• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Ubwanditsi 17 Nov 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’aho yirukaniwe ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali, Eng. Didier Sagashya, ari mu maboko ya Polisi aho we n’abandi bakozi babiri bakurikiranyweho ibyaha birimo konona inyandiko.

Ku mugoroba wo kuri wa 14 Ugushyingo 2017 , Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwirukanye ku kazi uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi, Didier Sagashya bumuziza ko yategetse abakozi babiri kujya mu biro by’undi mukozi akababwira guca amadosiye, aho ayaciwe amaze kumenyekana ari ane arebana n’ibijyanye n’inyubako z’Umujyi wa Kigali.

Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Me Rutabingwa Athanase yavuze ko amakosa Eng. Sagashya yakoze akomeye mu kazi.

Ati “Yahagaritswe kubera amakosa y’akazi yamugaragayeho twabonye atari ayo kwihanganirwa […] hari ibyo yakoraga atagishije inama abandi bayobozi, ugasanga afitemo gusuzugura abamuyobora.Twe twasanze iyo migirire yamungaga imikorerere y’umujyi, dusanga umujyi utatera imbere abantu bakora gutyo.”

Icyo gihe Me Rutabingwa yakomeje atangaza ko abakozi bafatanyije na Sagashya gukora icyo cyaha bahise batangira gukurikiranwa na Polisi; byatumye dushaka kumenya uko undi we byaba byifashe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yatangaje ko hashize iminsi ibiri Eng. Didier Sagashya na we ari gukurikiranwa n’ubugenzacyaha bwa Polisi.

Ati “Ari mu maboko ya Polisi kuva ku wa Gatatu tariki 15. Ibi byakozwe mu iperereza ry’ibanze ry’igikorwa n’imyitwarire igize icyaha.”

Asobanura ibyaha Sagashya akurikiranyweho, ACP Badege yagize ati “Icya mbere ni kuzimangatanya ibimenyetso gisobanurwa n’ingingo 571 mu gika cya kabiri no konona inyandiko kigaragara mu ngingo 609. Ibyo bikorwa byakozwe ari Umuyobozi mu Mujyi wa Kigali kandi bikorerwa mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali muri uyu mwaka. Ari kumwe n’abakozi babiri b’Umujyi wa Kigali.”

Abo bakozi babiri barimo Merard Mpabwanamaguru na Twahirwa Enos bombi bakaba bakurikiranyweho icyaha kimwe na Eng. Didier Sagashya.

Ingingo ya 571 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko gutwika, kurigisa, guhisha cyangwa kwangiza ku buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko ya Leta cyangwa bwite cyangwa ikindi kintu cyashoboraga koroshya itahurwa ry’icyaha, imenyekana ry’abatangabuhamya cyangwa ihanwa ry’abakoze icyaha.

Uwakoze iki cyaha ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu n‘ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu kugeza kuri miliyoni imwe.

Naho ingingo ya 609 ivuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y‟ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu kugeza ku myaka irindwi n’ihazabu y‟amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu kugeza kuri miliyoni eshatu.

Eng. Sagashya yatsindiye umwanya wo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali muri Gashyantare uyu mwaka, nyuma y’imyaka ibiri ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (Rwanda Housing Authority, RHA).

 

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Ubwanditsi 27 Nov 2021
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Ubwanditsi 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara
Mu Mahanga

U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.
Amakuru

Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2022
Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza  Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana
INKURU NYAMUKURU

Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana

Ubwanditsi 06 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru