• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Nyamirambo rwakatiye Seyoboka Henri Jean-Claude ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 gufungwa by’agateganyo mu gihe gahikomeje iperereza ku byaha ashinjwa.

Icyo gihano yagihawe ku wa Mbere tariki ya 5 Ukuboza 2016, mbere yari yagisabiwe n’ubushinjacyaha bumushinja ibyaha bikomeye birimo icyo kwica nk’ikibasiye inyokomuntu, icyo gutegura jenoside, icyo gufata no gusambanya ku ngufu abagore n’abakobwa.

Seyoboka ashinjwa kuba mu bitero byishe abatutsi muri SERA, st Paul na st Famille by’umwihariko urupfu rw’Abanyopoltiki Dr. Gafaranga wishwe akuwe mukazu k’inkoko hafi yaho yari atuye muri Rugenge na Kameya Andreya, wandikaga ikinyamakuru Rwanda Rushya akaba yari n’umunyamabanga mukuru w’ishyaka ryo kwishyira ukizana kwaburi muntu ( PL) igice cya Lando.

-4935.jpg

Nyakwigendera Kameya Andreya

Kameya yiciwe muri st Paul tariki ya 14 Kamena 1994, aho yari yabashije kugera bimugoye avuye iwe mu cyahoze ari Rugenge mu Kiyovu cy’abakene, nyuma y’igitero gikomeye cyabaye iwe murugo kiyobowe n’aba GP barindaga Perezida Habyarimana, ari nabo babanje kwica abanyapolitiki barimo Lando, Nzamurambaho n’abandi.., abo ba GP binjiye kwa Kameya ku itariki ya 8 y’ukwa kane nyuma yihanurwa ry’indege ya Habyarimana, basanga Kameya yahunze n’umuryango we ariko basiga batwitse inzu ye irashya irakongoka.

-4931.jpg

-4930.jpg

Mu ntangiriro ubushinjacyaha bwari bwasabye ko igihano cy’imyaka 19 Seyoboka yakatiwe adahari n’urukiko Gacaca giteshwa agaciro.

Nyuma habayego ibitero bitandukanye byo guhiga Kameya n’umuryango we byari biyobowe n’uwari Konseye wa Rugenge Odette NYIRABAGENZI, Angeline MUKANDUTIYE wari umuyobozi w’amashuri abanza ya st Famille, Col.Tharcisse RENZAHO wari Perefe w’umujyi wa kigali, Gen Munyakazi wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare muri Kigali na Henri Jean-Claude Seyoboka wari muri FAR, afite ipeti rya Sous-lieutenant n’interahamwe nyinshi, bagabye igitero mu babikira baba Calcutta bica abatutsi basaga 40, barimo umugore wa Kameya, Nyiramuruta Suzanna n’umukobwa we wigaga muri Lycee de kigali, Oliva Uwamahoro.

Bakomeje gushakisha Kameya aho yaba yihishe mu kwezi kwa gatandatu ubwo habagaho amasezerano yo guhererekanya impunzi zari Hôtel des Mille Collines na st Paul ni bwo igitero gikomeye cyarimo Konseye Odette NYIRABAGENZI, Angeline MUKANDUTIYE,Col.Tharcisse, Gen Munyakazi na Henri Jean-Claude Seyoboka wari muri FAR, cyabashije kubona Kameya muri Kinyamateka aho yari amaze amezi abiri yihishe.

Henri Jean-Claude Seyoboka niwe wafashe Kameya aramuboha amuzirika acuritse kumodoka y’ikamyoneti ya Padiri Munyeshyaka, interahamwe zigenda zivuza induru ngo umwanzi yafashwe, bamuzengurutsa Rond point iriya nini yo mumujyi wa Kigali ngo ngaho nasezere za nkotanyi ze !

Barangije baramwica bamujugunya mu ruhavu munsi yahahoze inzu y’imisoro ku Muhima kuri uwo munsi ibitero byahise bihagarara bajya kwiyakira muri Panafrique barara babyina ngo bacyuye umuhigo.

Konseye Odette NYIRABAGENZI ( Ubu uri muri FDLR) muri iryo joro yafashe ijambo avuga ko kubona Kameya bimwongereye amanota n’amahirwe yo kuzamurwa muntera bamuha amashyiii.

-4932.jpg

Imva zishyinguyemo Abanyapolitiki

-4934.jpg

Ku i Rebero imva ya Nyakwigendera Kameya Andre ishyirwaho indabo

-4933.jpg

Imiryango ishyira indabo ku mva z’abashyinguyemo imibiri y’Abanyapolitiki

Mu ntangiriro ubushinjacyaha bwari bwasabye ko igihano cy’imyaka 19 Seyoboka yakatiwe adahari n’urukiko Gacaca giteshwa agaciro kuko ngo kuva yari umusirikare yari kuburanishwa n’inkiko zibifitiye ububasha za gisirikare.

Icyo gihe Umushinjacyaha Kayiranga Kayihura yasabiye Seyoboka woherejwe mu minsi ishize avuye muri Canada gufungwa by’agateganyo iminsi 30 mu gihe hagikomeza iperereza ku byaha ashinjwa, mbere y’uko urubanza rutangira mu mizi.

Umwanditsi wacu

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 19 Jun 2016
Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Polisi yarashe  Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho  yarigiye  kumuta muri yombi
Mu Rwanda

Gatsibo: Polisi yarashe Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho yarigiye kumuta muri yombi

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka
Mu Rwanda

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Ubwanditsi 31 May 2017
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC
Amakuru

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Ubwanditsi 30 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru