• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi
DPC-Isingiro Richard Erimu-New-Vision-Photo

Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi

Ubwanditsi 11 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi abapolisi babiri bakuru bakorera mu Karere ka isingiro mu burengerazuba bw’igihugu cya Uganda bari guhatwa ibibazo ku kuntu barekuye Abanyarwanda basaga 10 bivugwa ko bari binjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Abo bapolisi bafashwe na CMI ni SP Richard Erimu Okiror (ku ifoto hejuru), ukuriye igipolisi mu Karere ka Isingiro, na ASP Charles Ndamanyire ukuriye ishami ry’ubugenzacyaha mu gipolisi cyo muri aka karere.

Aba bapolisi babiri bakuru batawe muri yombi n’abakozi ba CMI kuwa Gatanu Mutagatifu ku itariki 30 Werurwe bajyanwa I Kampala kuva icyo gihe ntibarasubira mu kazi nk’uko bitangazwa na Chimpreports dukesha iyi nkuru.

Abakozi ba CMI bakaba baranataye muri yombi uwitwa Amos Kiriya, umuyobozi w’inkambi y’impunzi ya Oruchinga iri mu karere ka Isingiro ndetse n’umukozi ukora mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka witwa Cathbert Washaba bakuwe I Mbarara.

Amos Kiriya

Amakuru ava mu nzego z’umutekano akaba avuga ko abakekwa batangiye guhura n’ibibazo hagati mu kwezi gushize, ubwo Abanyarwanda 13 binjiraga muri Uganda banyuze Kisoro bagafatwa na polisi bageze I Mbarara.

Bikaba bivugwa ko abo bapolisi babashyikirije urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Mbarara ngo hagenzurwe ibyangombwa by’inzira byabo ndetse banamenye ikibagenza muri Uganda.

Nyuma ngo boherejwe mu nkambi ya Oruchinga dosiye zabo zishyikirizwa polisi ya Isingiro ngo izikurikirane.

Mu kugenzura nk’uko amakuru avuga, ngo ibyangombwa aba Banyarwanda bari bafite basanze ari ibya nyabyo bahita barekurwa.

ASP Charles Ndamanyire

Abakozi ba CMI ariko, baje kumenya nyuma ko iryo tsinda ryari muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ku mpamvu ngo zitazwi.

Mu kumenya rero ko barekuwe, abakozi ba CMI bahise bihutira kugera muri Mbarara, batumiza inama kuwa 30 Werurwe 2018 ku cyicaro cya polisi muri Rwizi mu biro bya RPC Robert Walugembe. Abo bapolisi barahamagajwe basabwa gusobanura uko baretse abo banyamahanga bakagenda.

Inama irangiye, abo bapolisi 2 burijwe imodoka bajyanwa I Kampala aho bikekwa ko bagifungiye kugeza iki gihe. Umuvugizi wa polisi muri Rwizi akaba yemeje aya makuru avuga ko bakiri guhatwa ibibazo na CMI.

Ubwo yasabwaga kugira icyo avuga kuri aya makuru, umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire yavuze ko azi itabwa muri yombi ry’aba bapolisi bakuru babiri, ariko yongeraho ko nta byinshi yarivugaho.

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025
Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke,  ku mupaka w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke, ku mupaka w’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23
Amakuru

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru