• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Nyamirambo rwakatiye Seyoboka Henri Jean-Claude ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 gufungwa by’agateganyo mu gihe gahikomeje iperereza ku byaha ashinjwa.

Icyo gihano yagihawe ku wa Mbere tariki ya 5 Ukuboza 2016, mbere yari yagisabiwe n’ubushinjacyaha bumushinja ibyaha bikomeye birimo icyo kwica nk’ikibasiye inyokomuntu, icyo gutegura jenoside, icyo gufata no gusambanya ku ngufu abagore n’abakobwa.

Seyoboka ashinjwa kuba mu bitero byishe abatutsi muri SERA, st Paul na st Famille by’umwihariko urupfu rw’Abanyopoltiki Dr. Gafaranga wishwe akuwe mukazu k’inkoko hafi yaho yari atuye muri Rugenge na Kameya Andreya, wandikaga ikinyamakuru Rwanda Rushya akaba yari n’umunyamabanga mukuru w’ishyaka ryo kwishyira ukizana kwaburi muntu ( PL) igice cya Lando.

-4935.jpg

Nyakwigendera Kameya Andreya

Kameya yiciwe muri st Paul tariki ya 14 Kamena 1994, aho yari yabashije kugera bimugoye avuye iwe mu cyahoze ari Rugenge mu Kiyovu cy’abakene, nyuma y’igitero gikomeye cyabaye iwe murugo kiyobowe n’aba GP barindaga Perezida Habyarimana, ari nabo babanje kwica abanyapolitiki barimo Lando, Nzamurambaho n’abandi.., abo ba GP binjiye kwa Kameya ku itariki ya 8 y’ukwa kane nyuma yihanurwa ry’indege ya Habyarimana, basanga Kameya yahunze n’umuryango we ariko basiga batwitse inzu ye irashya irakongoka.

-4931.jpg

-4930.jpg

Mu ntangiriro ubushinjacyaha bwari bwasabye ko igihano cy’imyaka 19 Seyoboka yakatiwe adahari n’urukiko Gacaca giteshwa agaciro.

Nyuma habayego ibitero bitandukanye byo guhiga Kameya n’umuryango we byari biyobowe n’uwari Konseye wa Rugenge Odette NYIRABAGENZI, Angeline MUKANDUTIYE wari umuyobozi w’amashuri abanza ya st Famille, Col.Tharcisse RENZAHO wari Perefe w’umujyi wa kigali, Gen Munyakazi wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare muri Kigali na Henri Jean-Claude Seyoboka wari muri FAR, afite ipeti rya Sous-lieutenant n’interahamwe nyinshi, bagabye igitero mu babikira baba Calcutta bica abatutsi basaga 40, barimo umugore wa Kameya, Nyiramuruta Suzanna n’umukobwa we wigaga muri Lycee de kigali, Oliva Uwamahoro.

Bakomeje gushakisha Kameya aho yaba yihishe mu kwezi kwa gatandatu ubwo habagaho amasezerano yo guhererekanya impunzi zari Hôtel des Mille Collines na st Paul ni bwo igitero gikomeye cyarimo Konseye Odette NYIRABAGENZI, Angeline MUKANDUTIYE,Col.Tharcisse, Gen Munyakazi na Henri Jean-Claude Seyoboka wari muri FAR, cyabashije kubona Kameya muri Kinyamateka aho yari amaze amezi abiri yihishe.

Henri Jean-Claude Seyoboka niwe wafashe Kameya aramuboha amuzirika acuritse kumodoka y’ikamyoneti ya Padiri Munyeshyaka, interahamwe zigenda zivuza induru ngo umwanzi yafashwe, bamuzengurutsa Rond point iriya nini yo mumujyi wa Kigali ngo ngaho nasezere za nkotanyi ze !

Barangije baramwica bamujugunya mu ruhavu munsi yahahoze inzu y’imisoro ku Muhima kuri uwo munsi ibitero byahise bihagarara bajya kwiyakira muri Panafrique barara babyina ngo bacyuye umuhigo.

Konseye Odette NYIRABAGENZI ( Ubu uri muri FDLR) muri iryo joro yafashe ijambo avuga ko kubona Kameya bimwongereye amanota n’amahirwe yo kuzamurwa muntera bamuha amashyiii.

-4932.jpg

Imva zishyinguyemo Abanyapolitiki

-4934.jpg

Ku i Rebero imva ya Nyakwigendera Kameya Andre ishyirwaho indabo

-4933.jpg

Imiryango ishyira indabo ku mva z’abashyinguyemo imibiri y’Abanyapolitiki

Mu ntangiriro ubushinjacyaha bwari bwasabye ko igihano cy’imyaka 19 Seyoboka yakatiwe adahari n’urukiko Gacaca giteshwa agaciro kuko ngo kuva yari umusirikare yari kuburanishwa n’inkiko zibifitiye ububasha za gisirikare.

Icyo gihe Umushinjacyaha Kayiranga Kayihura yasabiye Seyoboka woherejwe mu minsi ishize avuye muri Canada gufungwa by’agateganyo iminsi 30 mu gihe hagikomeza iperereza ku byaha ashinjwa, mbere y’uko urubanza rutangira mu mizi.

Umwanditsi wacu

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 13 Jun 2025
FDLR YIYITA IMPUNZI Z’ABANYARWANDA ZITOTEZWA MURI KONGO, KANDI AHUBWO YARAFASHE BUGWATE IZO MPUNZI

FDLR YIYITA IMPUNZI Z’ABANYARWANDA ZITOTEZWA MURI KONGO, KANDI AHUBWO YARAFASHE BUGWATE IZO MPUNZI

Ubwanditsi 15 Mar 2023
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Ubwanditsi 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo
MULTIMEDIA

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye
Mu Rwanda

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée
Mu Rwanda

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru