• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuri iki Cyumweru Perezida Kagame arahura na Museveni, Entebbe muri Uganda

Kuri iki Cyumweru Perezida Kagame arahura na Museveni, Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 24 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame agiye kugirira urunzinduko rw’umunsi umwe muri Uganda aho azabonana na Perezida Museveni, intego y’uru ruzinduko ni ukuganira ku bibazo bimaze iminsi bivugwa hatagi y’ibihugu byombi.

Uru ruzinduko ruteganyijwe kuri iki cyumweru tariki ya 25 Werurwe 2018, aho aba bakuru b’ibihugu byombi bazahura bakaganira ku bibazo bimaze iminsi bivugwa, ibihugu byombi bifitanye.

Umunyamakururu akaba n’umusesenguzi mu bya Politiki muri aka karere, Andrew M.Mwenda, abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, avuga ko aba bakuru b’ibihugu bazahurira i Entebbe muri Uganda.

Yagize ati “Perezida Kagame azagirira uruzinduko rw’umunsi umwe muri Uganda aho azabonana na Perezida Museveni i Entebbe, ejo ku cyumweru tariki ya 25 Werurwe 2018, bizaba ari ugusubukura ibiganiro bagiranye i Addis Ababa muri Gashyantare, intego ikaba ari ugushakira hamwe igisubizo cy’ibibazo ibihugu byombi bifitanye”.

Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rugiye kuba nyuma y’itsinda ryari ryoherejwe na Perezida Museveni mu Rwanda, rinamutegurira uruzinduko yari afite i Kigali, mu nama ya AU. Uruzinduko Museveni yari afite yaje kurusubika mu mpera z’icyumweru gishize, atangaza ko ari impamvu z’akazi.

Iri tsinda ryari ryaje kumwakira i Kigali, ryatangaje ko ryagiranye ibiganiro byiza na Leta y’u Rwanda, nk’uko ikinyamakuru chimpreports cyabitangaje, ngo iri tsinda ryagiranye ibiganiro bitanga icyizere n’abayobozi b’u Rwanda, mbere y’uko risubira muri Uganda bimaze kumenyakana ko Museveni atazitabira inama ya AU i Kigali.

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda byatangiye kuvugwa mu binyamakuru kuva mu mpera za 2017, aho byatangazwaga ko Abanyarwanda bari muri iki gihugu bafatwa bagafungwa, abandi bakagirirwa nabi, bamwe banitwa intasi z’u Rwanda. Ibi bikaba byarakorwaga kubufatanye bwa RNC, ishyaka rya Kayumba Nyamwasa n’inzego z’ubutasi muri Uganda [ CMI ] kugeza magingo aya abanyarwanda bagera kuri 40, bafungiye i Mbarara abo bafatiwe Gikagate kumupaka wa Uganda na Tanzania , bafashwe bagiye mu mutwe wa Gisilikare ukorera muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ukorera i Minembwe.

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Ubwanditsi 18 May 2020
Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Ubwanditsi 20 May 2019
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Ubwanditsi 27 Jun 2020
Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI
INKURU NYAMUKURU

Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?
ITOHOZA

Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Ubwanditsi 23 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru