• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ubwanditsi 12 Oct 2018 Mu Rwanda

Mu cyumweru gishize itsinda ry’abanyamakuru  bibumbiye  mu ishyirahamwe ry’Abanyamakuru barwanya Sida mu Rwanda no guharanira ubuzima [ABASIRWA] basuye Akarere ka Musanze mu rwego rw’ubukangurambaga bujyanye no kwirinda, kurwanya Sida. Muri urwo rugendo bahuye  n’ubuyobozi  bw’akarere ka Musanze by’umwihariko abakora umwuga w’uburaya ndetse basura n’ibitaro by’akarere ka Musanze.

Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima, yagaragaje ko mu Rwanda, ubwandu bwa Sida buri ku kigero cya 3%, Kubera ko uy’umubare umaze igihe kirekire udahinduka, Minisiteri y’ Ubuzima ikaba itangaza ko igiye gukora  ubundi bushakasghatsi bushya bwiswe (RAPHIA) buzagaragaza uko icyorezo cya SIDA gihagaze nyuma y’imyaka isaga 10.

Bikaba biteganyijwe ko ibizavamo byazashyirwa ahagaragara nyuma y’umwaka umwe, ubu bushakashatsi buzakorwa na Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’Ikigo cy’Abanyamerika cyo gucunga ibiza n’umushinga (ICAP), bukaba bwaratangiye  ku ya 8 Ukwakira 2018 bukazamara amezi atandatu, buzakorerwa mu ngo ibihumbi 11 zatoranyijwe mu turere twose two mu gihugu, hakazabazwa abantu ibihumbi 30 bafite hagati y’imyaka 10 na 64.

Dr Hirwa Aimé Umuyobozi w’ibitaro bya  Musanze yabwiye abanyamakuru ko bafite umwihariko wo kwakira neza abanduye agakoko gatera Sida, mugihe baba baje kubitaro gufata imiti ati : Icyangombwa ni ugutanga service nziza no kugirira ibanga abaza batugana kandi imyumvire imaze guhinduka cyane kuburyo ntawe ukitinya kuza gufata imiti ku gihe.

Dr Hirwa Aimé avuga ko  imibare y’abantu bagera  ku bihumbi bitatu magana cyenda 3.900 bafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera  Sida mu bitaro byabo, muri bo abagera ku bihumbi 2000 bafite imyaka iri  hagati  15 na 35 bikaba bigaragara ko ari urubyiruko, ibyo ngo bikaba biterwa n’uko urubyiruko rudafite amakuru ahagije kuri Sida no kubirebana n’ubuzima bw’imyororokere naho ubwandu bw’agakoko gatera Sida mu Karere ka Musanze buri ku kigero cya 0,9%.

Dr Hirwa Aimé Uyobora ibitaro bya Musanze

Abanyamakuru bo mu Ishyirahamwe ABASIRWA

Aho abarwayi bafatira imiti igabanya ubukana bw’agakoko ka Sida

Abakora umwuga w’uburaya bavuze ko bahohoterwa n’abagabo banga gukoresha agakingirizo

Nk’uko byatangajwe na bamwe bari mw’Ishirahamwe ry’abakora uburaya mu Karere ka Musanze, yavuze ko abari mu buraya usanga abenshi ari abana bakiri bato bakaba basaba ko Ubuyobozi n’abafatanyabikorwa  bakora ibikorwa byo kurwanya Sida babatera inkunga y’imishinga iciriritse yabateza imbere aho guhora babaha amahugurwa ngo bave m’uburaya bagera mungo bakaburara bakabura icyo kurya.

Ikindi ngo ni uko bahohoterwa n’abagabo banga gukoresha agakingirizo bakemera kongeraho amafaranga ngo bakorere aho ibi bikaba aribyo bituma ubwiyongere bwa Sida bufata indi ntera mu bakora uburaya.

Bamwe mu bakobwa bakora umwuga w’uburaya mu kiganiro n’abanyamakuru

Musabyimana François, Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi mu karere ka Musanze, akaba ariwe   wari uhagarariye umuyobozi w’akarere yadutangarije ko akarere gafite mu mihigo gushakira abakora uburaya bakabakorera imishinga ibyara inyungu.

Avuga ko ubu hari abagera 240 bakoraga uburaya bashakiwe ibibanza mw’isoko by’ibiribwa bakorera mo ubu bakaba baravuye mu buraya, bikaba bigaragaza ko abakora uburaya babonewe imirimo bashobora kureka uburaya bikaba byagabanya gukomeza  gukwirakwiza virusi itera SIDA.

Musabyimana François, Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi mu karere ka Musanze

Musabyimana Francois,  asubiza ibibazo yabajijwe n’abanyamakuru ku abakora uburaya bahohoterwa n’abanyerondo, yavuze ko nta muntu uri hejuru y’amategeko, ngo kugira ngo irondo rikorwe neza, akarere kashyizeho imodoka icunga umutekano n’ijoro inafashe abantu babafata hakurikijwe n’amategeko.

Avuga kandi ko ubuyobozi n’inzego z’umutekano bahurira mucyo bise “JOK” aho basobanura abaturage ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu; basobanura uburyo umuntu afatwa, nabo bakagenzura abakora irondo, binaramutse bibayeho byaba ari umuntu ku giti cye atari ubuyobozi.

Avuga ko icyo kibazo kigaragajwe, iyo modoka y’irondo izajya ibigenzura kandi ngo bagiye kubiganiraho n’inzego zitandukanye z’umutekano kubera ko ari ikibazo gikomeye badashobora guceceka ngo gufata ingamba mu nama z’umutekano zitandukanye.

Yashoje avuga kandi ko ngo niba hari n’ibyabaye  bazabatungira agatoki, hanyuma  ababikoze bahanwe by’intangarugero  kuko ntawe uri hejuru y’amategeko ndetse n’abandi bibabere isomo kugira ngo icyo kintu gicike burundu.

Burasa Jean Gualbert

 

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diane Rwigara  yaretse NEC ko afite ‘ Ubwenegihugu bw’Ububiligi ‘ ngo  akaba yifuza kuyobora u Rwanda

Diane Rwigara yaretse NEC ko afite ‘ Ubwenegihugu bw’Ububiligi ‘ ngo akaba yifuza kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira

Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

RUSHYASHYA 28 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurundi akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC akomeje kuvugwaho kunyereza umutungo
INKURU NYAMUKURU

Umurundi akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC akomeje kuvugwaho kunyereza umutungo

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL
Mu Mahanga

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru