• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Ubushakashatsi bukorwa buri mwaka n’itsinda ry’impuguke mu by’umutekano” Safety and Crime index”, ryashyize Kigali, Umurwa Mukuru w’u Rwanda, ku mwanya wa mbere muri Afrika, ku rutonde rw’imijyi itekanye kurusha iyindi. Ku rwego rw’isi, Kigali iri ku mwanya wa 39.

Muri Afrika, indi mijyi ya Afrika igerageza mu mutekano, ariko hakaba harimo intera ndende inyuma ya Kigali, ni Rabat yo muri Maroc, Alexandrie yo mu Misiri , Accra yo muri Ghana na Tunis yo muri Tuniziya.

Mu bihugu bituranye n’u Rwanda, Dar Es Salaam niyo iza hafi, kuko iri ku mwanya wa 380 mu mijyi 455 yakozweho ubushakashatsi. Nta mujyi wo muri Uganda, u Burundi cyangwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo uri kuri uru rutonde, bivuze ko za Kampala, Bujumbura na Kinshasa biri inyuma ya 455.

Ku isi yose, umujyi wa Abu Dhabi yo mu Birwa Byunze Ubumwe by’Abarabu niwo uza ku isonga. Ukurikiwe na Doha yo muri Quatar, Taipei yo muri Taiwan, Sharjah nayo yo mu Birwa Byunze Ubumwe by’Abarabu, Quebec City yo muri Canada, Dubai yo mu Birwa Byunze Ubumwe by’Abarabu, Zurich yo mu Busuwisi, Munich yo mu Budage, Bern yo mu Busuwisi na Mecca yo muri Arabia Saoudite.

Ikigaragara ni uko mu mijyi 10 ya mbere itekanye kurusha iyindi ku isi, 6 yose ari iyo ku mugabane wa Aziya, by’umwihariko mu bihugu by’Abarabu. Indi mijyi isanzwe izwi ni nka New York yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri ku mwanya wa 265, Buruseli yo mu Bubiligi ni iya 288, naho Paris yo mu Bufaransa ku mwanya wa 335.

Bimwe mu bigenderwaho mu gutanga amanota, ni ukureba niba abatembera muri uwo mujyi ntacyo bikanga utitaye ko ari nijoro cyangwa ku manywa, n’iyo umuntu yaba ari wenyine, kuba nta bujura bwitwaje intwaro buharangwa, kuba nta bugizi bwa nabi bushingiye ku irondaruhu cyangwa irondabwoko, n’ibindi bigaragaza ko uhagenda cyangwa uhatuye aba ari mu mutuzo usesuye.

Dukomeze tubungabunge umutekano wacu rero, maze uretse na Kigali, n’indi mijyi yacu izaze ku isonga mu kugusha neza abayituye n’abayisura.

Imihigo irakomeje!!!

2021-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Ubwanditsi 08 Oct 2016
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ubwanditsi 29 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje
Mu Mahanga

Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye
POLITIKI

Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda

Ubwanditsi 02 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru