda bakorerwa iyicarubozo muri Uganda bashinjwa ko ari intasi, Museveni yavuze ko abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko inzego zishinzwe ubutasi zagirana imikoranire ya bugufi kugira ngo bajye babona ibimenyetso bihagije kuri buri kibazo.

Yagize ati “Ntabwo ari ku rwego rw’ubutasi gusa ahubwo no mu bindi bijyanye n’iterambere. Twavugaga umuhanda wa gari ya moshi, amashanyarazi. Birasa n’aho abantu badakoresha izi telefoni, telefoni zirahari. Mu 1996, Uganda yari ifite telefoni ibihumbi 26 ziri ku murongo, uyu munsi dufite miliyoni 23 ziri ku murongo, ntabwo nzi umubare w’iziri mu Rwanda ariko abantu ntibazikoresha; urabona minisitiri ugowe no guhamagara undi muminisitiri mu Rwanda; ndakeka dukeneye amasomo mu bijyanye no gutelefona kugira ngo ibintu byorohe.”

Museveni yakomeje avuga ko mu gihe abantu bakoresheje itumanaho uko bikwiye, byazajya byoroha ko niba hari uwakoze ikintu ku butaka ubu n’ubu, abo ku rundi ruhande bahita bakimenya.

Ati “Mu minsi ishize muribuka umukobwa washimuswe, akicwa; umwe mu bakekwa ari muri Afurika y’Epfo. Njye ubwa njye nafashe telefoni mpamagara Perezida Ramaphosa, yaritabye. No muri iki kibazo, abo bireba, babashije gukorana bya hafi ndakeka urujijo rwinshi rwabasha kwirindwa.”

Yakomeje avuga ko muri Mutarama ubwo yahuraga na Perezida Kagame, yamuhaye ibimenyetso bifatika by’uko abanyarwanda bahohoterwa; hanyuma arabikurikirana ndetse uyu munsi yabashije kumusubiza kimwe ku kindi.

Yatanze urugero ku kibazo cy’abanyarwanda bafashwe bagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa by’umutwe wa RNC, avuga ko bagendaga bavuga ko bagiye mu ivugabutumwa ariko mu iperereza bigaragara ko ‘hari ibindi bibajyanye’.

Perezida Kagame yashimangiye ko hakwiye kujya hagaragazwa ibimenyetso bya nyabyo kugira ngo hafatwe imyanzuro iboneye.

Perezida Kagame yabajijwe ku bivugwa ko hari Abanya -Uganda bafatwa nabi mu Rwanda aho ngo bamwe birukanwa ku kazi mu buryo budaciye mu mucyo ariko avuga ko bimwe bitangazwa nabi.

Yasubije agira ati “Hari byinshi bivugwa, akenshi ugasanga abantu babifata uko bitari kuko baba batazi neza ukuri kwabyo. Twemeranyije ko inzego zibishinzwe mu bihugu byombi zigiye gufatanya zikiga byimbitse kuri buri kibazo.”

Umwuka mubi ujya gututumba cyane hagati y’ibihugu byombi, byari muri Kanama 2017 ubwo Umunyarwanda René Rutagungira yashimutirwaga i Kampala aho yakoreraga ubucuruzi.

Résultat de recherche d'images pour "Rene rutagungira"

Uyu mugabo yakuwe mu kabari, atwarwa mu modoka ya Toyota Premio ifite pulake UAT 694T ndetse bivugwa ko mu bamushimuse harimo Capt. Agaba David ukora mu Rwego rwa Gisirikare rushinzwe Iperereza (Chieftaincy of Military Intelligence-CMI) muri Uganda.

Nyuma y’amezi agera kuri atatu, Rutagungira yaje kugezwa imbere y’ubutabera bwa gisirikare, aho bivugwa ko yari yarakorewe iyicarubozo ku buryo bukomeye ashinjwa kuba intasi y’u Rwanda muri Uganda.

Abandi banyarwanda mu buryo nk’ubu bagiye bafatwa bagafungwa n’inzego za gisirikare muri Uganda, aho byavugwaga ko ‘hari benshi’ bafashwe’.

Ukutumvikana kandi kwaturutse ku mishinga imwe n’imwe ibihugu bihuriyeho harimo nk’umuhanda wa Gari ya moshi wagombaga kugera mu Rwanda ariko Uganda ikaba yarashyize imbere ugomba kuyihuza na Sudani y’Epfo mbere yo kubaka uyihuza n’u Rwanda nk’uko byari byaremejwe.

Ikindi kandi ibihugu bihuriye mu Muhora wa Ruguru, byiyemeje ko bigiye guhuza imiyoboro y’amashanyarazi kugira ngo bibashe kujya bihahirana mu rwego rw’ingufu. U Rwanda na Uganda byari byemeranyije ko wubakwa kuva Mbarara, Mirama ukagera Shango mu Rwanda.

Bitewe n’uko u Rwanda rwari rukeneye amashanyarazi kugira ngo ruteze imbere urwego rw’inganda, rwiyemeje gutera inkunga uwo mushinga wo kubaka imiyoboro y’amashanyarazi iva muri Uganda kugera ku mipaka yarwo ariko iki gihugu kibigendamo biguru ntege bituma nabyo bibyara agatotsi.

Indi mpamvu yateye umwuka mubi bivugwa ko yaturutse ku kuba u Rwanda rwarasabye ko RwandAir yahabwa uburenganzira bwo gukoresha icyerekezo Entebbe-Londres aho yari kujya ikura abagenzi Entebbe yerekeza mu Bwongereza idahagaze, ariko iki cyifuzo nticyemerwa na Uganda. Ni mu gihe kuri ubu Uganda nta sosiyete y’ubwikorezi bw’indege ifite.

Itsinda ryaherekeje Perezida Kagame muri ibi biganiro rigizwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo; Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza n’Umutekano (NISS), Maj. Gen. Joseph Nzabamwita; Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage n’Umunyamabanga wihariye wa Perezida wa Repubulika, Lt. Col. Patrick Karuretwa.

 

Perezida Kagame na Museveni mu kiganiro n’abanyamakuru kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Werurwe 2018

 

2018-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ubwanditsi 15 Mar 2021
U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi

U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ubwanditsi 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera,  yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda
ITOHOZA

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Dec 2018
Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13
Amakuru

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru