• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Ubwanditsi 14 Oct 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 13 Ukwakira, itsinda ryihariye ry’abapolisi b’abanyarwandakazi 160 bitegura kujya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (United Nations Mission in South Sudan -UNMISS), ryatangaje ko rizakora neza akazi bazaba bashinzwe, bakarangwa n’ikinyabupfura kandi bakazaba ba ambasaderi beza b’igihugu.

Ibi byavuzwe n’umuyobozi w’iri tsinda ry’abapolisikazi Chief Superintendent of Police (CSP) Teddy Ruyenzi aho yavuze ko abapolisikazi azagenda ayoboye biteguye neza kandi yizeye ko bazasohoza neza inshingano bazahabwa.

Yavuze ati:”Kuba tuzaba turi itsinda ryihariye ry’abapolisikazi si igitangaza, turiteguye kandi tuzi neza akazi kadutegereje imbere, twarigishijwe bihagije kandi tuzasohoza inshingano zacu nk’uko ubutumwa bwo kubungabunga amahoro buzaba bubidusaba, kandi hari n’abandi bapolisikazi bagenzi bacu basoje ubutumwa nk’ubu mu mahoro.”

Yakomeje avuga ati:”Tuzakorera abaturage muri rusange ubukangurambaga bwo kwirinda ibyaha, dukomeze gukangurira komite zo kwicungira umutekano kubikumira no kubirwanya, tubatoze isuku n’isukura tubinyujije mu muganda n’ibindi.”

Ku nshingano zabo zihariye yavuze ati:”Nk’uko turi itsinda ry’abapolisikazi, tuzaharanira gukumira no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana bato mu nkambi z’impunzi.”

Yavuze kandi ko bazagerageza kubatoza gahunda y’umugoroba w’ababyeyi aho bazaba bari mu nkambi, ikazabafasha kwiremamo no kwigira ikizere.

-8361.jpg

CSP Ruyenzi yavuze ko yizeye ko abapolisikazi ayoboye bazahagararira igihugu neza, kuko bafite ibikoresho bihagije, bakaba bazakora akazi nta kujenjeka, bakazakorera hamwe nk’ikipe kandi bakazahaha ubumenyi kuri bagenzi babo bazahurirayo nabo, ku buryo buzabafasha gutunganya akazi kabo gasanzwe ubwo bazaba bagarutse mu Rwanda

Umuyobozi wa Polisi (D2) mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (United Nations-UN) muri Sudani y’Epfo (United Nations Mission in South Sudan -UNMISS) Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo uri mu Rwanda, yabasogongeje ku miterere y’igihugu bazajyamo, inshingano bazaba bafite, abasaba kuzihanganira ibibazo bazahurirayo nabyo n’ibindi.

Source : RNP

2017-10-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA

Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA

Ubwanditsi 07 Dec 2022
Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina

Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Ubwanditsi 02 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura
Amakuru

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ubwanditsi 21 Jan 2022
Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 
Mu Rwanda

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC
HIRYA NO HINO

Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Ubwanditsi 13 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru